Inzego za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikurikirana ibibazo by’impunzi n’abimukira bihanganye n’abimukira bari kwinjira muri iki gihugu ku bwinshi mu buryo bunyuranyije n’amategeko batanguranwa n’uko perezida Donald Trump atangira akazi ke.
[ad id=”44145″]
Izi nzego ziratangaza ko aba bimukira bari gutanguranwakugirango mu kwezi kwa mbere babe baramaze kugera ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Benshi muri aba bimukira ngo bari guturuka muri Amerika yo hagati mu bihugu nka El Salvador, Guatemala na Honduras.
Minisiteri y’umutekano mu gihugu muri Amerika iravuga ko yafashe abantu basaga ibihumbi 46 mu kwezi gushize kwa 10, abasaga ibihumbi 39 mu kwa cyenda, ndetse n’abasaga ibihumbi 37 mu kwa karindwi.
Ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza nk’uko VOA dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga, Trump yatangaje ko mu gihe azaba atowe azasubiza iwabo abimukira miliyoni 11 baba muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko kandi ko azahita yubaka urukuta ku mupaka wo mu majyepfo y’Amerika.

[ad id=”44145″]
Nyuma yo gutsinda amatora ariko, yahise ahindura imvugo, atangaza ko azirukana gusa abagera kuri miliyoni 2 bafite ibyaha bashinjwa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


