Zimbabwe: Abakandida 10 biteguye guhangana na Mnangagwa mu matora yo muri Kanama

Sangiza iyi nkuru

Abakandida 11 biteguye guhatanira umwanya wa Perezida wa Zimbabwe mu matora yo muri Kanama, nk’uko byatangajwe na komisiyo y’amatora nyuma y’uko benshi babyifuzaga batemerewe kubera ko batigeze bakusanya amadorari 20.000 yari akenewe kugira ngo bagaragare ku rutonde .

Biteganijwe ko amatora azahuriramo Emmerson Mnangagwa uri ku butegetsi, wo mu ishyaka rya ZANU-PF, na Pasiteri n’umunyamategeko, Nelson Chamisa, wo mu Ihuriro ry’Abaturage baharanira Impinduka (Citizens Coalition for Change ), bigaragara ari bo bafite amahirwe yo gutsinda.

Kuri uyu wa Kane, komisiyo y’amatora yavuze ko abandi bakandida 11 batemerewe guhatana mu matora yo ku itariki ya 23 Kanama, benshi muri bo, barimo Linda Masarira, bananiwe kwishyura amadorari 20.000 kugira ngo babone umwanya ku rutonde bitarenze ku wa Gatatu ushize, bikuraho icyizere cy’umukandida w’umugore mu biro bikuru by’igihugu.

Masarira nyuma yo kubura aya mafaranga yagize ati: “Nabisobanuye neza ko amadorari 20.000 ari umurengera, ni ivangura muri kamere kandi arahonyora ingingo yamagana ivangura mu maso y’amategeko.”

Ku itariki ya 23 Kanama, nibwo muri Zimbabwe hazaba amatora ya perezida n’abagize inteko ishinga amategeko nk’uko iyi nkuru dukesha Reuters ivuga.

Mu gihe Mnangagwa na Chamisa bakomeje kugaragara nk’abakandida bafite amahirwe kurusha abandi bashobora kongera kuzahura ubukungu bw’igihugu butifashe neza, hari n’umukandida wigenga wagaragaye mu byumweru bishize.

Uyu ni Savoiur Kasukuwere wahoze ari minisitiri muri guverinoma ya Robert Mugabe wari warahunze igihugu, uziyamamaza nk’umukandida wigenga, abasesengura ibya politiki bavuga ko ashobora gukura amajwi mu bayoboke ba ZANU-PF.

Kasukuwere wahunze igihugu mu gihe ubutegetsi bwa Mugabe bwahirikwaga, yari afite icyifuzo cyo kuba perezida kuva na mbere.

Perezida Mnangagwa, ufite imyaka 80, arashaka indi manda mu gihe ubukungu bwifashe nabi, aho idorari rya Zimbabwe ryataye agaciro hejuru ya 50% muri uku kwezi ugereranije n’idolari rya Amerika.

Ku wa Gatatu, Mnangagwa yashimye inzira ya demokarasi ubwo yatangaga kandidatire ye mu Rukiko Rukuru.

Naho Chamisa watsinzwe mu matora aheruka yo mu 2018, avuga ko ishyaka rye ryiteguye gufata ubutegetsi kuri iyi nshuro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *