UN iratangaza ko umubare w’impunzi ku isi warushijeho kwiyongera

Sangiza iyi nkuru

Umuryango w’Abibumbye utangaza ko umubare w’impunzi ku isi warushijeho kwiyongera mu buryo butigeze bubaho mu myaka 70 ishami ryita ku mpunzi (HCR ) rimaze ribayeho.

Ubu hirya no hino ku isi habarurwa impunzi zirenga gato miliyoni 70 z’ahunze intambara . Ni inshuro ya mbere mu mateka y’ishami rya HCR habayeho umubare uri hejuru cyane  ugereranije n’indi mibare y’impunzi ryagiye rigira.

Mu bugenzuzi ngarukamwaka bwa HCR ku kibazo cy’impunzi , iri shami rivuga ko umubare w’abantu bahunga intambara n’itotezwa mu bihugu byabo burenze ubushobozi buriho muri iki gihe bwo gushaka umuti uhamye w’iki kibazo .

Umuyobozi wa HCR, Filippo Grandi yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko ibihugu bikennye kurusha ibindi ari byo bikomeje kugerwaho n’ingaruka z’iki kibazo. Akaba asaba ibihugu bikize kugira icyo bikora .

Mu mwaka ushize , Venezuela niyo yaje ku isonga mu kugira abantu benshi basabaga ubuhungiro kubera gutinya imvururu za politiki hagati ya perezida Nicolas Maduro na Juan Guaido wari umaze kwitangaza nk’umukuru w’igihugu wa Venezuela wemewe n’itegeko nshinga.

Imibare ya UN yerekana ko ku isi abarenga bibiri bya gatatu by’uyu mubare w’impunzi baturuka mu bihugu bitanu byonyine ku isi. Ibyo bihugu ni Syria ifite hafi miliyoni 7, Afghanistan ifite hafi miliyoni 3, Sudani y’Epfo ifite miliyoni 2.3, Myanmar ifite miliyoni 1.1 na ho Somalia ikagira ibihumbi 900.

Mu mwaka ushize, Ethiopia yaciye agahigo ku isi ko kugira abantu benshi bakuwe mu byabo ariko bakaguma mu gihugu imbere aho barenga miliyoni 1.5.

Nkurunziza Viateur

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *