GgYFMpNXQAA6NQa

U Rwanda rwavuze ku bo FARDC yerekanye ibita abasirikare ba RDF

Sangiza iyi nkuru

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko abo Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyerekanye kibita abasirikare ba RDF cyafashe atari bo, igaragaza ko ibyakozwe ari ikinamico.

Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo FARDC yeretse itangazamakuru abantu yise abarwanyi b’abanyamahanga bafatiwe mu bikorwa bya FARDC.

Mu bo yerekanye ivuga ko barimo abasirikare barindwi b’u Rwanda barimo uw’ipeti rya Major n’uw’irya Captain, ndetse n’abasivile bo mu bihugu byo mu karere.

FARDC ivuga ko ifatwa ry’abo barwanyi ari “igihamya simusiga ku ruhare rutaziguye rw’ingabo z’amahanga iruhande rw’imitwe yitwaje intwaro y’iterabwoba ikorera ku butaka bwa Congo.”

Yunzemo ko kuba barafatiwe ku butaka bwa Congo Kinshasa na none “bishimangira ko yashojwe kuri RDC atari amakimbirane yoroheje y’imbere mu gihugu”, ko ahubwo ari “igitero cyateguwe kikanashyigikirirwa hanze, hicwa mu buryo bukomeye amategeko mpuzamahanga.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko nta musirikare n’umwe w’u Rwanda wigeze ufatwa n’Ingabo za Congo Kinshasa.

Ati: “Ikinyoma cya Leta koko nta mipaka kigira i Kinshasa. Nta musirikare n’umwe wo mu ngabo z’u Rwanda (RDF) wafatiwe muri yombi muri Congo cyangwa ngo yerekwe itangazamakuru muri iki gitondo. Ibi ni ikinamico ribi cyane ku buryo n’abaryanditse ubwabo bataryemera.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe, yasobanuye ko umwe mu biswe abasirikare ba RDF weretswe itangazamakuru kuri uyu wa Gatandatu, ari uwo Kinshasa yise ‘Ndayambaje Abuba’ ku wa 16 Gashyantare 2024 uwari umuvugizi wa FARDC muri Kivu y’Amajyaruguru, Lt. Col Guillaume Ndjike yerekanye amugaragaza nk’umusirikare wa RDF ukomoka “ahantu hitwa Kayonza”.

Yavuze kandi ko Colonel Ndjike na bwo yari yaribagiwe ko uwo musore yari yarigeze kugaragazwa hagati muri Mutarama 2024, yambaye imyenda isanzwe yanduye cyane, kandi ibirenge bye bigaragara ko bitigeze na rimwe kwambara inkweto za gisirikare mu ubuzima bwe bwose.

Nduhungirehe yavuze ko Kinshasa yahimbye kiriya kinyoma mu rwego rwo gutuma abantu bibagirwa ibara riheruka gukorwa na Gen. Ekenge, gusa ayinenga ko ibyo yakoze yabikoranye ubunyamwuga buke cyane.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Hahaha, reka ntwenge kabisa, yewe Congo, inyuma y’imyaka myita amajana mubesha ko u Rwanda rwabateye, abasoda 7 gusa nibo muvuga ko mwafashe? Ubwo ntimumaramara n’ukuri? PrĂ©sident wa RDC akambara ikoti ngo agiye mu bandi bagabo? Yitwara nk’inyeshamba?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *