Urubanza rwari rutegerejwe na benshi ku iyicwa rya Thomas Sankara rwatangiye

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa mbere, tariki 11 Ukwakira, urubanza ku iyicwa rya Thomas Sankara rwatangiriye i Ouagadougou. Urubanza rwari rutegerejwe cyane n’abaturage ba Burkina Faso, umuryango wa Capt. Sankara, abanyamategeko, imiryango itegamiye kuri Leta n’Abanyafurika benshi muri rusange.

Abantu benshi bafite amatsiko yo kumenya uko byagenze ku itariki ya 15 Ukwakira 1987, umunsi Perezida w’ikirangirire wa Burkina Faso na bagenzi be 12 bicwaga.

Abaturage ba Burkina Faso amaherezo bizeye ko ukuri kw’ibyabaye icyo gihe kugiye kujya ahagaragara, nyuma y’imyaka 34.

Itangizwa ry’uru rubanza rwa Sankara ni igitangaza kuri Luc Damiba, umunyamabanga mukuru wa komite mpuzamahanga y’urwibutso rwa Thomas Sankara nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga.

Damiba yagize ati: “Muri iki gitondo ni intsinzi y’icyiciro kuko urugamba ruzakomeza mu rwego rwo gusigasira urwibutso rwa Thomas Sankara, urw’impinduramatwara, ibitekerezo bye muri Burkina Faso ariko no muri Afurika ndetse no ku Isi yose.”

Kugeza ubu, abantu 14 baregwa muri uru rubanza, barimo uwahoze ari Perezida Blaise Compaoré, uri mu buhungiro muri Côte d’Ivoire kuva yavanwa ku butegetsi mu 2014, akaba aherutse gutangaza ko atazitabira urubanza yita urwa politiki.

Harimo kandi Gen. Gilbert Diendéré wakatiwe imyaka 20 kubera gushaka guhirika ubutegetsi mu 2015. Barashinjwa “ubufatanyacyaha mu bwicanyi”, “guhisha imirambo” no “guhungabanya umutekano w’igihugu”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *