Umushinjacyaha Mukuru w’u Burundi yatanze amakuru yari ategerejwe kuri Bunyoni

Sangiza iyi nkuru

Umushinjacyaha Mukuru w’u Burundi, Sylvestre Nyandwi, amaze gutangaza amakuru yari amaze hafi icyumweru ategerejwe kuri Gen. de Pol. Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu.

Tariki ya 17 Mata 2023, ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amakuru y’uko ingo za Gen. Bunyoni ziri gusakwa n’abo mu nzego zishinzwe umutekano, bashakishaga amafaranga yaba ahahishe. Ntacyo Leta yigeze ibivugaho.

Inkuru isakwa ry’ingo za Bunyoni yakurikiwe n’ivuga ko yahunze, na yo ikurikirwa n’iyitabwa muri yombi rye byavugwaga ko ryabaye tariki ya 21 Mata, ariko na bwo nta rwego rwa Leta rwigeze rugira icyo rubivugaho.

Kuri uyu wa 23 Mata, Nyandwi yemeje ko koko kwa Bunyoni hasatswe kubera amakuru ubushinjacyaha bwari bwabonye ko hari ibyaha byaba byarakozwe, ariko ngo icyo gihe byagaragaye ko uyu mupolisi ufite ipeti risumba ayandi mu Burundi yahunze.

Nyuma yo kumenya ko Bunyoni yahunze, nk’uko Nyandwi yabisobanuye, ngo ni bwo yahise asohora urupapuro rwo kumuta muri yombi, afatwa nyuma y’iminsi 4. Ati: “Tariki ya 21 Mata 2023, yafatiwe i Nyamuzi, muri zone Mubone muri komini Kabezi, mu ntara ya Bujumbura aho yari yihishe.”

Nyandwi yanzuye itangazo asobanura ko ibyavuye mu isaka ryakorewe mu ngo za Bunyoni ndetse n’ibindi bimenyetso bigaragaza ko hari ibyaha byaba byarakozwe biri kwegeranywa kugira ngo hazamenyekane icyemezo kizakurikiraho.

Mu gihe hacyegeranywa ibimenyetso kuri iyi dosiye, Gen. Bunyoni ubu ari mu maboko ya Polisi y’u Burundi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *