Nyuma y’imyaka itari mike nta we usiga Usain Bolt mu marushanwa yo kwiruka muri metero 100, aka gahigo kakuweho na Justin Gatlin, mu masiganwa ya World Championships kuri uyu wa 6 Kanama 2017.
Iri siganwa ryaberaga mu Bwongereza, Usain Bolt yaje ku mwanya wa gatatu nyuma y’abasore nka Justin Gatlin na Christian Coleman.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abajijwe n’itangazamakuru icyamuteye gusigwa na bagenzi be, uyu mugabo yasubije ko imvune yagize mu mwaka ushize ariyo yatumye aza ku mwanya wa gatatu asizwe na Justin Gatlin na Christian Coleman.
Muri iri siganwa umwanya wa mbere watwawe na Justin Gatlin w’umunyamerika yegukana umudari wa zahabu, Naho umwanya wa kabiri utwarwa na Christian Coleman nawe w’umunyamerika, naho Bolt we yaje ku mwanya wa 3 ahabwa umudari wa Bronze.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Jean de Dieu Dushimimana — bwiza.com


