Umudepite mu ishyaka ritavuga rumwe na Leta ya Zimbabwe,Joanna Mamombe na bagenzi be babiri basanzwe ku muhanda aho bajugunywe bakubiswe bikomeye nyuma yo gushimutirwa mu myigaragambyo i Harare nk’uko ishyaka rye ryabitangaje uyu munsi.
Amnesty International ndetse n’ishyaka Movement for Democratic Change (MDC) byari byatangaje ibura rya Depite Mamombe n’abakuriye urubyiruko rw’iri shyaka Cecilia Chimbiri na Netsai Marov bafashwe kuwa gatatu bari mu myigaragambyo mu murwa mukuru w’iki gihugu.
Umwanzuro w’imyigaragambyo iri shyaka ryari ryawufashe nyuma y’uko hari ibikorwa bimwe na bimwe byahagaze muri iki gihugu kubera icyorezo cya covid-19, bityo inzara ikica ba nyiri guhagarika imirimo kandi Leta ikaba ntacyo yari kubikoraho ngo idohore cyangwa ihe imfashanyo abari kwicwa n’inzara.
Amakuru dukesha BBC avuga ko Amnesty International yari yamaze kuvuga ejo ko Leta ya Zimbabwe ari yo yabazwa irengero ry’aba bantu dore ko nta sitasiyo n’imwe ya Polisi bagaragayeho kandi ari yo yabataye muri yombi.
Byari biteganyijwe ko ku Cyumweru ari bwo ingamba zari zafashwe zo guhagarika ibikorwa bimwe na bimwe muri Zimbabwe zari kuzahagarikwa cyangwa zikongerwa.


