Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu nama idasanzwe ya EAC na SADC

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi bahuriye mu nama idasanzwe ihuriweho n’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’Amajyepfo (SADC), yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatatu. Iyo nama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu n’aba za guverinoma bo mu miryango yombi, yari igamije gusuzuma aho ibintu bigeze […]

Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo abanyamakuru n’abasirikare

Urukiko rw’ibanze rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwatangiye kuburanisha abantu 28 barimo abasirikare batatu, abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) n’abasivili batatu bazwi mu itangazamakuru ry’imikino. Muri bo harimo Captain Peninah Mutoni, Captain Peninah Umurungi, CSP Sengabo Hillary, CSP Mukantabana Olive, ndetse n’abanyamakuru Ndayishimiye Reagan (Rugaju), Ishimwe Ricard na Mucyo Antha Biganiro. Bose bashinjwa ubufatanyacyaha mu […]

RDC: Uwari minisitiri w’ubutabera yasabiwe imyaka 10 y’imirimo y’agahato

Urubanza ruregwamo uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, rwakomeje mu ruhame kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 13 Kanama 2025, aho umushinjacyaha yasabiye uregwa igihano cy’imyaka 10 y’imirimo y’agahato kubera kunyereza miliyoni 19 z’amadolari ya Amerika yari agenewe kubaka gereza i Kisangani. Umushinjacyaha yasobanuye ko uregwa yakoresheje uburyo bw’amasezerano n’abikorera aho gutanga isoko rya Leta, […]

U Bushinwa bwacanye umubano na Perezida wa Czech kubera gusura Dalai Lama

U Bushinwa buravuga ko bwamaganye bikomeye imyitwarire ya Reubulika ya Czech nyuma y’uko Perezida Petr Pavel yerekeje mu Buhinde gushimira Dalai Lama ku myaka 90 amaze avutse. Beijing ivuga ko yahagaritse umubano wose na Perezida wa Czech, Petr Pavel kubera ko aherutse guhura na Dalai Lama, ibikomeza kuzambya umubano bivugwa ko utifashe neza hagati ya […]

Nyamirambo: Hatangiye urubanza ruregwamo abanyamakuru n’abasirikare

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 13 Kanama 2025, Urukiko rw’Ibanze rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo hatangiye urubanza ruregwamo abantu 28 barimo abasirikare n’abasivili bakekwaho Ubufatanyacyaha mu gutanga inyandiko utemerewe no mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe. Ibyaha baregwa bifitanye isano n’amatike y’indege yaguzwe kuri konti ya Minisiteri y’Ingabo mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Mu basivile […]

Umuvugizi wa RCS mu bari kuburana mu rubanza rurebana na APR FC

Ku wa 13 Kanama 2025, Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwatangiye kuburanisha abantu 29 barimo abofisiye b’Ingabo z’u Rwanda (RDF), abakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), ndetse n’abasivili. Bose bakurikiranyweho ibyaha bikomoka ku buryo haguzwe amatike y’indege hifashishijwe konti ya Minisiteri y’Ingabo mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ibi byaha bivugwa ko bifitanye isano n’urugendo rwa APR […]

Imbonerakure ziri muri DRC zirashinja Leta y’ ‘Uburundi kutabaha ibyo bumvikanye

Hakomeje kumvikana amakuru avuga ko hashize amezi umunani , Imbonerakure z’ishyaka riri kubutegetsi CNDD zivuga ko zidahembwa nkuko za zasezeranijwe na Leta y’u Burundi, nyuma  y’aho zagiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo gufasha FARDC kurwanya M23. Imbonerakure zivuga ko zinjijwe mu gisirikare cy’u Burundi basezeranywa amadorari 500 y’Amerika hamwe n’ubufasha bw’ibiribwa. Ikinyamakuru SOS Media […]

Brazil yiyemeje gukarishya Ingabo za FARDC mu bijyanye n’imirwanire yo mu mashyamba

Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Brazil byashyize umukono ku masezerano mashya mu by’ubwirinzi agamije kuzamura ubufatanye mu bya gisirikare no kongerera ingufu FARDC. Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Ingabo, Guy Kabombo, kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Kanama, yagiranye ibiganiro na mugenzi we Brazil, José Múcio Monteiro, mu murwa mukuru, Brasília. Ibiganiro byibanze […]

Uganda: Abakongomani bafungiwe gucuruza Zahabu z’ibicupuri

Ku wa 12 Kanama 2025, inzego z’umutekano muri Uganda, ari zo Ishami ryo Kurwanya Ruswa rya Perezidansi ku bufatanye n’Ishami rya Polisi rishinzwe Ubugenzacyaha (CID), zataye muri yombi abantu barindwi barimo Abanyekongo bane n’Abanya-Uganda batatu bakekwaho uburiganya bwo kwambura umucuruzi w’Umunyanijeriya, Mark Gbillah, amadolari ya Amerika 70,000 (asaga miliyoni 93 Frw). Aba bakekwaho icyaha bashinjwa […]

Burundi: Imbonerakure zikubutse kurwana muri Congo ziravuga ko zagambaniwe

Nyuma y’amezi umunani bagiye gufatanya na FARDC kurwanya M23 muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abasore benshi b’Imbonerakure (Urubyiruko rwa CNDD-FDD) bavuga ko batabonye ibihembo byasezeranijwe cyangwa ubufasha.  Aba banyamuryango b’urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD bavuga ko binjijwe mu gisirikare cy’u Burundi basezeranywa amadorari 500 ya Amerika hamwe no kwishingirwa ku biribwa. Umusore wahuriye […]

Gitifu w’Umurenge wa Kansi yapfuye

Nsanzimana Théogène, wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, yapfuye azize uburwayi bikekwa ko ari stroke. Urupfu rwe rwatangajwe ku wa 13 Kanama 2025. Abayobozi b’inzego z’ibanze bakoranye na we bavuze ko yari amaze igihe gito cyane yimuriwe i Kansi avuye mu Murenge wa Ndora. Amakuru avuga ko yafashwe nijoro ari wenyine […]

Mu mujyi wa Goma hagiye kubera igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 21 abanyamulenge biciwe mu nkambi ya Gatumba

Ku itariki ya 13 z’ukwezi kwa munani 2004, imyaka 21 irashize impunzi z’Abanyamulenge 166 biciwe mu nkambi ya Gatumba, hafi y’umurwa mukuru w’Uburundi, abasaga 100 na bo barakomereka bikomeye. Umutwe  w’inyeshyamba za FNL, ziyobowe na Agathon Rwasa wemeye ko ari wo wishe abo bantu bari barahunze intambara zo muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, ariko […]

Manzi Thierry na Djihad begukanye igikombe

Al Ahli Tripoli yo muri Libya, ikinamo Abanyarwanda Manzi Thierry na Bizimana Djihad, yatwaye igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere muri icyo gihugu ku nshuro ya 14. Ku wa Kabiri, bakiniye kuri Stade ya Città di mu Butaliyani, bakina umukino wa nyuma wa kamarampaka bahura na Al Hilal Benghazi. Al Ahli yasabwaga kunganya kugira ngo […]

Goma: Abantu 5 baguye mu mpanuka yatewe n’inkongi y’ umuriro

Mu gitondo cy’ejo kuwa kabiri tariki ya 12 Kanama, ahagana saa cyenda z’ijoro, habaye inkongi ikaze y’umuriro ku muhanda wa Abattoir, mu gace ka Kyeshero, rwagati mu mujyi wa Goma, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Iyi mpanuka yahitanye abantu batanu bapfuye bashye, mu gihe abandi babiri bakomeretse bikomeye, […]

RDC: USA yafatiye ibihano umutwe w’inyeshyamba na sosiyete 2 z’Abashinwa

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Kanama, Minisiteri y’imari ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ibihano ku nzego zifitanye isano n’ubugizi bwa nabi bw’imitwe yitwaje intwaro n’ubucuruzi butemewe bw’amabuye y’agaciro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ibiro bishinzwe kugenzura umutungo w’amahanga (OFAC) byibasiye umutwe wa Coalition des Patriotes Résistants Congolais-Force de Frappe (PARECO-FF), ukorera […]

Korea: Keon Hee yabaye uwahoze ari First Lady wa mbere utawe muri yombi

Uwahoze ari umudamu wa mbere (First Lady) wa Koreya y’Epfo, Kim Keon Hee, yabaye uwa mbere mu mateka y’igihugu watawe muri yombi akurikiranweho ibyaha. Mu byaha uyu mugore wa perezida uherutse kweguzwa, Yoon Suk Yeol, aregwa harimo uburiganya mu bijyanye n’isoko ry’imigabane, ruswa no gukoresha icyo ari cyo mu nyungu ze, ibirego bihanishwa igifungo cy’imyaka. […]

Kicukiro: Hatangijwe icyumweru cyahariwe serivisi z’irangamimerere

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Kanama, mu turere twose tw’Umujyi wa Kigali hatangijwe icyumweru cyahariwe irangamimerere, hanizihizwa Umunsi Nyafurika w’Irangamimerere. Iki gikorwa ku rwego rw’Akarere ka Kicukiro cyabereye mu Kagari ka Nyakabanda mu Murenge wa Niboye, aho Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere, Mutsinzi Antoine, yibukije abaturage akamaro k’Irangamimere. Yagize ati: “Uyu munsi turizihiza Umunsi Nyafurika w’Irangamimerere […]

FARDC na M23 biri guteguzanya intambara yeruye

Umutwe wa M23 n’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bakomeje gushinjanya ubushotoranyi no guteguzanya kurasana, mu gihe intambara ikomeye hagati y’impande zombi ikomeje gututumba. FARDC ku wa Kabiri tariki ya 12 Nyakanga biciye mu muvugizi wayo, Général-Major Sylvain Ekenge, yashinje ingabo za M23 kuba zikomeje kugaba ibitero ku birindiro byayo biherereye […]