Umutwe w’abacanshuro wa Wagner Group waje mu yindi sura n’izina rishya muri Afurika

Sangiza iyi nkuru

Umutwe w’abacanshuro wa Wagner biravugwa ko ufite izina rishya ikoresha mu bikorwa byawo muri Afurika, ariko ngo ni wa mutwe n’ubundi w’abacanshuro b’Abarusiya ukomeje gusahura ubutunzi bw’amabuye y’agaciro kandi ugasiga inyuma ibikorwa by’ubugizi bwa nabi ku mugabane wa Afurika.

Ahazaza h’umutwe hari hakomeje kwibazwaho nyuma y’urupfu rwo muri Kanama 2023 rw’uwahoze ari umuyobozi wa wo, Yevgeny Prigozhin, wari inshuti magara ya Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, wagerageje kwigomeka ku gisirikare cy’u Burusiya muri Kamena 2023.

Kwiyuburura kwa Wagner ikambara izina rya Africa Corps byerekana ko iri tsinda ririmo kongera kwiyubaka ku mabwiriza ya Putin na Minisitiri w’ingabo wungirije w’u Burusiya Yunus-bek Yevkurov nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga rwa Africa Defense Forum ivuga.

Muri raporo yo mu Gushyingo 2023, umushakashatsi Fahad Mirza yanditse ati: “Itsinda rya Wagner rifite amateka y’ubugizi bwa nabi n’ibyaha by’intambara.”

Mirza atangaza ko uyu mutwe uzakomeza gucikamo ibice kandi byanze bikunze uzaba umutwe w’iterabwoba, ariko akavuga ko ibikorwa byawo muri Afurika bishoboka ko bizakomeza kwigenga, hatitawe ku babikurikirana.

Yanditse ati: “Nta kintu kimwe kizwi ku izina rya Wagner Group”. Yakomeje agira ati: “Ahubwo, ni umuyoboro mugari w’amasosiyete akorera hamwe n’abakorera mu gicucu serivisi zabo zihera ku ntambara yeruye kugeza ku ruganda rwa troll (intambara y’ikoranabuhanga).

Ati: “Ifite ubushobozi bwo kwishakira imari, ifite uburambe mu guhimba inkuru kugira ngo igaragare nk’igira impuhwe, kandi abayigize n’abagizi ba nabi bakoze ibyaha babisubiramo badafite uburyo bwo gusubira mu ngo zabo mu mahoro.”

Impuguke zivuga ko icyemezo cy’u Burusiya cyo guhindurira Wagner izina ikitwa Africa Corps ryigeze gukoreshwa n’ubutegetsi bw’Abanazi yashyizweho na Adolf Hitler mu rwego rwo guharanira no kugenzura akarere ka Afurika y’amajyaruguru mu gihe cy’Intambara ya Kabiri y’Isi Yose, kitazahindura ingaruka mbi ku bihugu irimo gukoreramo.

Abacanshuro b’Abarusiya barwanira muri Repubulika ya Centrafrique (CAR) na Mali, aho banacukura zahabu, diyama n’umutungo kamere w’ingenzi kugira ngo bishyure ibikorwa byabo. Bakomeje kwica, kwica urubozo no kwiba abasivili.

Abatangabuhamya bavuze ubwicanyi bw’iminsi itanu bwakozwe n’abacanshuro b’Abarusiya bigaruriye ikirombe cya zahabu muri Centrafrica mu mujyi wa Koki ku itariki ya 22 Ukwakira 2023.

Urubuga rwa Daily Beast rwabyise “amarorerwa ya mbere akomeye yakozwe n’abasirikare b’u Burusiya mu izina rishya [Africa Corps].

Mu gihe Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yigaruriye itsinda rya Wagner kuva Prigozhin yapfa, ikigo cy’ubutasi cya gisirikare cy’u Burusiya, GRU, nacyo cyabonye uruhare rwacyo rwiyongera.

Mu mpera za Kanama no mu ntangiriro za Nzeri, Yevkurov n’Umujenerali wa GRU, Andrei Averyanov, basuye ibihugu byinshi bya Afurika, nka Burkina Faso, Centrafrica, Libya na Mali, kugira ngo bemeze umwanya w’u Burusiya muri ibi bihugu mu gihe cy’inzibacyuho.

Candace Rondeaux ukomeje kwiga ku itsinda rya Wagner akaba n’umuyobozi mukuru muri gahunda ya Future Frontlines muri Amerika Nshya, yavuze ko Averyanov yashinjwaga kuyobora urwego rwa GRU rushinjwa ubwicanyi mu Burayi none akaba akurikirana mu buryo butaziguye ibikorwa by’u Burusiya muri Afurika.

Yatangarije ikinyamakuru The Wall Street Journal ati: “Mu buryo bumwe na bumwe, we [Averyanov] ameze nk’imana y’ibikorwa bya sabotage n’ibikorerwa mu mwijima.” “Putin aragerageza kohereza ikimenyetso [ku bayobozi ba guverinoma za Afurika]: ‘Ubu abantu bakuru bari mu cyumba. Aba basore bariteguye. Ntimugire impungenge.”

Ariko ibikorwa by’aba bivugwa ko biteguye ngo byerekana akaga ku basivili bafatiwe mu masangano y’ibikorwa bya Africa Corps.

Kremlin yatanze itegeko ryo gufata ibirombe byinshi bya zahabu bya Centrafrica ku ngufu no kwirukana abasivili, nk’uko byatangajwe n’abayobozi batatu muri guverinoma n’igisirikare babwiye ikinyamakuru Daily Beast ko bitabiriye inama na perezida wabo, Faustin-Archange Touadéra, n’intumwa z’u Burusiya muri Nzeri.

Umwe mu bayobozi bakuru muri guverinoma ya Centrafrica yatangarije ikinyamakuru Daily Beast ati: “Bagaragaje neza ko u Burusiya bwashakaga guhita butangira ibikorwa byo gucukura amabuye y’agaciro mu turere two mu majyaruguru no hagati.” Ati: “Ndetse n’igihe twagaragazaga impungenge z’uko muri utwo turere hari inyeshyamba zitwaje intwaro ndetse n’uburyo ibyo bishobora guteza amakimbirane yamena amaraso, ntibigeze bahangayikishwa na byo.”

Rondeaux yavuze ko Putin yasobanuye neza ko icyo u Burusiya bushyize imbere muri Afurika ari ukubanza kuhakura ubutunzi naho kuhakwirakwiza ijambo ryabwo bikaza ku mwanya wa kabiri.

Ngo guhindura Wagner mo igikoresho cya gisirikare cya Guverinoma y’u Burusiya bisobanura kandi iherezo ryo guhakana k’u Burusiya ibikorwa by’aba bacanshuro.

Ati: “Icyo ibi bitubwira ni uko Putin adashishikajwe no kubeshya”. Ati: “Azi ko igifuniko cyavuyeho, ahanini”.

Ati: “Yashoye cyane mu kwemeza ko amasezerano akorana n’ibihugu by’abakiriya muri Afurika cyangwa mu Burasirazuba bwo Hagati, ubutegetsi ahanini bubi, azakomeza.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *