Uganda: Bane bakurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 13 bikamuviramo urupfu

Polisi yo mu karere ka Kabare mu burengerazuba bwa Uganda iri gukora iperereza ku rupfu rw’umwana w’imyaka 13 wasambanyijwe n’amabandi kuri uyu wa 25 Ukuboza 2022, bikamuviramo urupfu. Glorious Akampurira Owembabazi yapfiriye mu bitaro yoherejwemo bya Kabare ahagana saa mbili. Amakuru avuga ko yasambanyirijwe mu gace k’ubucuruzi ka Nyasharara mu mudugudu wa Kyarugondo. Umuyobozi wo […]

Dr Kimararungu wari uherutse gutangaza itariki y’ubukwe yishwe

Dr Kimararungu yari kuzakora ubukwe muri Werurwe 2023

Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa Mai Mai Bilozebishambuke bishe umuganga w’Umunyamulenge, Dr Kimararungu Merci, wari uherutse kumenyesha inshuti ze n’umuryango itariki y’ubukwe bwe. Umuryango Mahoro Peace Association uharanira uburenganzira bw’Abanyamulenge, kuri uyu wa 25 Ukuboza 2022 watangaje ko Dr Kimararungu yiciwe mu gitero Mai Mai yagabye ku bitaro bya Bijombo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. […]

Bugesera: Umuryango wari umaze imyaka 15 warabuze urubyaro wibarutse abana 4 icyarimwe

Umubyeyi witwa Marie Chantal Uwiragiye wo mu karere ka Bugesera, yibarutse abana bane icyarimwe, nyuma y’imyaka 15 we n’umugabo we barabuze urubyaro. Kuri uyu wa Mbere ni bwo uyu mubyeyi yibarukiye aba bana mu bitaro byitiriwe umwami Faisal. RBA yatangaje ko abana ba Uwiragiye wabyaye abazwe bari hagati y’ikilo kimwe ndetse n’amagarama 700. Mu myaka […]

Ingabo za Kenya zibarizwa muri EACRF ‘zashyizeho’ abayobozi muri Kibumba

Ingabo za Kenya ni zo ziri kurindira umutekano abo muri Kibumba

Ingabo za Kenya zibarizwa mu mutwe w’ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ziri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, ziravugwaho gushyiraho abayobozi muri gurupoma ya Kibumba. Izi ngabo ziri mu mutwe uzwi nka EACRF zatangaje ko kuri uyu wa 25 Ukuboza 2022 zayoboye igikorwa cyo gucyura impunzi z’Abanyekongo zari zarahunze Kibumba ubwo […]

Pas de pertes majeures aprĂšs un incendie au siĂšge de la police routiĂšre

Un incendie qui s’est dĂ©clarĂ© dimanche au siĂšge du dĂ©partement de la circulation et de la sĂ©curitĂ© routiĂšre de la police nationale rwandaise (RNP) n’a pas causĂ© de pertes majeures, a indiquĂ© la RNP . L’incendie s’est produite dans l’aprĂšs-midi. Des vidĂ©os de l’installation basĂ©e Ă  Muhima entourĂ©e de fumĂ©e ont Ă©tĂ© publiĂ©es par diverses […]

Uwasifuye umukino wa Argentine n’u Bufaransa yasubije abavuze ko yakabaye yaranze igitego cya Messi

Umunya-Pologne Szymon Marciniak yasubije abavuze ko yakabaye yaranze igitego cya gatatu Argentine yatsinze u Bufaransa ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi. Uyu mukino wasize Argentine ari yo yegukanye Igikombe cy’Isi, nyuma yo gutsinda u Bufaransa bari banganyije ibitego 3-3 kuri Penaliti 4-2. Nyuma y’umukino abafana b’ikipe y’u Bufaransa bagaragaje ko igitego cya gatatu Lionel Messi […]

Taiwan iravuga ko u Bushinwa bwinjije mu kirere cyayo indege z’intambara zisaga 70

Kuri uyu wa Mbere, Taiwan yatangaje ko u Bushinwa bwinjije indege za gisirikare 71 mu kirere cyayo cy’ubwirinzi mu masaha 24 ashize . U Bushinwa bwatangaje ko “imyitozo yabwo” n “” irondo,” birimo indege n’indege zitagira abapilote, ku Cyumweru biri mu rwego rwo guhangana n’ubushotoranyi n’ubufatanye hagati ya Amerika na Taiwan. Umuvugizi w’igisirikare cy’u Bushinwa […]

Police speak after fire broke out at its Muhima Headquarters

A fire that broke out at the headquarters of the Traffic and Road Safety department of the Rwanda National Police (RNP) on Sunday did not cause any major losses, the RNP has said. The outbreak happened during the afternoon hours. Videos of the Muhima-based facility surrounded by smoke were posted by various people on social […]

RDC: M23 iravuga ko yenda gufata Sake nyuma yo gusubiza inyuma FARDC muri Masisi

Umutwe wa M23 uravuga ko kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Ukuboza uhanganye na FARDC n’ihuriro ry’imitwe bifatanyije ya FDRL-MAIMAI-CODECO-NYATURA-ACPLS-PARRECO) muri Masisi . Ku rukuta rwe rwa Twitter, Gen. Sultan Makenga yatangaje ko bahanganye na FARDC n’iyi mitwe iyifasha muri Masisi. Yavuze ko bari gusubiza inyuma abo bahangaye babavana muri Masisi berekeza muri Sake. Le […]

Fayulu, Mukwege na Matata Ponyo barifuza ko RDC yaca burundu umubano n’u Rwanda

Abanyapolitiki Martin Fayulu na Matata Ponyo cyo kimwe na muganga Dr Denis Mukwege, bahaye Leta ya Congo Kinshasa icyifuzo cyo guca burundu umubano n’u Rwanda; nk’imwe mu nzira yo gukemura uruhuri rw’ibibazo byugarije RDC. Ni ibikubiye mu tangazo rihuriweho aba bagabo uko ari batatu basohoye kuri uyu wa Mbere tariki ya 26 Ukuboza 2022. Muri […]

Ese koko imibonano mpuzabitsina ishobora guhagarika umutima?

Tariki ya 26 Nzeri 2020, mu gace ka Kamenge gaherereye mu murenge wa Nyakabanda, akarere ka Nyarugenge, humvikanye inkuru y’umugabo “wapfiriye mu maguru y’indaya” bari bararanye. Umugore bari bararanye yabwiye inzego z’ubuyobozi, iz’umutekano n’ubugenzacyaha ko bombi bakoze igikorwa ari muzima, ariko mu masaa kumi n’ebyiri y’igitondo cy’uwo munsi, atungurwa no kubona umukiriya we yapfuye. Mu […]

Yiyita Zolo Wasite Midende, yihebeye umubare karindwi: Bimwe mu byo wamenya kuri Col. Ruhinda uyobora ba kabuhariwe ba FDLR

whatsapp-image-2022-11-16-at-20.42.45.jpg

Amakuru BWIZA yakusanyije avuga ko Col. Ruvugayimikore ProtogĂšne ayobora umutwe udasanzwe w’abarwanyi ba FDLR-FOCA uzwi nka MaccabĂ©, wahoze witwa Commando de recherche et d’action en profondeur, CRAP, akunda byimazeyo umubare karindwi. FDLR ni umutwe watangijwe na benshi mu bashinjwa ko bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Ni umutwe washyizwe ku rutonde […]

Umunyapolitiki Raila Odinga yibasiye Itorero ry’Abangilikani muri Kenya ku munsi wa Noheri

Umuyobozi w’ihuriro Azimio la Umoja, Raila Odinga, yashinje itsinda ry’abayobozi b’itorero ry’Abangilikani kuba bashishikajwe no gushimisha guverinoma ya William Ruto batitaye ku kurwanya akarengane muri sosiyete . Yicujije kuba ubuyobozi bw’iryo torero bwarinjiye cyane muri politiki, ikibazo yavuze ko cyagize uruhare mu matora yarangiye nk’uko iyi nkuru dukesha ikinyamakuru The Star ikomeza ivuga. Ku munsi […]

Ibyari ibirori by’ubukwe byavuyemo icyunamo nyuma yo kwiyahura k’umukwe

Ibirori by’ubukwe by’uwitwa Swadiku Abbas w’imyaka 50 n’umugore we mushya witwa Elieth Rwegashora w’imyaka 40 batuye ku muhanda wa Zenze muri Kiseke, Ilemela, Mwanza muri Tanzaniya, byahindutsemo icyunamo nyuma y’uko umukwe yiyahuye amasaha make mbere y’ibirori . Nk’uko itangazo rya Polisi ya Tanzaniya ryagejejwe ku itangazamakuru ku wa Gatandatu rivuga, ibi ngo byabaye ku ya […]

Igitero cya drone ya Ukraine ku birindiro biri mu majyepfo y’u Burusiya cyahitanye batatu

U Burusiya buravuga ko igitero cy’indege itagira umuderevu ya Ukraine ku birindiro by’indege y’intambara z’u Burusiya zitwara za bombe (bombers) bya Engels mu majyepfo y’u Burusiya cyahitanye abantu batatu . Biravugwa ko ubwirinzi bwo mu kirere bwarashe iyo drone ariko ibisigazwa byayo ari byo byahitanye abantu mu gitero cyo muijoro ryakeye. Ku ya 5 Ukuboza, […]

Biravugwa ko RDC yaba yahaye akazi abacanshuro barimo aba Wagner bamaze no kugera i Goma

22030y000000mezcn7754_z_1100_824_r5_q70_d.jpg

Amakuru akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga ataremezwa n’uruhande urwo ari rwo rwose bireba, aravuga ko Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yaba yahaye akazi abacanshuro b’abanyamahanga barimo Abarusiya n’abahoze mu ngabo z’u Bufaransa z’abanyamahanga ndetse bamaze kugera mu Mujyi wa Goma . Nk’uko bikomeje kugaragara kuri twitter guhera kuri iki Cyumweru, nko kuri konti […]

Icyo wamenya ku musirikare w’u Rwanda umaze iminsi agaragara mu mishyikirano ya Kibumba

Ubwo M23 yasubiraga inyuma ku mugaragaro, uyu musirikare w'u Rwanda yari ahari

Muri gurupoma ya Kibumba, teritwari ya Nyiragongo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) hamaze iminsi habera imishyikirano yahuje abahagarariye umutwe witwaje intwaro wa M23, ingabo za Leta n’izo mu mutwe woherejwe n’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba uzwi nka EACRF. Imishyikirano ya mbere yahuje izi mpande zose, hiyongereyemo n’urwego rw’akarere k’ibiyaga bigari rushinzwe umutekano wo ku […]

Israel Mbonyi yanditse amateka atarakorwa n’undi muhanzi wese mu Rwanda

Umuhanzi Israel Mbonyi uri mu bafite izina riremereye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, yanditse amateka yo kuba umuhanzi wa mbere ubashije kuzuza BK Arena. Hari mu gitaramo cyiswe ‘Icyambu Live Concert’ cyabaye ku Cyumweru cya Noheli, tariki ya 25 Ukuboza 2022 cyitabiriwe n’ababarirwa mu 10,000 BK Arena ifite ubushobozi bwo kwakira. Muri iki […]