Right. Hon. Bernard Makuza wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ayoboye indorerezi umuryango wa Afurika yunze Ubumwe wohereje gukurikirana amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Repubulika ya Centrafrique.
Ku wa Gatatu tariki ya 24 Ukuboza ni bwo Amb. Valentine Rugwabiza uyoboye ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri Centrafrique (MINUSCA) yahuye na Makuza.
Ku Cyumweru tariki ya 28 Ukuboza ni bwo muri Centrafrique hazaba amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko.
Ni amatora Perezida Faustin-Archange uri kwiyamamaza muri manda ya gatatu azaba ahatanye n’abakandida batandatu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe.
Kuri uyu wa Gatanu biteganyijwe ko ari bwo ibikorwa byo kwiyamamaza birangira.
Touadéra uhabwa amahirwe yo kwegukana intsinzi, ayobora Centrafrique kuva muri 2016.
Makuza uzaba ukuriye indorerezi za AU muri ariya matora, yabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva muri 2000 kugeza muri 2011.
Yabaye kandi Perezida wa Sena hagati ya 2014 na 2019.


