Uwayo ThĂ©ogene, wari Perezida wa Komite Olempike yâu Rwanda yeguye, atangaza byatewe no kutumvikana nâabo bafatanyije kuyobora. Uyu mugabo kuri uyu wa Gatandatu ni bwo hamenyekanye amakuru ko yamaze kwegura ku mwanya wa perezida. Mu ibaruwa yanditse yavuze ko yeguye “Kubera impamvu yo kudahuza imibonere na bamwe mu bagize Komite Nyobozi ya Komite Olempike yâu Rwanda ku bijyanye nâimiyoborere yayo.” Uwayo yeguye nyuma yâifungwa ryâabari abakozi bayo babiri aho bakurikiranyweho ibyaha byo gukoresha impapuro mpimbano no gukoresha icyenewabo, bifitanye isano nâimikino ya Commonwealth u Rwanda ruheruka kwitabira, yabereye mu mujyi wa Birmingham mu Bwongereza. Kuwa 8 Gicurasi 2021 ni bwo Uwayo ThĂ©ogene yari yatorewe kuba Perezida wa Komite Olempike yâu Rwanda, aho yari asimbuye Amb. Munyabagisha Valens wari umaze kwegura.


