VIDEO – M23 yasobanuye uko ba komanda bayo biciwe mu gico

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wemeje ko abasirikare bawo babiri bakuru (commanders) bishwe ku wa 16 Mutarama 2024 baguye mu gico batezwe n’Ingabo za Leta.

Mu kiganiro cyihariye umuvugizi w’uyu mutwe mu bya gisirikare, Maj Willy Ngoma yagiranye na BWIZA TV, yashimangiye ko ibi byakozwe na Leta ya Kinshasa ifatanyije n’Abafatanyabikorwa bayo muri iyo ntambara barimo FDLR, WAZALENDO, Abarundi na SADC.

Maj Ngoma yavuze ko kuba Ihuriro ry’ingabo za Leta rikomeje kubarasaho ari ikimenyetso cy’uko ridateze kwemera kuyoboka inzira y’ibiganiro, bityo ko M23 nayo yafashe ingamba zo guhorera abayo bishwe ndetse no kurindira umutekano Abasivile Leta ikomeje kurasaho buhumyi.

By’umwihariko kuri bariya bishwe, Maj Willy Ngoma yavuze ko baguye mu gico batezwe ubwo bari bagiye guhumuriza abaturage nyuma y’uko bari bamaze iminsi baraswaho n’Ihuriro rya Leta ribarasa ribaziza gusa kuba ari abo mu bwoko bw’Abavuga ikinyarwanda b’Abatutsi.

Ati “Bariya ba komando bari bagiye guhumuriza abaturage, ibyababayeho ni ukugwa mu gico (Ambouscade), ntabwo biduca intege kuko twe turi Igisirikare giharanira impinduramatwara. Ni ibisanzwe ntabwo byaduca intege.”

Umunyamakuru yamubajije igisobanuro cy’ibyo banditse mu Itangazo ryabo rivuga kuri ruriya rupfu rw’Abakamanda babo by’umwihariko aho bavuze ko ubutumwa Leta ya Kinshasa yaboherereje babwakiriye maze asubiza ko “Ubutumwa baduhaye ni ubw’uko bashaka intambara” “Turi abasirikare natwe rero tugiye kubasubiza.”

Agaruka ku kuba M23 ikomeza kuvuga ko yubahiriza ibikubiye mu masezerano y’agahenge uyu muwe uba utaranashyizeho umukono, Maj Ngoma yagize ati “Twe turi igisirikare cyubahiriza ibyo dusabwe, twubahirije gahunda y’agahenge twasabwe, ariko mu gihe turi kubyubahiriza nibwo batugabaho ibitero. Baratwicira ababyeyi, baratwicira inshuti n’abavandimwe, Muziko twe m23 turi igisirikare cyubaha, tugira ikinyabupfura, ntidushobora gusuzugura ibyo umuryango mpuzamahanga uvuze.”

Yavuze ko iby’aka gahenge rero batashoboraga kubirengaho kuko kasabwe n’ibihugu bikomeye nk’Amerika, Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi ndetse n’Abakuru b’Ibihugu bya EAC. “Ntishobora kubasuzugura, ntidushobora gusuzugura bariya bakuru b’Ibihugu. Ati “Ariko biragaragara ko Leta ya Congo yo itabikozwa, ikomeje gusuzugura abo bose, yasuzuguye abo bakuru b’Ibihugu yanasuzuguye umuryango mpuzamahanga.”

Yagarutse ko buryo Leta ya Congo bahanganye ari Leta yakomeje kugaragaza ko igamije kwica abantu bose bavuga Ikinyarwanda ndetse ko ititeguye kuyoboka inzira y’ibiganiro ahubwo ikaba ikomeye kwica Abasivile no kubasenyera ibikorwa remezo nk’inzu batuyemo ndetse n’amashuri, ati “Turavuze ngo ‘ntituzabyemera’. Tugiye kubasubiza”

Maj Willy Ngoma kandi muri iki kiganiro yanasabye Abanyekongo bose bahunze ihohoterwa bakorerwa na Leta n’Abambari bayo guhunguka bagataha bagasubira mu byabo ndetse bakiyunga ku ishyaka rya AFC (Alliance Fleuve Congo) kugira ngo bafatanyirize hamwe gushaka igisubizo cy’ibibazo by’umutekano muke urangwa muri kiriya gihugu by’umwihariko mu Burasirazuba bwacyo.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. VIDEO – M23 yasobanuye uko bakamanda bayo biciwe muri Ambushi yemeza ko igiye kubahorera
    M23 ni byiza kubaha UN ariko isa naho yabahinduye ibitambo n’ibikinisho.
    Igihe urwanira uburenganzira bwo kubaho no kugira iwanyu ntukwiye kumvira abakugambanira cyangwa bashaka kukugira ikiraro.
    Mukwiye guhagarika inzira mwahisemo aruko bamaze kubumva neza.

  2. VIDEO – M23 yasobanuye uko ba komanda bayo biciwe mu gico
    Muraho neza, njye nagize ikibazo ngira ngo mbibarize munyamakuru wa mugani wa Canisius .
    Ese kuki M23 ihise isobanura ibya bariya ba comanda bayo bapfuye kandi tutarigeze twumva FARDC yo isobanura abayo ?
    ubwo si ugushaka kugira ngo bagire amarangamutima y’abantu babagirira impuhwe. Ijwi rye ryose nagerageje kurymva numva harimo gusa kwivuga nyamara nabo hari amasezerano barenzeho ndetse n’amabwiriza y’ibihugu bigize EAC.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *