U Rwanda rwavuze ku bo FARDC yerekanye ibita abasirikare ba RDF

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko abo Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyerekanye kibita abasirikare ba RDF cyafashe atari bo, igaragaza ko ibyakozwe ari ikinamico. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo FARDC yeretse itangazamakuru abantu yise abarwanyi b’abanyamahanga bafatiwe mu bikorwa bya FARDC. Mu bo yerekanye ivuga ko barimo abasirikare barindwi b’u Rwanda barimo […]
Umuvandimwe wa Baba Levo yakoze impanuka ikomeye

Umuhanzikazi wo muri Tanzania, Shilole uzwi kandi nka Zena Yusufu Mohammed, yajyanywe kwa muganga byihutirwa nyuma yo kugirana impanuka ikomeye y’imodoka mu ijoro ryo ku wa 2 Mutarama 2026. Amakuru y’iyi mpanuka yamenyekanye mu masaha ya mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, atangajwe na Baba Levo, umudepite uhagarariye Umujyi wa Kigoma ndetse akaba n’umuvandimwe wa […]
Umunyamakuru Taikun Ndahiro yarekuwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko umunyamakuru Ndahiro Emmanuel uzwi nka Taikun yamaze gufungurwa nyuma y’uko habayeho ubuhuza hagati ye n’abantu bagizweho ingaruka n’ibyaha yashinjwaga. Taikun, usanzwe ukorera Radio/TV 10, yarekuwe ku wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. Yari yatawe muri yombi ku wa 1 Mutarama 2026 akekwaho kugirana amakimbirane n’abashinzwe umutekano mu gitaramo […]
Ingabo za Amerika zafashe mpiri Perezida Nicolas Maduro

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ingabo zo mu mutwe udasanzwe z’igihugu cye zafashe mpiri Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela n’umugore we. Trump yemeje ayo makuru mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Yavuze ko Maduro yafashwe nyuma y’ibitero ingabo za Amerika zagabye muri Venezuela mu masaha yatambutse. Perezidansi ya […]
Yampano yongeye kuvugwa mu mashusho y’urukozasoni

Nyuma yo kongera kuvugwa cyane mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga kubera amashusho atari meza yagiye hanze, umuhanzi Yampano yongeye kwisanga mu rujijo nyuma y’uko hakwirakwijwe andi mashusho agaragaza ari kumwe n’undi mukobwa mu cyumba cya hoteli bombi bambaye ubusa. Aya mashusho, bivugwa ko yafatiwe muri hoteli, agaragaza Yampano ari kuganira n’umuntu utamenyekanye kuri video […]
FARDC yerekanye ‘abarwanyi b’abanyamahanga’ yafashe

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyeretse abanyamakuru abo kivuga ko ari abarwanyi b’abanyamahanga ingabo zacyo zafatiye mu bikorwa ziheruka gukora. FARDC ivuga ko ifatwa ry’abo barwanyi ari “igihamya simusiga ku ruhare rutaziguye rw’ingabo z’amahanga iruhande rw’imitwe yitwaje intwaro y’iterabwoba ikorera ku butaka bwa Congo.” FARDC ntiyigeze itangaza ibihugu abo barwanyi bakomokamo. Icyakora […]
Amerika yagabye ibitero kuri VenezuelaÂ

Mu masaha ya kare yo ku ya 3 Mutarama 2026, humvikanye iturika n’indege ziguruka hafi y’ubutaka mu bice bitandukanye bya Venezuela, harimo n’umurwa mukuru Caracas. Abayobozi b’iki gihugu batangaje ko habaye iturika hafi y’ibikorwaremezo bya gisirikare n’ibindi by’ingenzi, bitera ubwoba n’impungenge mu baturage. Nk’uko abanyamakuru ba CBS News n’abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]
U Burundi buhanze amaso avoka nk’umuti w’ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli cyabuzonze

U Burundi biciye mu ishyaka CNDD-FDD riyoboye iki gihugu, bwatangaje ko bwiteze ko ikibazo cy’ibikomoka kuri Peteroli kibwugarije kizaba cyamaze gukemuka mu myaka iri hagati y’itatu n’ine iri imbere, biciye mu kugurisha umusaruro wa avoka bwahinze. Byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, RĂ©verien Ndikuriyo, mu kiganiro yagiraniye n’abanyamakuru ku wa Gatanu tariki ya 2 Mutarama 2026. […]