Abapolisi babiri muri batatu bari bakurikiranweho kurasa umwirabura, Breonna Taylor wari umukozi ku bitaro muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, barekuwe mu gihe umwe usigaye akurikiranweho gupfa kurasa.
Tariki ya 13 Werurwe 2020, ni bwo aba bapolisi: Jonathan Mattingly, Brett Hakinson na Myles Cosgrove binjiye mu icumbi riherereye mu mujyi wa Lousiville uri muri Leta ya Kentucky, kugira ngo bahasake ibiyobyabwenge.
Icyo gihe aba bapolisi binjiye mu rugo rwa Breonna gusa ngo “bashobora kuba bataramenyesheje abari mu nzu ko ari abapolisi”. Byatumye inshuti ya Breonna, Kenneth Walker abarasa yibwira ko ari abajura babateye.
Aba bapolisi nabo bahise barasa amasasu arenga 20 basubiza Kenneth, Breonna Taylor w’imyaka 26 y’amavuko araswamo atandatu nk’uko byemejwe na muganga.
Brett Hakinson ni we ugikurikiranwe n’ubutabera, gusa na we ntabwo ashinjwa kwica umuntu ahubwo, ashinjwa “gupfa kurasa mu icumbi ry’umuturanyi wa Breonna Taylor.”
Intumwa Nkuru ya Leta ya Kentucky, Daniel Cameron mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru yasobanuye ko ubusesenguzi bwakozwe bwagaragaje ko mu masasu atandatu yaraswe Breonna, rimwe ari ryo ryarashwe ahabi cyane.
Ubu busesenguzi bwasanze Myles Cosgrove (ubutabera bwamurekuye) ari we warashe isasu rikica Breonna. Yavuze ko nta gihamya babonye kigaragaza niba hari amasasu Brett Hakinson yaba yararashe Breonna, keretse ayarashe irindi cumbi ry’umuturanyi.
Cameron yasobanuye ko Myles na Jonathan barekuwe, barashe birwanaho bitewe n’uko Kenneth Walker yabanje kubarasa. Ikindi kandi ni uko Jonathan Mattingly yakomerekeye muri icyo gikorwa.
Yongeyeho ko bamwe bashobora kutabyumva neza, ariko ari ko ubutabera bukorwa. Ati: “Turamutse dukoreye ku marangamutima cyangwa uburakari, nta butabera twatanga.”
N’ubwo ubutabera bwafashe uyu mwanzuro, bugasobanura impamvu aba bapolisi barekuwe, n’usigaye akaba akurikiranweho icyaha kitagira aho gihuriye n’urupfu rwa Breonna Taylor, ntibyabujije Abanyamerika kwigabiza imihanga ya Louisville bavuga ko nta butabera bwabonetse.
Bamwe muri aba biganjemo abirabura, bari bafite ibyapa byanditseho biti: “Umupolisi yarashe umugore w’umwirabura ariko akurikiranweho gusa amasasu yarashe ahatari ho.”
Iki kibazo baragihuza n’ubwicanyi bamwe mu bapolisi b’abazungu bamaze igihe bakorera abirabura, cyane cyane icya George Floyd wiciwe mu mujyi wa Minneapolis muri Leta ya Minnesota tariki ya 25 Gicurasi 2020, atsikamiwe ku gakanu. Urupfu rw’uyu mwirabura rwatumye Isi yose ihaguruka, yamagana ibi bikorwa ndetse isaba ko ababikora bajya bahanwa by’intangarugero.


