Umuturage w’i Bunagana wahungiye mu karere ka Kisoro muri Uganda ubwo M23 yari imaze gufata uyu mujyi mu byumweru bibiri bishize, avuga ko atacyizera gukomera k’uyu mutwe witwaje intwaro kuva abarwanyi bari bawugize bahunga mu mwaka w’2013.
Uyu muturage witwa Juma Kumwami mu kiganiro yagiranye na Daily Monitor tariki ya 27 Kamena ubwo yari mu nkambi ya Nyakabande, yasobanuye ko n’ubwo uyu mutwe waganje ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ukazifatana uyu mujyi, nta cyizere afite ko zizawugumana.
Kumwami yavuze ko kubera iyi mpamvu, adateganya gusubira muri Bunagana mu gihe hakiri mu maboko wa M23. Ati: “Ntabwo nasubira mu rugo kubera ko nzi ko ingabo za Leta n’izo muri Afurika y’iburasirazuba vuba zirakura izi nyeshyamba mu bice zafashe.”
Yakomeje ati: “Twizeraga M23 nk’igisirikare gikomeye ariko mu 2013 barushijwe imbaraga, badusiga mu bihe bibi.”
Mu gihe imirwano hagati ya M23 n’ingabo za Leta ikomeje muri teritwari ya Rutshuru, n’ubwo hari abaturage b’i Bunagana batashye bavuye muri Uganda, iki kinyamakuru gisobanura ko abarimo Kumwami bafashe umwanzuro wo kuguma mu nkambi, ndetse ngo hari n’abandi bari gusubirayo.
M23 ni umutwe wamenyekanye kubera ibitero bikomeye wagabye ku ngabo za Leta mu 2012 no mu 2013, bikagera aho ufata umujyi wa Goma. Gusa waje gusenyuka, abari bawugize bahungira mu bihugu by’abaturanyi.
Ibi ni byo Kumwami n’abandi banze gusubira i Bunagana bashingiraho batakariza icyizere M23, n’ubwo Umuvugizi wayo, Maj. Willy Ngoma aherutse gutangaza ko batazongera gukora ikosa ryo kuva ku butaka bwa RDC.
Inkambi ya Nyakabande icumbikiye Abanyekongo bakabakaba 10,000 baturutse muri Bunagana.


