Kazoza wimitswe nk'Umutware w'Abakono

Uwari wimitswe nk’Umutware w’Abakono yeguye

Sangiza iyi nkuru

Kazoza Rushago Justin wari uherutse kwimikwa nk’Umutware w’Abakono yasabye imbabazi Perezida Paul Kagame, anahita yegura kuri iyi nshingano.

Kazoza yimikiwe mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze tariki ya 9 Nyakanga 2023, mu birori byitabiriwe n’abantu batandukanye bo mu bwoko bw’Abakono ndetse n’abashyitsi.

Ni ibirori byatumye bamwe mu babyitabiriye batabwa muri yombi, ariko nyuma bahabwa imbabazi. Ishyaka FPR Inkotanyi ryarabyamaganye, risobanura ko bisubiza inyuma intambwe yatewe mu bumwe bw’Abanyarwanda.

Kuri uyu wa 23 Nyakanga 2023, i Rusororo ku ngoro ya FPR Inkotanyi habereye inama yahuje abanyamuryango 800 yiga ku bibazo bibangamiye ubumwe bw’Abanyarwanda. Ibirori by’Abakono biri mu ngingo nyamukuru.

Muri iyi nama, abanyamuryango bitabiriye ibi birori by’iyimikwa ry’Umutware w’Abakono basabye imbabazi, biyemerera ko batashishoje ubwo babijyagamo. Kazoza na we ubwe yasabye imbabazi.

Kazoza ati: “Mu by’ukuri ni njye nyirabayazana. Nkaba mbanje gusaba imbabazi, nsaba imbabazi Nyakubahwa Chairman [Perezida Kagame], ni ugushimangira kuko ubundi yarazimpaye. Ndasaba imbabazi abanyamuryango, ndasaba imbabazi abanyamuryango nashyize mu makosa, nkabatumira.”

Iyi nama ya FPR yafatiwemo umwanzuro w’uko Kazoza yegura ku mwanya w’Umutware w’Abakono, n’uw’uko abanyamuryango bakomera ku bumwe bw’Abanyarwanda.

Kazoza Rushago Justin asanzwe ari umushoramari.

Kazoza wimitswe nk'Umutware w'Abakono
Kazoza wimitswe nk’Umutware w’Abakono

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *