Opinion: Ese Uganda n’u Rwanda byaba bipfa iki?

Kuvuga ku gatotsi kari hagati y’u Rwanda na Uganda ni nko kuvuga abavandimwe babiri bafitanye amakimbirane, bitewe n’amateka y’ibi bihugu byombi. Umuntu atagiye mu mateka ya kure, bizwi neza ko bamwe mu bari ku butegetsi mu Rwanda bafashije Museveni gufata ubutegetsi ahiritse Obote. Icyo gihe bamwe mu mpunzi z’abanyarwanda zahisemo kujya mu gisirikari cya Museveni […]

Guv. Gatabazi yabwiye abahoze muri FDLR ko bakwiye gushima Imana

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vienney, yabwiye abahoze mu nyeshyamba za FDLR bagera kuri 577 baherutse gutaha mu Rwanda ku ngufu, ko kuba bari mu gihugu cyabo cy’amavuko bakwiye kubishimira Imana. Guverineri Gatabazi yabibabwiye ubwo yabagezagaho ikiganiro kuri “Gahunda ya Guverinoma”, ku wa Gatanu tariki 21 Ukuboza 2018, mu Kigo cya Mutobo giherereye  mu […]

RDC: Ihuriro rya Tshisekedi ntirizemera ko amatora yongera gusunikwa n’umunsi umwe

Ihuriro Cap pour le Changement (CACH), rya Felix Tshisekedi ryemeye iyimurwa ry’umunsi w’amatora kuwa 30 Ukuboza, ariko rishimangira  ko ritazemera ko yongera kwimurwa n’umunsi n’umwe. Imbere y’imbaga y’abashyigikiye iri huriro niho ryatangaje uko ryakiriye iki cyemezo cyo kwegeza inyuma umunsi w’amatora yari ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza. Umukandida Felix Tshisekedi n’ukuriye ibikorwa bye byo kwiyamamaza, Vital […]

Perezida Kagame na Madamu bitabiriye Inama ya Biro Politiki ya FPR/Inkotanyi- AMAFOTO

Perezida wa Repubulika akaba n’Umuyobozi w’Umuryango FPR/Inkotanyi, Paul Kagame n’umufasha we Jeannette Kagame bitabiriye Inama ya Biro Politiki yahuje abanyamuryango barimo n’Abanyarwanda baba mu mahanga n’abanyamuryango b’inzego zose uhereye ku rwego rwo hasi. Iyi nama ya Biro Politiki ya FPR/ Inkotanyi, yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Ukuboza 2018, ku ‘Intare Conference Arena’ […]

Zimbabwe yateye utwatsi impapuro zo guta muri yombi Grace Mugabe zavuye muri Afurika y’Epfo

Guverinoma ya Zimbabwe kuri uyu wa Gatanu, itariki 21 Ukuboza yavuze ko itazohereza Grace Mugabe, umugore w’uwahoze ari perezida w’iki gihugu, Robert Mugabe, ushakishwa n’ubutabera bwa Afurika y’Epfo ku cyaha cyo guhohotera Umunyamideri ashinjwa gukora mu 2017. Minisitiri w’itangazamakuru wungirije wa Zimbabwe, Energy Mutodi, yoherereje ibaruwa igaragaza ko batakiriye impapuro zo kohereza Grace Mugabe urukiko […]

Sinemeranya n’abavuga ko AS Kigali itari mu bihe byayo byiza- Kapiteni Mugiraneza J.B

Mu gihe Shampiyona y’icyiciro cya mbere ‘Azam Rwanda premier League’ igeze ku munsi wayo wa 11, irakomeje mu mpera z’iki cyumweru aho Ikipe ya APR FC ikomeje imyitozo yitegura gucakirana na AS Kigali. Ubwo basozaga imyitozo ya nyuma kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Ukuboza 2018, Kapiteni wa APR FC, Mugiraneza Jean Baptiste yatangarije […]

Uburengerazuba: Abaturage basabwe kuzarushaho kwicungira umutekano mu minsi mikuru

Mu nama y’umutekeno yaguye y’Intara y’Iburengerazuba yabaye kuri uyu wa 19 Ukuboza 2018, abaturage barasabwa kurushaho kwicungira umutekano batirara kugira ngo hatagira ubaca mu rihumye muri iyi minsi mikuru ya Noheli n’Ubunani. Muri iyi nama yari iyobowe na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwali Alphonse, harebewe hamwe uko umutekano wari wifashe mu mezi atatu ashize (Nzeri  — Ugushyingo […]

Umugabo wanjye namufashe yicaye mu maguru y’undi mugore, umwe akorakora undi- NKORE IKI?

