Sudani ku wa Kane tariki ya 4 Mutarama yahamagaje Ambasaderi wayo i Nairobi, mu rwego rwo kwamagana kuba Perezida William Ruto wa Kenya aheruka kwakira Gen Mohamed Hamdan Daglo.
Uyu Gen Daglo ni we ukuriye umutwe witwara gisirikare wa Rapid Support Forces (RSF) umaze igihe mu ntambara n’Ingabo za Sudani.
Uyu musirikare kuva mu mpera z’umwaka ushize ari kugirira ingendo mu bihugu bitandukanye bya Afurika. Muri izi nzinduko ze za mbere yari agiriye mu mahanga kuva Sudani yatangiramo intambara muri Mata umwaka ushize, Gen Daglo yasuye ibihugu bya Uganda, Ethiopia, Djibouti, Kenya na Afurika y’Epfo kuri ubu arimo.
Ni inzinduko zikomeje kurakaza cyane ubutegetsi bwa Gen Abdel Fattah al-Burhan kuri ubu unakomeje kwamburwa na RSF uduce dutandukanye, by’umwihariko utwo mu murwa mukuru, Khartoum.
Minisitiri w’agateganyo w’Ububanyi n’Amahanga wa Sudani, Ali al-Sadiq mu itangazo yasohoye, yavuze ko Ambasaderi wa Khartoum i Nairobi yahamagajwe mu rwego rwo “kugirana ibiganiro byo kwamagana kuba Guverinoma ya Kenya yarateguye ikanakira umuyobozi w’inyeshyamba.”
Muri iri tangazo ryanyujijwe mu biro Ntaramakuru bya Sudani (SUNA), Minisitiri Sadiq yunzemo ko ibiganiro na Ambasaderi wa Sudani muri Kenya ari byo bizagena “igishoboka cyose ku musaruro w’umubano wa Sudani na Kenya.”
Sudani yahamagaje Ambasaderi wayo mu gihe hashize amezi menshi yo na Kenya barebana ay’ingwe, nyuma y’uko ubutegetsi bw’i Nairobi bwakunze kugaragaza ko bwiteguye kugirana ibiganiro n’uruhande rwa Gen Daglo mu rwego rwo kumuhuriza mu biganiro na mukeba we Al Burhan.
Uyu musirikare (Al Burhan) uyoboye Sudani mu buryo bw’inzibacyuho, mu ijambo yagejeje ku baturage be ku bunani yaburiye “leta z’ibihugu bya Afurika zikomeje kwakira aba bicanyi” ko ziri kwigira “abafatanyabikorwa mu bwicanyi buri gukorerwa abaturage ba Sudani.”
Kuri ubu imibare yerekana ko kuva muri Mata uyu mwaka abarenga 12,000 bamaze kwicirwa mu ntambara yo muri Sudani, mu gihe ababarirwa muri miliyoni zirindwi bavuye mu byabo nk’uko imibare itangwa n’Umuryango w’Abibumbye ibigaragaza.


