Mu ijambo yagejeje ku baturage b’u Burundi ryo gusoza umwaka no gutangira uwa 2018, Perezida Nkurunziza yavuze ko atanze imbabazi ku mfungwa 2000 zari zarakatiwe n’inkiko.
Umukuru w’igihugu Petero Nkurunziza, yavuze ko izi mbabazi zitazagera kuri buri mfungwa yose, ahubwo zizibanda cyane ku bakatiwe igifungo kitarengeje imyaka itanu.
Abarebwa n’izi mbabazi kandi harimo abagore bonsa, abantu bafite ubumuga bugaragara, abagejejemo hagati igifungo cyabo bakatiwe, kandi bakazazihabwa hagendewe ku buremere ibyaha bahaniwe byari bifite ndetse n’uko bagiye bitwara muri gereza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abazazihabwa akaba abasaba kuzitwara neza birinda kuba bakongera kubigwamo, akaba avuga kandi ko imbabazi azitanze mu rwego rwo kwimakaza amahoro mu Burundi.
Izi mbabazi Perezida Nkurunziza azitanze, agendeye ku ngingo ya 113 yo mu Itegeko Nshinga ry’u Burundi.
Mu gihe Abarundi bakiri mu nzira y’ibiganiro bibahuza nyuma y’imvururuza zakuruwe n’amatora ya 2015, uruhande rumurwanya rukaba rwari rwasabye ko imfungwa za politiki zafungurwa kimwe n’abashatse kumuhirika ku butegetsi, iyi ngingo impande zose zikaba zitarayumvikanaho, muri izi mbabazi yatanze, ntibavugwamo dore ko abenshi bakatiwe gufungwa imyaka iri hejuru ya 10.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philippe/Bwiza.com