Muraho bakunzi bacu, nitwa Emelyne nkaba ndi umubyeyi w’abana babiri, mfite umugabo tubana ariko namufashe ari mu ngeso mbi. Mu by’ukuri dusanzwe dufite amazu dukodesha ariko hakaba harimo umugore n’umugabo banafite abana umukuru uri  mu kigero cy’imyaka 12, aho baruhukiye bahise bajya kwa nyirakuru mu cyaro. Nyina niwe wasigaye mu rugo kuko n’ubundi umugabo we […]

Uganda: Perezida Museveni yohereje abashinzwe ibya gisirikare bashya mu Burundi na Afurika y'Epfo

Perezida Yoweri Museveni, akaba n’umugaba w’ikirenga w’igisirikare cya Uganda, yakoze impinduka mu bayobozi bakuru b’ingabo mu rwego rwo gukaza ibikorwa by’igisirikare mu karere k’Ibiyaga Bigari. Ni muri urwo rwego Maj Gen. Fred Ociti Tolit yoherejwe muri Afurika y’Epfo avuye mu Burundi nk’umujyanama mu by’umutekano muri ambasade. Uyu yabanje kuba uhagarariye igisirikare cya Uganda (Uganda’s defence […]

Reba amafoto bivugwa ko ari ay’abasirikare b’abacancuro ba Perezida Kabila

Komisiyo Ishinzwe Gutegura Amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (CENI) yatangaje ko amatora asubitswe atakibaye ku cyumweru tariki 23 Ukuboza 2018 ahubwo ko azaba kuri 30. Iri subikwa ryayo rikaba rinengwa na benshi mu gihe hari n’abasesengura ko ari agakino Leta irimo ngo iminsi ikomeze yigire inyuma abe yanasubikwa burundu. Ni muri urwo rwego […]

Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye mu buryo bukomeye ifungurwa igihe kitageze rya Col Simba Aloys wari warahamijwe ibyaha bya jenoside, iby’ibasiye inyokomuntu n’itsembatsemba n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) agakatirwa igifungo cy’imyaka 25 ariko bikaba bivugwa ko yaba yenda gufungurwa. Guverinoma y’u Rwanda ikavuga ko agomba gukora igihano cye cyose muri gereza. Nk’uko bigaragara mu itangazo […]

Rusizi: Abana batsinze neza baturuka mu miryango ikennye bahawe ibihembo- AMAFOTO

Nyuma yo gushyikiriza inzu imiryango 17 itishoboye ifite abana bafashwa n’umushinga RW 0380 ukorera mu itorero ADEPR paruwasi ya Gihundwe, mu karere ka Rusizi, uagaterwa inkunga na Compassion international, abana baturuka mu miryango nk’iyo ifashwa n’uyu mushinga batsinze neza ibizamini bisoza umwaka w’amashuri bahawe ibihembo. Ibihembo bashyikirijwe bigiz we n’ibikoresho by’ishuri,abiga mu yisumbuye muri bo […]

Uruhare rwa Major Muvunyi Tharcisse bitaga “Gafuni” mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi hagati ya 90 na 93 muri Nkumba

Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri bugaragaza ko nyuma yaho RPF-Inkotanyi itangije urugamba rwo kubohora Igihugu mu Ukwakira 1990, Abatutsi bo mu makomini atandukanye mu yahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri batotejwe bikaje, abandi bakicwa rugikubita. Ubu bushakashatsi bugaragaza ko  ubwicanyi mu buryo […]

Nyagatare: Yafashwe akekwaho gutanga ruswa

Habimana Jean de Dieu w’imyaka 38 y’amavuko yafashwe akekwaho gutanga ruswa  ku mu polisi kugirango arekure umuvandimwe we  wafashe azira gucuruza ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa zebra warage. Ku wa 20 Ukuboza  nibwo Habimana yafatiwe mu murenge wa Nyagatare mu kagari ka Barija. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Chief Inspector of Police (CIP) Theobald […]