Umucuruzi w’ibiyobyabwenge kabuhariwe ukomoka muri Mexique Joaquin “El Chapo” Guzman yakatiwe igifungo cya Burundu mu Mujyi wa New York, kuri uyu wa Gatatu, itariki 17 Nyakanga, nyuma yo kumuhamya kuba yarinjije muri Amerika byibuze toni 1,600 za cocaine.
Umucamanza Brian Cogan yakatiye Guzman igifungo cya burundu kigeretseho indi imyaka 30 yakatiwe n’urukiko rwa leta muri New York kubera gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Guzman kandi yanategetswe kwishyura miliyari 12,6 z’Amadolari zigafatirwa nk’uko bitangazwa na BBC.
Mu kwezi kwa kabiri, Guzman ufite imyaka 62 yahamwe n’icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge bitagira ingano byo mu bwoko bwa cocaine, heroine n’urumogi.
Niwe wari kizigenza w’amatsinda y’abacuruza ibiyobyabwenge bo mu ntara ya Sinaloa yo muri Mexique.
Abashinjacyaha bavuze ko nka kizigenza w’itsinda ry’abacuruza ibiyobyabwenge rinini kurusha ayandi muri Mexique, Guzman yagize uruhare mu bugambanyi bwinshi bugamije kwica.
Yafashwe mu mwaka wa 2016 nyuma yo gutoroka inshuro ebyiri zose muri gereza zirinzwe cyane muri Mexique. Yahise ashyikirizwa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu mwaka wa 2017 kugira ngo aburanishwe.
Umwunganizi we, Jeffrey Lichtman, yatangaje ko bafite gahunda yo kujuririra iki gihano.


