Polisi mu murwa mukuru wa Kenya, Nairobi, iravuga ko irimo gushakisha umuzamu w’urusengero ukekwaho kwiba miliyoni 1.5 z’amashilingi (13,232,009 Frw), abagize itorero bakusanyije kugira ngo bavugurure urusengero .
Polisi ikeka ko umujura yinjiye binyuranyije n’amategeko mu nyubako yera ACK All Saints Mountain View i Kangemi, mu nkengero za Nairobi.
Ngo yahise afata amafaranga yari imbere mu kabati mu rusengero. Ibi bkaba byarabaye ku Cyumweru gishize, itariki 9 Ukwakira nyuma y’amateraniro y’uwo munsi nk’uko tubikesha ikinyamakuru The Standard.
Ku wa Mbere mu gitondo, umubitsi w’itorero akaba n’umwe mu bagize iryo torero “yaratunguwe kandi agwa mu kantu”. Bari baje gufata ayo mafaranga atubutse abayoboke bari babashije gukusanya ngo bayajyane hantu hatekanye muri banki, batungurwa no gusng urusengero rwajagajazwe bikomeye.
Ubuyobozi bushinzwe iperereza ku byaha bwatangaje ko iperereza ryabo rya mbere ryerekanye ko umuzamu w’iryo torero ari we ukekwaho icyaha muri iki gihe.
“Arakekwaho kuba yarashe amashanyarazi kugira ngo ahagarike camera z’umutekano zashyizweho mbere yo kwiba imisanzu y’abizera”.


