Skip to content
  • Kinyarwanda
  • English
  • Francais
  • Swahili
  • Kinyarwanda
  • English
  • Francais
  • Swahili
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Imikino
  • imyidagaduro
Iyandikishe
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Imikino
  • imyidagaduro
  • Ahabanza
  • Amakuru
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Imikino
  • imyidagaduro
Iyandikishe
image_750x_68850b9732184

Yafatiwe muri Gare ya Nyabugogo afite ibiro 4 by’urumogi

  • Denis Nsengiyumva
  • July 27, 2025
  • 7:32 am

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu  ushize, itariki 26 Nyakanga, Polisi ikorera muri gare ya Nyabugogo mu Karere ka Nyarugenge, yafashe uwitwa Habamahirwe Francois w’imyaka 18 wo mu Karere ka Burera mu Murenge wa Nemba, afite ibiro 4 by’Urumogi yari avanye aho avuka.

Akimara gufatwa yavuze ko yari aruzanye i Remera mu Mujyi wa Kigali aho yari guhurira n’abandi barucuruza.

‎Uwafashwe n’urumogi yarafite afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kimisagara ngo akorerwe dosiye ajyanwe mu bugenzacyaha, iperereza rirakomeje ngo hafatwe abandi bakorana.

‎Habamahirwe yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, Polisi ishimira uruhare bagira kugirango abantu bafite umugambi wo kwica ubuzima bw’abaturage babaha ibiyobyabwenge babafatwa. Inavuga ko ibi biragaragaza ikimenyetso cy’ubufatanye hagati ya Polisi n’abaturage mu kurwanya ibiyobyabwenge.

‎Iteka rya minisitiri nimero 001/moh/2019 ryo ku wa 04 Werurwe 2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

‎Ni mu gihe itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo yaryo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha.

‎Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu irenze miliyoni 20 Frw ariko itarenze miliyoni 30 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

 

Soma Izindi Nkuru

CTTC MAYANGE: Abarenga 1600 basoje amahugurwa y’ibanze yihariye mu gucunga umutekano

April 26, 2026

Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma y’amasasu yarasiwe ahantu yari ari

April 26, 2026

U Burundi bwamaze kwakira drone za mbere bwemerewe n’u Bubiligi 

April 25, 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Isoko y'Amakuru Acukumbuye.

Sura Izindi ndimi

  • Kinyarwanda
  • English
  • Francais
  • Swahili
  • Kinyarwanda
  • English
  • Francais
  • Swahili

Aho tubarizwa

Kigali – Nyamirambo
Tel:(+250) 788 554 010
Email: info@bwiza.com

Copyright © 2026 . All Rights Reserved.