f15e-strike-eagle-AODHFV2RZNHGXADUZ45CKMLEEQ

Umupilote w’Umunyamerika wari waguye muri Iran yatabawe

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yishimye cyane ndetse ashima n’Ingabo za Amerika ubwo yatangazaga ko umwe mu bapilote b’indege y’intambara ya Amerika yaguye muri Iran yabonetse “kandi afite umutekano.”

Mu itangazo rye, ku rubuga rwe nkoranyambaga, Truth Social, Perezida Trump yavuze ko indege yavuze ko uyu mupilote w’umukoloneli, yari mu “butayu bw’imisozi miremire” kandi aratabarwa nubwo “yahigwaga” n’Ingabo za Iran.

Umupilote “ntabwo yigeze mu by’ukuri aba wenyine”, ibi ni ibyanditswe na Trump wavuze ko we n’abayobozi bakuru b’ingabo bakurikiranye uko ibintu bimeze amasaha yose.

Trump yongeyeho ko, ku mabwiriza ye, “Ingabo za Amerika zohereje indege nyinshi, zitwaje intwaro zica kurusha izindi ku Isi,” kugira ngo zigarure umupilote wahanuwe.

Yemeje kandi ko undi mupilote bari kumwe yatabawe mbere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *