Perezida Evariste Ndayishimiye yongeye kwibutsa Abarundi ko igihugu cyabo ari Edeni, Imana yabahaye, kubera ko keramo ibihingwa byose, abasaba kukibungabunga. Ni nyuma y’uko hagati mu mwaka ushize yari yavuze ko ari Kanani, igihugu cy’isezerano kivugwa muri Bibiliya.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa X, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 4 Mutarama 2025, Perezida Ndayishimiye yagaragaje amafoto yambaye bote ari mu murima ari gusarura ibihaza, ayakurikiza ubutumwa busaba Abarundi kubungabunga Edeni bahawe n’Imana.
Ati: “Imana yahaye umugisha u Burundi isi imeraho ibihingwa byose. Umurundi wese akuye amaboko mu mifuka, tugahinga, tukabungabunga Edeni Imana yaduhaye nkâuko ibidusaba mwâijambo ryayo (itangiriro 2:15), nta gushidikanya ko umusaruro uzaba umurengera, nâiterambere rigakurikira.”

Perezida Evariste Ndayishimiye, yamenyesheje Abarundi bwa mbere ko igihugu cyabo ari cyo âUbusitani bwa Edeniâ buvugwa mu gitabo cyâItangiriro na Ezekiyeli muri Bibiliya ubwo yari ayoboye inama yâubukerarugendo yabereye kuri HĂ´tel Club du Lac Tanganyika kuwa 27 Gashyantare 2024, aho yavugaga ko Abarundi bafite igihugu cyiza, ariko ko batabizi.
Yasobanuye ko u Burundi âbukoze ku nyanjaâ bitewe nâuko amazi abuturukamo yisuka mu Nyanja ya Pasifika abanje kunyura muri Tanganyika, agakomereza mu Ruzi rwa Rukuga na rwo rukayasuka mu rwa Congo, agakomereza muri Atlantika.

Yavuze ko mu Itangiriro handitse ko umugezi uturuka muri Edeni wigabyemo indi ine irimo: Pishoni ugose igihugu cyose cya Havila, uwa Gihoni ugose icya Kushi, Hidekelu igose Ashuri nâuwa Ufurate.
Perezida Ndayishimiye yavuze ko iyi migezi ine ari: Rusizi, Ruvubu, Maragarazi nâAkanyaru, kandi ngo impamvu Abarundi batabasha kubibona ari uko abamalayika bafite inkota zâumuriro bahahishe.

Muri Kamena 2024, Perezida Ndayishimiye noneho yabwiye Abarundi ko igihugu cyabo kimeze nka kimwe Imana yasezeranyije Abisiraheli ubwo bari mu Misiri, cyitwa Kanani, nkâuko biri mu nyandiko za Bibiliya.
Imbere yâabatuye muri Komini Muramba mu Ntara ya Bururi, Perezida Ndayishimiye yagize ati âMugende musome igitabo cyâAmategeko muri Bibiliya Yera 1:7-11 murebe igihugu Imana yasezeranyije Abisiraheli, murebe ko kidasa nâigihugu cyacu.â

Uyu Mukuru wâIgihugu yagaragaje ko u Burundi ari igihugu abagituyemo barya uko bashaka, nta muntu ubagerera. Yasobanuye ko aho yanyuze hose, yasanze imyaka yeze, imwe muri yo abahinzi barabuze uko bayikura mu mirima kubera ko yabaye myinshi.
Perezida Ndayishimiye avuga ibi mu gihe mu Burundi ubukene bukomeje kugira ingaruka zikomeye, kugeza aho bamwe bavuga ko bategereje urupfu kubera kubura uko babaho.
Ibiciro birahanitse cyane ku buryo kugira ngo umuntu azagure ibyâibanze nka lisansi, isukari, sima nâimiti bimusaba kuba yifite bihagije.


