Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zirateganya koherereza ingabo za Ukraine ibihumbi by’intwaro zaturutse muri Iran zafatiwe mu bihe bitandukanye mu bwato bwari buzitwaye mu buryo butemewe n’amategeko (forode).
Ikinyamakuru Wall Street Journal kivuga ko zirimo imbunda nto 5000 n’amasasu miliyoni 1.6. Byafatiwe mu bwato bwari buvuye muri Iran bikekwa ko zari zohererejwe umutwe witwaje intwaro wa Houthi urwanya ubutegetsi bwa Yemen.
Muri izi ntwaro hari izafashwe n’ingabo za USA mu mpera z’umwaka ushize ndetse n’imbunda nto 3000, amasasu agera ku bihumbi 600 na misile zirasa ibifaru zirenga 20; byafatiwe n’ingabo z’u Bufaransa mu bunigo bwa Oman muri Mutarama 2023.
Ofisiye mu ngabo za USA yabwiye iki kinyamakuru ko mu gihe Leta ya Iran yatangiye guha intwaro ingabo z’u Burusiya ziri kurwanira muri Ukraine, igihugu cye cyabonye ari ngombwa ko cyoherereza Ukraine izi cyafashe. Ati: “Ni ubutumwa bwo gufata intwaro zagenewe abafashwa na Iran, zigakoreshwa mu kugera ku ntego zacu muri Ukraine, aho Iran iri guha intwaro u Burusiya.”
Izi ntwaro zaziyongera ku zindi nini n’intoya USA imaze guha Ukraine kuva intambara yayo n’u Burusiya yatangira tariki ya 24 Gashyantare 2022.


