Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Antonio Guterres, yashimye ibyo nyakwigendera Dr John Pombe Magufuli yagejeje ku baturage ba Tanzania mu gihe yamaze abayoboye.
Guterres yabitangarije mu Nteko Rusange ya UN yateranye ku wa 16 Mata 2021, yafashe umwanya wo kwibuka ibikorwa bya Dr Magufuli wapfuye tariki ya 17 Werurwe 2021 amaze igihe gito atangiye kuyobora manda ya kabiri.
Mu byo uyu Munyamabanga Mukuru yashimiye Dr Magufuli harimo uburyo yarwanyije ruswa, uburyo yitaye ku baturage, agateza imbere ibikorwa by’ubuhinzi ndetse akanubaka ibikorwaremezo.
Guterres kandi nk’uko tubikesha BBC, yashimye uburyo Dr Magufuli yashoboye kuvana Tanzania ku rutonde rw’ibihugu bikennye, akayigeza mu byifashije (middle income). Ni intego yari yiyemeje kugeraho arangije manda ya kabiri mu 2025, ariko yayigezeho mu 2020.
Ubu Tanzania iyobowe na Perezida mushya, Samia Suluhu Hassan wafashe izi nshingano nyuma y’urupfu rwa Dr Magufuli. Guterres wabanje kwihanganisha Abatanzania babuze umuyobozi bakundaga, yiyemeje gukomeza kwifatanya n’ubu butegetsi bushya mu guharanira iterambere ry’abaturage.
Ati: “Mfashe uyu mwanya kugira ngo nemeze ko UN izakomeza kuba hafi iki gihugu, igakorana na Leta iriho, iyobowe na Samia Suluhu Hassan.”
Dr Magufuli yatangiye kuyobora Tanzania mu 2015. Mu Kwakira 2020 ni bwo yatorewe kuyobora igihugu muri manda ya kabiri. Yishwe n’indwara y’umutima nk’uko byatangajwe na Samia Suluhu wari umubereye Visi Perezida.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


