Ese gutera inda umukobwa bivuze kumugira umugore?
Muri iki gihe usanga mu bukwe bwinshi bwo gushyingiranwa, hagaragarama abageni b’abakobwa bakunze kuba batwite. Nyamara iyo ugenzuye, uretse kuba barakoze ikosa ryo kuryamana batarabyemererwa bikabaviramo guterana inda, hari ubwo usanga aba baba bagiye gukora ubukwe nta gahunda bigeze bagirana yo kubana. Aha rero ikibazo kibazwa na benshi ni ukwibaza niba iyo umuhungu ateye umukobwa […]
Juliana Kanyomozi yahakanye ibivugwa ko yabyaranye n’umuhungu wa Museveni

Icyamamare mu muziki wa Uganda ndetse no muri Afurika,Juliana Kanyamozi,yahakanye ibihuha byasakajwe ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko umwana aherutse kwibaruka yaba yaramubyaranye n’umuhungu wa Perezida Museveni, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba. Juliana w’imyaka 39 y’amavuko wamenyekanye cyane mu ndirimbo nka “Kibaluma”, aherutse kubyara umwana gusa nyuma yo kuva mu bitaro yabyariyemo yatangaje iyi nkuru nziza mu […]
Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abanduye 7 n’uwakize 1

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 27 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 7 banduye Covid-19 mu bipimo 2059 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 245 barimo 1 w’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 346, abantu 101 ni bo bakirwaye.
Isomwa ry’urubanza rw’abasirikare baregwa ibyaha birimo gufata abagore ku ngufu ryimuriwe kuwa Gatanu
Urukiko rwa Gisirikare rwimuriye isomwa ry’urubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ry’abasirikare baregwa ibyaha birimo gufata abagore ku ngufu,rikaba riteganyijwe kuwa 29 Gicurasi 2020. Abaregwa ni abasirikare batanu bato ari bo Pte Ndayishimiye Patrick, Pte Nishimwe Fidele, Pte Gatete François, Pte Gahirwa John, Pte Twagirimana Theoneste ndetse n’umusivili witwa Ntakaziraho Donat. Mu byaha aba baregwa birimo […]
Ubukangarumbaga bwakozwe mu bahutu mu byatije umurindi Jenoside yakorewe Abatutsi
Ku itariki nk’iyi mu myaka 26 ishize, Jenoside yakorewe Abatutsi yari yaratangiye guhagarikwa mu bice byinshi ingabo za FPR-Inkotanyi zari zaramaze gufata, gusa hari ibice yari igikorwamo ku buryo byanatumye Leta yayikoraga ikora byose kugira ngo yihutishwe. Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG, isobanura ko hagati y’itariki ya 25 n’iya 30 Gicurasi, Leta yari iyobowe […]
Kabuga yavuze ko ibyaha ashinjwa ari ‘Ibinyoma’
Umunyemari Kabuga Felicien uheruka gutabwa muri yombi ashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze ko ibyaha ashinjwa byose ari ‘ibinyoma’. Uyu mukambwe ashinjwa ibyaha birindwi byose bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ubwo Kabuga w’imyaka 84 (we avuga ko afite 87) yagezwaga imbere y’urukiko rw’i Paris kuri uyu wa gatatu, yavuze ko […]
Ibiza na Covid-19 byadindije imikoreshereze y’ingengo y’imari ya 2019/2020 mu Ntara na Kigali
Intara z’igihugu n’Umujyi wa Kigali bitangaza ko ibiza by’imvura byagiye byibasira bimwe mu bice byazo hamwe n’icyorezo cya Covid-19 byabangamiye imikoreshereze y’ingengo y’imari zari zagenewe mu mwaka wa 2019-2020 bigatuma idakoreshwa nk’uko byari byitezwe. Ibi byagaragajwe kuri uyu wa Kabiri aho abayobozi b’Intara n’Umujyi wa Kigali bamurikiraga abadepite bagize komisiyo ishinzwe ingengo y’imari n’umutungo by’igihugu […]
Burundi:Kiliziya Gatulika yemeza ko habayeho ubujura bw’amajwi mu matora
Kiliziya Gatulika ihagarariwe n’Inama nkuru y’Abepisikopi mu gihugu cy’u Burundi (CECAB) ivuga ko amatora ya Perezida aheruka yaranzwe n’inenge zirimo iyibwa ry’amajwi zituma ibyayavuyemo bidashobora kwizerwa ngo bifatwe nk’ukuri. Iyi nama ibi yabigaragaje mu itangazo yaraye isohoye ejo ku wa 26 Gicurasi 2020 aho aba bepisikopi b’i Burundi bavuga ko bohereje indorerezi 2,716 mu makomine […]
Rusizi: Haravugwa ubujura bw’amafaranga muri sitasiyo ya Lisansi ya SP
Umupompisite witwa Ntezimana Maradona ukorera Sitasiyo ya Lisansi ya SP iri mu mujyi wa Rusizi ahahoze Gare mbere y’uko hubakwa inshya, afungiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kamembe akurikiranyweho ubujura bw’amafaranga y’u Rwanda arenga 1,000,000. Nk’uko amakuru agera kuri Bwiza.com abivuga, ngo mu masaa sita y’ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa mbere tariki ya […]
Nkurunziza Jean Paul wari umuvugizi wa Rayon Sports yeguye
Kuri uyu wa gatatu Nkurunziza Jean Paul wari umuvugizi w’ikipe ya Rayon Sports, yeguye ku mirimo ye mu gihe muri iyi kipe havugwamo uruhuri rw’ibibazo. Inkuru y’ubwegure bwa Nkurunziza yemejwe n’umwe mu bayobozi ba Rayon Sports, mu kiganiro na Fun Club. Yagize ati”Ni byo Jean Paul yeguye ku mirimo ye. Yabivuze ariko ubuyobozi ntacyo bwari […]
Ibyorezo byadutse mu Isi n’uburyo byakumiriwe, Igice cya Gatatu: Third Plague
Amateka agaragaza ko igihugu cy’u Bushinwa cyagiye cyadukamo ibyorezo byinshi kandi bifite ubukana. Si icyorezo cya corona virusi gusa kiri kubangamira abatuye Isi muri iyi minsi, cyahereye muri iki gihugu kuko no mu mwaka w’1855 higeze kwaduka ikindi cyorezo cyiswe Third Plague, ari cyo cyorezo cy’ibiheri cyo mu rwego rwa gatatu. Iki cyorezo cyabanje kugaragara […]
Amerika: Umwirabura wapfuye atsikamiwe ku gakanu n’umupolisi yateje impagarara
Amagana y’Abanyamerika bigabije imihanda, bamagana urupfu rw’umugabo w’umwirabura wishwe n’umupolisi w’umuzungu amutsikamiye ku gikanu, nk’uko bigaragara mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga. Amashusho yafashwe agaragaza uwo mwirabura witwa George Floyd ataka cyane ubwo yari atsikamiwe n’uwo mupolisi, amutakambira amusaba kumuvaho kuko yavugaga ko adashobora ‘guhumeka’. Byabaye ku mugoroba wo ku wa mbere w’iki cyumweru, muri […]
Abunganira mu mategeko Kabuga Félicien barasaba ko yafungurwa by’agateganyo
Abunganira mu mategeko Kabuga Félicien ukurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 , barasaba ubutabera bw’u Bufaransa kuba bumufunguye by’agateganyo bitewe n’intege nke z’ubusaza. Hashize iminsi 8 Urukiko rusabye aba banyamategeko gutanga impamvu zumvikanisha uburenganzira bwa Kabuga nk’uregwa, nyuma yo gusaba ko yakomeza kuburanishirizwa mu Bufaransa, aho gushyikirizwa Urwego rwa IRMCT (International Residual Mechanism […]
Intambara y’agapfukamunwa irakomeje hagati ya Perezida Trump na Joe Biden
Perezida Donald Trump akomeje kutavuga rumwe n’uwahoze ari Visi Perezida Joe Biden ku bijyanye no kwambara agapfukamunwa mu ruhame aho Trump yabyise “Kwigira mwiza bya gipolitiki” naho Biden we yita Perezida Trump “Umusazi” udashaka gushyira mu bikorwa ingingo isi yose yemeranyijweho. Mu kiganiro n’itangazamakuru cyo kuwa Kabiri, Trump yasabye umunyamamuru warumubajije ikibazo kubanza gukuramo agapfukamunwa […]
RDC: Umucamanza wari uyoboye urubanza rwa Vital Kamerhe yapfuye
Me Raphaël Yanyi Ovungu wari uyoboye urubanza rw’abarimo Vital Kamerhe wahoze ari Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yapfuye mu ijoro ryo kuri uyu wa 26 rishyira uwa 27 Gicurasi 2020 muri Kinshasa. Vital Kamerhe ufungiwe muri Gereza Nkuru ya Makala muri Kinshasa kuva tariki ya 8 Mata 2020, na bagenzi […]
Kimenyi Yves yabaye umukinnyi wa kane utandukanye na Rayon Sports
Kimenyi Yves wari umaze umwaka umwe ari umuzamu wa Rayon Sports, yamaze gutandukana na yo yerekeza muri mukeba wayo, Kiyovu Sports. Kimenyi usanzwe ari n’umuzamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, yari asigaje umwaka umwe muri Rayon Sports, dore ko yari yarayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri akiyijyamo mu mpeshyi y’umwaka ushize nyuma yo kwirukanwa na APR FC. Kiyovu Sports […]
Amateka kuri Hip Hop nyarwanda n’ishwana rya Tuff Gang
Itsinda rya Tuff Gang ni itsinda ry’urubyiruko rw’Abanyarwanda rwatangiye rukora umuziki mu njyana ya Hip Hop rubasha kwigarurira imitima y’abato n’abakuru.Tuff Gang yatangiye gukora umuziki wayo mu mwaka wa 2008, abasore batanu barimo Jay Polly, Bull Dog, Fire Man, Green Person na P Fla bashyira hanze indirimbo yabo ya mbere bise “Umunsi w’Imperuka”. Tuff Gang […]
Amerika irashinja Uburusiya kugira uruhare mu makimbirane yugarije Libya
Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kirashinja Uburusiya Kohereza indenge z’intambara muri Libia ngo zitere inkunga ya gisirikare ingabo za Jeneri Khalifa Haftar, aho bivugwa ko zifite ibirindiro mu burasirazuba bwa Libya. Amerika ishinja Uburusiya ibi nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Uburusiya Sergey Lavrov kuwa Kabiri abwiye ingabo za Haftar ko Moscow yabahaye ubufasha […]