7NbDfjTHCx8E9mvVKIUsWuG4

Uwacuze umugambi wo kwica Trump yatawe muri yombi

Sangiza iyi nkuru

Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu  muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (DHS), rwatangaje ko Urwego rw’Abinjira n’abasohoka muri iki gihugu rwataye muri yombi umugabo ukomoka muri Mexique, ukurikiranyweho icyaha cyo gushaka kwica arashe Perezida Donald Trump.

DHS yashyize ahagaragara biciye mu mmunyamabanga wayo, Kristi Noem, yashimiye abakozi ba ‘Migration’ bashoboye kumuta muri yombi, dore ko ngo atari afite ibyangombwa by’inzira kuri ubu aakaba ari mu maboko y’ubutabera.

Ramon Morales Reyes w’imyaka 54 y’amavuko mu ntangiriro z’uku kwezi, ni bwo yanditse ibaruwa n’intoki ze yandika avuga ko yarasa Perezida w’Amerika Donald Trump mu gihe yaba amubonye mu bikorwa bye byo kwiyamamaza.

Uyu mugabo ufite inkomoko muri Mexique akaba ashinja Amerika kwirukana umuryango we.

Yagize ati: “Turambiwe uyu Perezida udukina ku mubyimba twe Abanya-Mexique. Twakoze byinshi muri iki gihugu kurusha mwebwe, abazungu.”

Morales yinjiye muri Amerika mu buryo butemewe nibura inshuro icyenda hagati ya 1998 na 2005, kandi afite amateka yo gukora ibyaha birimo icyaha gikomeye cyo guhitana umuntu mu mpanuka agahita atoroka.

Nyuma yo gutabwa muri yombi hategerejwe ko yoherezwa iwabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *