Uwayo Théogene, wari Perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda yeguye, atangaza byatewe no kutumvikana n’abo bafatanyije kuyobora. Uyu mugabo kuri uyu wa Gatandatu ni bwo hamenyekanye amakuru ko yamaze kwegura ku mwanya wa perezida. Mu ibaruwa yanditse yavuze ko yeguye “Kubera impamvu yo kudahuza imibonere na bamwe mu bagize Komite Nyobozi ya Komite Olempike y’u Rwanda ku bijyanye n’imiyoborere yayo.” Uwayo yeguye nyuma y’ifungwa ry’abari abakozi bayo babiri aho bakurikiranyweho ibyaha byo gukoresha impapuro mpimbano no gukoresha icyenewabo, bifitanye isano n‘imikino ya Commonwealth u Rwanda ruheruka kwitabira, yabereye mu mujyi wa Birmingham mu Bwongereza. Kuwa 8 Gicurasi 2021 ni bwo Uwayo Théogene yari yatorewe kuba Perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda, aho yari asimbuye Amb. Munyabagisha Valens wari umaze kwegura.


