Umuturage wa Arabiya Sawudite wafashije Umuyahudi wo muri Israel kwinjira i Macca ari mu mazi abira

Sangiza iyi nkuru

Polisi yo muri Arabiya Sawudite yatangaje ko umunyagihugu wo muri ubu bwami bivugwa ko yafashije umunyamakuru w’Umuyahudi wo muri Israel kwinjira mu mujyi mutagatifu wa Macca, yatawe muri yombi.

Umunyamakuru, Gil Tamary ukorera Channel 13 yo muri Israel, yashyize ku rubuga rwa Twitter amashusho ye ku wa Mbere arimo gucengera i Macca, umujyi wera wa Islam, yirengagije itegeko ribuza abatari Abayisilamu kuhinjira.

Umuvugizi wa polisi mu magambo yatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Arabiya Sawudite (SPA) ku wa Gatanu yagize ati “Polisi yo mu karere ka Macca “yohereje umuturage” ku bashinjacyaha kubera ubufatanyacyaha mu “kohereza no korohereza umunyamakuru (utari Umuyisilamu) kwinjira”.

SPA ntabwo yavuze Tamary ariko yavuze ko ari umunyagihugu wa Amerika, ivuga ko yinjiye muri iki gihugu akoresheje pasiporo ye y’Abanyamerika kubera ko Ubwami bwa Arabiya Sawudite nta mubano bufitanye na Isirael.

Urubanza rwe kandi rwashyikirijwe abashinjacyaha “kugira ngo akurikiranwe n’amategeko akurikizwa”, nubwo umwenegihugu wa Israel atakiri mu bwami nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Mu gihe Abayisilamu bo mu bwoko ubwo ari bwo bwose kandi bakomoka mu gihugu bashobora kwinjira i Macca, abatari Abayisilamu ntibemerewe kubera ko abantu bose bari mu mbibi zaho basabwa kugira imyitwarire yihariye, harimo uburyo bwo kwiyoroshya, imihango yo kwisukura (gutawaza) no gusenga.

Mu mashusho ye y’iminota 10, Tamary yasuye umusozi wa Arafat, aho Abasilamu bambaye amakanzu bateranira hamwe kugirango basenge mu gihe cya nyuma cy’urugendo rwa Hija buri mwaka.

Yasobanuye neza ko azi ko ibyo akora bitemewe ariko akavuga ko yashakaga kwereka “ahantu h’ingenzi cyane ku bavandimwe bacu b’Abisilamu”.

Tamary yavuye ku musozi nyuma yo kuvuga ko abapolisi b’idini batangiye kumubaza ibibazo kugira ngo bamenye neza ko ari Umuyisilamu.

Kwamaganwa na rubanda kwa Tamary byahise bitangira ku mbuga nkoranyambaga, Abayisilamu n’Abanya-Arabiya Sawudite bagaragaza uburakari bwabo kubera uburiganya bwe n’igisa nko gusuzugura ubutagatifu bwa Macca.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *