Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitandukanyije n’Akanama k’Uburenganzira bwa Muntu ka Loni zivuga ko aka kanama kagaragaza kubogama muri politiki cyane cyane mu bijyanye n’ikibazo cya Israel.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Muryango w’Abibumbye, Nikki Haley yagize ati: “ Dufashe iki cyemezo kubera ko ibyo twemera bitatwemerera kuba mu gatsiko k’uburyarya kandi kikunda kagakoresha uburyarya kitwaje uburenganzira bwa muntu .”
Ambasaderi Nikki Haley ashinja aka kanama ka Loni ko kahoze kazira Israel ndetse gashyigikira ibihugu bihohotera ubuzima bw’ikiremwamuntu nka Venezuela, Cuba, u Bushinwa, na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ibihugu byose bisanzwe bibarizwa muri aka kanama.
Ni mu gihe Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Antonio Guterres ashima ibimaze gukorwa n’aka kanama mu guharanira uburenganzira bwa muntu kandi agasaba Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwisubiraho kuri iki cyemezo zikaguma muri aka kanama.
Akanama ka Loni gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu kashinzwe mu 2006, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikinjiramo nyuma y’imyaka 3 nk’uko Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ivuga.
Iki cyemezo kikaba cyafashwe mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirimo kunengwa n’amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu ku ngingo ya leta yo gutandukanya abana basaga 2,000 n’ababyeyi ku mupaka wo mu majyepfo ya Amerika.


