Umukinnyi w’iteramakofe wo muri Cameroun, Carlos Takam w’imyaka 41, yasabye Umunyekongo, Martin Bakole, ko bahurira mu murwano utarigeze ubaho i Kigali, mu Rwanda .
Uyu Munyekongo ntaremera icyifuzo cya mugenzi we ahanini bitewe n’ubushyamirane buri hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Rwanda, igihugu cye gishinja gufasha umutwe wa M23.
Nk’uko amakuru urubuga Mediacongo ruvuga ko rukesha bagenzi babo bo muri Masolosports avuga, ngo Carlos Takam arashaka uko byagenda guterana amakofe n’uyu Munyekongo uvuka Kananga bgahurira ku butaka bw’u Rwanda.

Umuteramakofe Martin Bakole wo muri RDC
Ni icyifuzo ngo Bakole agomba kubanza gutekerezaho. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, uyu yagize ati “Ntabwo ndabwira yego Takam”
Martin Bakole yahuye n’Umuteramakofe w’Umufaransa, Tony Yoka, muri Gicurasi umwaka ushize i Paris, nyuma y’uko Carlos Takam yari amaze guhabwa forfait. Muri uyu mukino w’I Paris uyu Munyekongo w’imyaka 29 yatsinze Umufaransa ku manota 94-94, 95-93, na 96-92.


