Umutoza mukuru wa APR FC, Mohamed Adil Erradi, yambitswe akadobo mu mutwe n’abakinnyi be, ubwo yari amaze kugirana ikiganiro n’abanyamakuru.
Kuri uyu wa 16 Kamena 2022, APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona y’umwaka w’imikino w’2021-2022, itsinze Polic FC ibitego bibiri ku busa (2-0).
Nyuma y’intsinzi, umutoza Adil yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, asobanura byinshi APR FC yanyuzemo mu mwaka w’imikino kugeza itwaye igikombe ndetse n’uburyo yacyakiriye.
Ku meza y’aho yari yicaye, abanyamakuru bari bamaze kuganira na we bakuyeho ‘micro’ bifashishaga mu gufata amajwi, ubwo hari hasigaye imwe, abakinnyi bose bahise bahagera, bamumenaho amazi menshi bari bafite mu bikoresho birimo amacupa n’indobo, ari na ko baririmba, babyina intsinzi.
Myugariro Ndayishimiye Dieudonné uzwi nka Nzotanga wari ufite akadobo, yamumenyeho amazi yari afitemo yose, arangije akamwambika mu mutwe, abyina ndetse anaririmba amufasha ku rutugu. Bigaragara ko Adil yari yishimiye iki gikorwa yakorewe mu buryo butunguranye.
Mu bikombe 4 APR FC yahataniye kuva yatozwa na Adil, imaze kwegukanamo 3.


