Igisirikare cya Uganda cyari kimaze iminsi kirunda abasirikare n’ibikoresho ku mupaka wa Congo, kuri uyu wa gatanu nyuma ya saa sita cyatangiye kugaba ibitero ku nkambi z’inyeshyamba z’umutwe wa ADF mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Ibi bikaba bije bikurikira igitero inyeshyamba z’umutwe wa ADF ziherutse kugaba ku ngabo za Monusco muri Beni zikica abasirikare ba Tanzania 14 n’aba Congo 5, mu gihe hakomeretse abagera kuri 53.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire yavuze ko binyuze mu makuru y’ubutasi bamenye ko izi nyeshyamba za ADF zateguraga kugaba ibitero ku butaka bwa Uganda.
Kanda hano usome inkuru bisa
Nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga, Karemire akaba yongeyeho ko ari muri urwo rwego kuri uyu wa gatanu nyuma ya saa sita UPDF yatangije ibitero ku nkambi za ADF mu burasirazuba bwa Congo.
Aya makuru turakomeza kuyabakurikiranira…
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


