DRC: Haravugwa urupfu rw’umujenerali w’inyeshyamba za FLN

Hari amakuru ava muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo avuga ko Gen. Gaseni wari umuyobozi w’ibikorwa bya gisirikare mu nyeshaymba za FLN yishwe kuwa 30 Ugushyingo 2019. Uyu ngo yaguye mu mirwano imaze cyumweru cyose hagati y’Ingabo za Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo (FARDC) na CNRD/FLN. Aya makuru kandi izi nyeshyamba zimaze kwamburwa ibirindiro byazo […]

AHF-Rwanda yahembye urubyiruko inaruha ubutumwa

p1650514.jpg

Umuryango AHF-Rwanda kubufatanye n’ikigo cy’umuryango w’aba Guides mu Rwanda, Tariki ya 29 Ugushyingo 2019, bakoze igitaramo cyahuje urubyiruko n’abandi bantu batandukanye mu mujyi wa Kigali, bararushanwa , abatsinze barahembwa hagamijwe gushishikariza urubyiruko gukumira ubwandu bushya bwa virusi itera sida. Muri iki gitaramo harimo amarushanwa yo kubyina aho amatsinda yahatanye mu byino zitandukanye. Iki gitaramo cyateguwe […]

Amajwi yafashwe asambana na Meya muri Pretoria yatumye umugandekazi yegura ku mirimo ye

Abagize inama njyanama muri Tswane bazanye ubutumwa bwamagana ba Meya

Susan Senkubuge wari umujyanama w’akarere ka Tswane, Pretoria muri Afurika y’Epfo yeguye ku mirimo ye kuri uyu wa 29 nyuma y’aho amajwi yafashwe asambana na Meya w’uyu mugi agiriye hanze. Amakuru dukura kuri Chimp Reports avuga ko Susan wari umaze imyaka itatu kuri iyi mirimo yasambaniye muri biro bye na Meya Stevens Mokgalapa. Ikinyamakuru Iol […]

Burundi: Abantu batamenyekanye bagabye igitero ku bapolisi bari ku burinzi

Abantu batamenyekanye bateye gerenade polisi y’u Burundi yari ku burinzi ahagana saa munani z’igicuku cy’uyu wa 1 Ukuboza 2019 mu gace ka Birongonzi mu ntara ya Rutana ariko ntiyaturika. SOS Media ivuga ko aba bapolisi barashe aba bagabye igitero bariruka, bahata gerenade (grenade) ebyiri. Aba bagabye igitero babyutse bashakishwa na polisi y’igihugu gusa nta makuru […]

Tegereza Umwuka Wera- Rev. Nibintije

ni-18.png

Si umwuka wange ahubwo ni uwawe Mwami. Abantu benshi bakoresha umwuka wabo bagerageza gutsinda abandi kugira ngo babereke ko bashoboye, bisanga bitabashobokera. Umwami yaravuze ngo azabahindura abahamya. Bisaba Umwuka Wera kugira ngo ube umuhamya ku Mwami. Yesu yabwiye abigishwa ubwo yatangiraga kubigisha ati: “ Nimunkurikire, nzabagire abarobyi b’abantu. (Matayo 4:19). Nzabagire-Mwuka Wera we azakugira inzira […]

Ubuzima bw’uducurama, inyamaswa zifite umwihariko wo kuba mu matsinda y’inyamabere n’inyoni

Uducurama dukunda kuba mu matsinda magari, ahantu nko mu buvumo

Agacurama ni yo nyamaswa rukumbi iri mu itsinda ry’inyamabere n’inyoni. Ku isi hari amoko y’uducurama turi hagati ya 800 n’1200. Ikinyamakuru CGTN cyo mu Bushinwa cyateguye icyegeranyo kivuga byinshi biranga ubuzima bw’izi nyamaswa zidasanzwe. Ku isi hari ubwoko bw’uducurama hagati ya 800 n’1200 Ushobora kubona uducurama ugatekereza ko ari ubwoko bumwe ariko si ko bimeze. […]

Rubavu: Abarokotse Jenoside bahawe inzu zitagira ibikoresho , imyaka ibaye ibiri batazi irengero

Iyo babonye umushyitsi kubona aho bicara bibabera ikibazo , kuko abenshi mu bahawe amazu bafite ubumuga bw'ingingo

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu murenge wa Rugerero, bamaze imyaka irenga ibiri baremerewe ibikoresho byo mu nzu bahawe, ariko bakavuga ko amaso yaheze mu kirere, mu gihe ubuyobozi bw’uyu murenge buvuga ko iyi nkunga koko bayemerewe ariko bakaba batarayihabwa kuko bikiri mu masoko. Imiryango 38 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kur’ubu […]

Rusizi: Uwari umuhuzabikorwa wa DASSO mu murenge yafashwe agurisha ipingu

Nsabimana Joel ( ufite ipingu mu ntoki) na Ndayisabye Damien yari agiye kurigurisha ku manyarwanda 5000

Amakuru yizewe agera kuri Bwiza.com aturuka mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi ni ay’itabwa muri yombi ry’uwahoze ari umuhuzabikorwa wa DASSO mu murenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi, nyuma yo gufatwa agurisha ipingu, we n’uwo yarigurishaga bakaba bahise batabwa muri yombi, ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Bugarama. Nk’uko aya […]

Inyeshyamba za FDLR zakuwe mu birindiro byari bikomeye zasabwe gutaha mu Rwanda

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyatangaje ko cyakuye inyeshyamba za FDLR mu birindiro byazo bikuru muri Teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo, bityo bakazisaba gutaha mu Rwanda ngo kuko n’aho zahungiye ari ku butaka bwa Congo. Umuvigizi wa FARDC muri aka karere, capitaine Dieudonné Kasereka avuga ko izi nyeshyamba zatsimbuwe mu birindiro n’ibitero […]

Minisitiri Mbabazi aragereranya ubuzima bw’umukobwa n’ururabo

Min Mbabazi aha impanuro aba bakobwa

Minisitiri w’Urubyiruko, Mbabazi Rosemary yagereranyije ubuzima bw’umukobwa n’ururabo ubwo yasabaga urubyiruko rw’abakobwa kwirinda uwo ariwe wese watuma ruteshuka ku ntego rwihaye. Ni impanuro Minisitiri Mbabazi yahaye abakobwa ba AERG baturutse muri za kaminuza n’amashuri makuru akorera mu Rwanda bari mu mwiherero w’iminsi itatu mu Ntara y’Iburasirazuba. Ufite insanganyamatsiko ‘Ubuzima bufite intego inkingi yo kwigira nyako”. […]