Virusi ya Marburg yadutse muri Tanzaniya imaze guhitana abantu batanu mu bayanduye

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko abantu batanu bapfiriye muri Tanzaniya bazize icyorezo cya virusi ya Marburg nyuma yo kwaduka mu karere ka Kagera mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’iki gihugu .

Abantu ba mbere banduye virusi ya Marburg bemejwe muri iki gihugu nyuma y’uko abayobozi mu nzego z’ubuzima muri Tanzaniya bukoze ibizamini bya laboratoire ku ndwara idasanzwe bivugwa ko yafashe abantu umunani.

Abarwayi bari bafite ibimenyetso birimo umuriro, kuruka, kuva amaraso no kunanirwa kw’impyiko.

OMS yagize iti: “Batanu mu munani banduye, harimo n’umukozi ushinzwe ubuzima, barapfuye abandi batatu basigaye barimo kwivuza.”

“Hamenyekanye abantu 161 babonnye na bo kandi barakurikiranwa.”

Umuyobozi wa OMS muri Afurika, Matshidiso Moeti, yavuze ko imbaraga z’inzego z’ubuzima za Tanzaniya zigamije kumenya icyateye iyi ndwara zerekana ubushake bwo guhangana neza n’iki cyorezo nk’uko yi nkuru dukeshaa Anadolu Agency ivuga.

Moeti yagize ati: “Turimo gukorana na guverinoma mu rwego rwo kwihutisha ingamba zo kugenzura ikwirakwira rya virusi no guhagarika icyorezo vuba bishoboka.”

OMS yavuze ko ishyigikiye Minisiteri y’ubuzima mu gihugu mu kohereza itsinda ryihutirwa i Kagera kugira ngo hakorwe iperereza kuri icyo cyorezo.

Indwara ya virusi ya Marburg, iri mu muryango umwe na virusi itera Ebola, ni indwara ikabije cyane itera umuriro wa hemorhagie, aho ihitana abagera kuri 88% mu bayanduye.

Uburwayi buterwa na virusi ya Marburg butangira butunguranye, hamwe n’umuriro mwinshi, kubabara umutwe cyane n’umunaniro ukabije.

Abarwayi benshi bagaragaza ibimenyetso byo kuva amaraso mu minsi irindwi, kandi nta rukingo cyangwa imiti igabanya ubukana biremezwa kugeza ubu.

Virusi igera ku bantu ivuye ku ducurama kandi ikwirakwira mu bantu binyuze mu kwegerana bakayihererekanya binyuze mu matembabuzi y’umuntu wanduye, aho yakoze cyangwa ibikoresho yakozeho nka covid.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *