USA yafatiye abasirikare bakuru ba Mali ibihano

Sangiza iyi nkuru

Ubutegetsi bwa Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) kuri uyu wa 25 Nyakanga 2023 bwatangaje ko bwafatiye ibihano abasirikare bakuru ba Mali batatu bubaziza imikoranire n’umutwe w’ingabo wigenga wa Wagner PMC.

Aba basirikare, nk’uko Umunyamabanga wa USA, Antony Blinken yabitangaje, ni: Colonel Saido Camara usanzwe ari Minisitiri w’ingabo, Colonel Alou Boi Diarra uri mu buyobozi bw’ingabo zirwanira mu kirere n’undi, Lieutenant Colonel Adama Bagayoko.

Blinken yatangaje ko kuva mu Kuboza 2021 Wagner yatangira gukorana n’aba basirikare, yaguye ibikorwa byayo muri Mali kandi ko kuva ubwo imfu z’abasivili ziyongereye ku kigero cya 278%. Ati: “Imfu nyinshi muri izo ni umusaruro w’ibikorwa by’ingabo za Mali n’abagize umutwe wa Wagner.”

Umuyobozi w’ibiro bya USA bishinzwe umutungo, Brian Nelson yatangaje ko ibikorwa by’aba basirikare byashyize habi ubuzima bw’abaturage, ihohoterwa ry’ikiremwamuntu ryariyongereye muri iyi myaka, kandi ngo amabuye y’agaciro Wagner yakuye muri Mali yayifashije kurwanira muri Ukraine.

Ibihano ubutegetsi bwa USA bufatira abantu nk’aba ni ibyo gufatira imitungo yabo yaba iriyo no kubambura uburenganzira bwo gukorerayo ingendo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *