Kagame na Tebboune baganiriye uko bashimangira umubano mu birimo igisirikare

Perezida Paul Kagame ku wa Mbere tariki ya 9 Ukuboza yahuye na mugenzi we Abdelmadjid Tebboune wa Algeria, baganira uko barushaho gushimangira umubano w’ibihugu bayoboye. Ibiganiro by’Abakuru b’ibihugu bombi byabereye i Nouakchott muri Maurtanie, aho bitabiriye Inama Nyafurika yiga ku burezi no gushakira imirimo urubyiruko. Ni inama itangira kuri uyu wa Kabiri, ikaba yarateguwe n’Umuryango […]
Ibihano bitegereje Charles Onana wahamijwe gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwahamije Umunya-Caméroun ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, Charles Onana, ibyaha byo guhakana ndetse no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni mu mwanzuro uru rukiko rwasomye kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Ukuboza 2024. Ibyaha uyu mugabo yahamijwe bikubiye mu byo yanditse mu gitabo yasohoye muri 2019 akagiha umutwe yise […]
Nyamasheke: Sgt Minani wishe arashe abantu 5 yahawe igihano kiruta ibindi
Urukiko rwa Gisirikare kuri uyu wa Mbere rwakatiye igifungo cya burundu Sgt Minani Gérvais ndetse runategeka ko yamburwa impeta zose za gisirikare, nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo icyo kwicira abantu batanu i Nyamasheke. Uyu musirikare yari akurikiranweho ibyaha bitatu birimo kurasa atabiherewe uburenganzira n’umukuru, ubwicanyi buturutse ku bushake no kwiba, kwangiza no kuzimiza igikoresho cya […]
FDLR yandikiye Lourenço isaba imishyikirano

Umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda witabaje Perezida João Lourenço wa Angola, umusaba kuwuhuriza mu mishyikirano na Leta y’u Rwanda. Ni ubusabe uyu mutwe ugizwe n’abiganjemo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi wamuhaye biciye mu ibaruwa wamwandikiye ku wa 22 Ukwakira. Kugeza ubu ntiharamenyekana icyo Lourenço yasubije uriya mutwe. Leta y’u Rwanda icyakora ku […]
Horaţiu Potra woherereje RDC abacanshuro bo kiyifasha M23 yatawe muri yombi

Horaţiu Potra ukuriye abacanshuro b’Abanyaburayi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitabaje ngo bayifashe guhangana n’umutwe wa M23, yatawe muri yombi na Polisi ya Romania. Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 8 Ukuboza ni bwo uyu mugabo yatawe muri yombi ku busabe bw’ubushinjacyaha bwa kiriya gihugu. Amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu mugabo wahawe na Leta […]
Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda iterabwoba

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yongeye kwikoma u Rwanda arushinja kugira uruhare mu bitero by’iterabwoba avuga ko bigabwa ku gihugu cye. Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aherutse kugirana na Televiziyo ya TV5 Monde. Ni nyuma y’igihe kijya kugera ku mwaka umubano w’u Rwanda n’u Burundi warongeye kuzamba, ibyanatumye muri Mutarama uyu mwaka […]
Polisi yakebuye abakunzi ba ruhago

Polisi y’Igihugu yasabye abakunzi b’umupira w’amaguru kubahiriza amategeko n’amabwiriza byimakaza ituze n’umutekano mu gihe baje kureba umupira. Yabigarutseho nyuma y’uko hari umufana wa Rayon Sports wagaragaye mu maboko y’inzego z’umutekano ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo iyi kipe yari yahuye na mukeba wayo APR FC mu mukino wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro. Ni umukino […]
Rayon Sports na APR FC rwabuze gica

Ikipe ya Rayon Sports yaguye miswi na mukeba wayo APR FC 0-0, mu mukino wa shampiyona wari utegerejwe n’imbaga y’Abanyarwanda hafi ya bose. Murera yari yakiriye Gitinyiro kuri Stade Amahoro yari yuzuye, mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa gatatu wa shampiyona. Rayon Sports yabonye uburyo bwa mbere ku munota wa 17 w’umukino ubwo rutahizamu Fall Ngagne […]
FARDC n’abarimo FDLR bakajije ibitero kuri M23
Umutwe wa M23 ku wa Gatanu watangaje ko ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryakajije ibitero ku birindiro byawo ndetse no mu duce dutuwe n’abaturage benshi twa za Teritwari za Masisi na Lubero. Ni amakuru yemejwe n’umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka ndetse na Bénjamin Mbonimpa usanzwe ari umunyamabanga nshingwabikorwa wawo. Kuva […]
RDC yemeje ko Tshisekedi yemeye guhura na P. Kagame yari yararahiye ko bazahurira mu ijuru

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi w’iki gihugu ku wa 15 Ukuboza azahurira i Luanda na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda. Abakuru b’ibihugu byombi bazahurira mu nama y’inyabutatu batumiwemo na Perezida João Lourenço wa Angola wahawe n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe inshingano zo kuba umuhuza […]
Abaturage ba Congo nta kibazo Dufitanye na bo: Minisitiri w’Intebe Ngirente
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yatangaje ko icyambu kinini kuruta ibindi giheruka gutahwa mu karere ka Rubavu kitazigera gipfa ubusa kubera ibibazo by’umwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatanu tariki ya 6 Ukuboza ni bwo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), yatashye ku mugaragaro iki cyambu cya Nyamyumba cyitezweho […]
Impamvu 3 ziri kweguza abayobozi ku bwinshi mu mboni na Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yavuze ko hari impamvu eshatu Guverinoma ibona nk’izituma bamwe mu bayobozi bahitamo kwegura ku nshingano zabo, zirimo kubona batagishoboye guha Abanyarwanda ibyo babagomba bagahitamo kwibwiriza bakagenda. Minisitiri w’Intebe yabigarutseho mu gihe hirya no hino mu gihugu hashize igihe humvikana inkuru z’abayobozi biganjemo ab’uturere begura, abandi bakirukanwa. Nko mu kwezi gushize […]
MIPC yashyize ku isoko ry’umurimo abasaga 150, basabwa umusanzu mu gukemura ibibazo byugarije Amajyaruguru
Ishuri ry’ubumenyingiro rya Musanze, Muhabura Integrated Polytechnic College (MIPC), ryashyize ku isoko ry’umurimo abarenga 150; abarirangirijemo basabwa umusanzu mu gukemura ibibazo byugarije Intara y’Amajyaruguru. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Ukuboza ni bwo iri shuri ryahaye impamyabumenyi abanyeshuri 152 barangirije amasomo y’icyiciro cya mbere cya Kaminuza mu mashami yaryo atandukanye, mu birori byabereye ku […]
Maj Gen (Rtd) Rutatina arafunzwe
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi Maj Gen (Rtd) Richard Rutatina rwari rumaze igihe rukoraho iperereza ku byaha byo guha amabwiriza abakozi be, bagakubita uwari waraye mu nzu ye. Uwakubiswe yari yagiye gusura umukozi ukora mu rwuri (farm) rwa Rutatina ruherereye mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Murundi. Icyaha akurikiranyweho nk’uko ikinyamakuru IGIHE […]
U Rwanda rwashyizweho igitutu ngo rufungure abanyapolitiki b’ishyaka rya V. Ingabire
Umuryango urwanya akarengane(Amnesty International), wokeje igitutu Leta y’u Rwanda uyisaba “kurekura by’ako kanya” umunyamakuru ndetse n’abayoboke b’ishyaka Dalfa-Umurinzi uvuga ko bafunzwe. Abo uyu muryango usaba ko barekurwa barimo Nsengimana Théoneste wahoze akorera umuyoboro wa YouTube witwa Umubavu TV ndetse n’abayoboke umunani b’ishyaka ritemerewe gukorera mu Rwanda, Dalfa-Umurinzi rya Victoire Ingabire Umuhoza. Ku wa Kane ni […]
Umuti mushya ufasha uwunyoye kutandura SIDA ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda
Ikigo cy’Ubuzima (RBC) guhera mu mpera z’uku kwezi kizatangira gukoresha umuti mushya ufasha uwunyoye kutandura agakoko ka Virusi itera SIDA. Ni umuti witwa CAB-LA, ukaba uterwa mu rushinge. Uyu muti wakozwe n’uruganda rwo mu Bwongereza rukora imiti rwa ‘GlaxoSmithKline, uri mu bwoko bw’imiti izwi nka PrEP (Pre-Exposure Prophylaxis) mu busanzwe uba ukozwe mu binini bikoreshwa […]
Iyo hataba RDF, Bangui iba yarafashwe: Brig Gen Rwivanga

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yatangaje ko iyo hatabaho umusada wa RDF kuri ubu imitwe y’inyeshyamba ishyigikiye François Bozizé wahoze ari Perezida wa Repubulika ya Centrafrique yakabaye yarisubije ubutegetsi bw’iki gihugu. Brig Gen Rwivanga yabigarutseho mu kiganiro yahaye RBA cyibanze ku rugendo rw’imyaka 20 ishize u Rwanda rutangiye ibikorwa byo kubungabunga amahoro […]
Jacky afunzwe azira ibiterasoni

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rufunze Usanase Shalon uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka Jacky, akaba akurikiranweho ibyaha birimo gukorera ibiterasoni mu ruhame. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, yatangaje ko Jacky yatawe muri yombi ku wa Gatatu tariki ya 4 Ukuboza 2024. Dr Murangira yavuze ko uyu mukobwa akurikiranweho “gukora ibiterasoni mu ruhame, […]
Mozambique: Abigaragambya 12 barashwe mu cyico mu munsi umwe
Abanya-Mozambique 12 barashwe mu cyico abandi 34 bakometswa n’amasasu, mu myigaragambyo yabaye hagati yo ku wa Gatatu tariki ya 4 Ukuboza no kuri uyu wa Kane tariki ya 5. Ni amakuru yemejwe n’umuryango utegamiye kuri leta witwa Plataforma Decide, muri raporo wasohoye kuri uyu wa Kane. Iyi raporo ivuga ko mu bantu barashwe mu cyico […]
U Rwanda rwiteguye kuganira na Trump ku byo kwakira abimukira bo muri Amerika

Leta y’u Rwanda yemeje ko yiteguye kuganira n’abarimo Donald Trump watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kuri gahunda yo kuba rwakwakira abimukira. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yahaye ikinyamakuru The Telegraph cyo mu Bwongereza, aho ari kugirira uruzinduko rw’akazi. U Rwanda mu […]
Nduhungirehe na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza bashyigikiye Arsenal itsinda Man United
Ikipe ya Arsenal yaraye itsinze Manchester United ibitego 2-0, mu mukino wa shampiyona y’Abongereza warebwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe wari kumwe n’uw’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer. The Gunners isanzwe ari umufatanyabikorwa w’u Rwanda biciye muri gahunda ya Visit Rwanda yari yakiriye Manchester United, mu mukino w’umunsi wa 14 wa Premier league. Ibitego […]
RDC: Indwara itaramenyekana imaze guhitana abantu 79
Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko indwara itaramenyekana ariko ikaba ifite ibimenyetso nk’iby’ibicurane imaze guhitana abantu 79 muri iki gihugu. Iyi ndwara yadutse mu ntara ya Kwango iherereye mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa RDC. Minisiteri y’Ubuzima y’iki gihugu mu itangazo yanyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko iyi ndwara yatangiye […]
RIB ifunze 3 bacyekwaho kwiyandikishaho ubutaka bw’abandi bakabugurisha mu buriganya
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rweretse itangazamakuru abagabo batatu rufunze bakekwaho kuba bari bamaze igihe biyandikishagaho ubutaka bw’abandi, mbere yo kubugurisha mu buriganya. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Ukuboza ni bwo bariya bagabo beretswe itangazamakuru, bakaba bakurikiranweho ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no gukoresha inyandiko mpimbano. Barimo uwitwa Munyantore Christian “wiyitiriraga […]
Perezida Samia Suluhu yashenguwe n’impanuka ikomeye yabereye i Karagwe

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania yatangaje ko yababajwe cyane n’impanuka yabereye i Karagwe mu ntara ya Kagera, yihanganisha imiryango y’abayiguyemo. Ku wa Kabiri tariki ya 4 Ukuboza ni bwo iyi mpanuka yabaye, ubwo imodoka eshatu zagonganaga. Abantu barindwi ni bo bayitakarijemo ubuzima, na ho icyenda bayikomerekeramo. Perezida Samia Suluhu mu butumwa yanditse ku rubuga […]
Martin Fayulu yibasiye Tshisekedi wagaragaye yabaye umunyezamu

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC, yibasiye Perezida Félix Antoine Tshisekedi nyuma yo kugaragara akina mu izamu. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 3 Ukuboza ni bwo Tshisekedi yagaragaye akina mu izamu, mu mukino wa gicuti wahuje abanyapolitiki bo muri RDC n’abakanyujijeho muri ruhago y’iki gihugu. Ni umukino wabereye kuri Stade […]
APR FC ikomeje kwitegura Rayon Sports yasuwe na ba Jenerali

Ikipe ya APR FC ku wa Kabiri yasuwe mu myitozo n’abasirikare bakuru mu ngabo z’u Rwanda, bizeza abakinnyi ndetse n’abatoza ko babari inyuma mu mikino ikipe ifite muri iki cyumweru. Abasuye ikipe barangajwe imbere n’Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi wari kumwe n’Umugaba Mukuru w’Inkeragutaba Maj.Gen Alex Kagame ndetse na Chairman […]
Perezida Kagame yafashe mu mugongo Gén Doumbouya

Perezida Paul Kagame yafashe mu mugongo mugenzi we Gén Mamadi Doumbouya wa Guinée-Conakry, nyuma y’imvururu zabereye muri imwe muri Stade yo muri iki gihugu zikagwamo abarenga 50. Ku Cyumweru gishize ni bwo bariya bantu baguye mu muvundo, ubwo abafana b’amakipe abiri yari ahanganye bashyamiraniraga muri Stade ya N’Zérékoré nyuma y’icyemezo kitavugwaho rumwe cy’umusifuzi. Imibare itangwa […]
U Bubiligi bwahamijwe gukorera muri Congo ibyaha byibasiye inyoko muntu
Leta y’u Bubiligi yahamijwe gukorera ibyaha byibasiye inyoko muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo gutandukanya abana batanu na ba nyina b’abanye-Congo. Ni ibyaha u Bubiligi bwakoze mu gihe cy’ubukoloni. Urukiko rw’Ubujurire rw’u Bubiligi mu mwanzuro rwasomye ku wa Mbere tariki ya 2 Ukuboza, rwanzuye ko abana batanu bavukiye muri Congo-Mbiligi kuri ubu […]
Nyamasheke: Sgt Minani ukekwaho kurasa mu cyico abantu 5 yatangiye kuburanishwa
Urukiko rwa gisirikare kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Ukuboza, rwatangiye kuburanishiriza mu ruhame urubanza ruregwamo Sergeant Minani Gérvais wo mu ngabo z’u Rwanda ukekwaho kwica arashe abantu batanu. Umushinjacyaha mu Rukiko rwa Gisirikare yabwiye Urukiko ko Sergent Minani aregwa icyaha cy’ubwicanyi ku bushake, kwica bidategetswe n’umukuru no guhisha no kuzimiza intwaro ku bushake. […]
Ntabwo dukorera mu itangazamakuru kandi ntitunakoreshwa n’igitutu cyaryo: Meya wa Rulindo

Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, yahakanye amakuru avuga ko yategetswe kugira Ndagijimana Froduald wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mbogo umujyanama we; asobanura ko yagizwe umujyanama wa komite nyobozi y’akarere hubahirizwa ubusabe bwa Komisiyo y’Igihugu y’abakozi ba Leta yari imaze igihe isaba ko asubizwa mu kazi. Mu kwezi gushize ni bwo uyu Ndagijimana yatawe […]
RDC yareze u Rwanda na Perezida Kagame mu rundi rukiko mpuzamahanga

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yareze u Rwanda na Perezida Paul Kagame mu Rukiko Nyafurika rw’Uburenganzira bwa muntu, ibashinja gukorera ibyaha ku butaka bwayo. Biteganyijwe ko urwo rubanza ruzaba ku wa 12 Gashyantare 2025. Ni urubanza rukurikira urwabaye ku wa 26 Nzeri uyu mwaka, nyuma y’uko Congo Kinshasa ireze u Rwanda mu rukiko rw’Umuryango wa […]
Twaratinze cyane: Leta y’u Rwanda yatanze umucyo ku ku kuzamura umusanzu wa pansiyo

Leta y’u Rwanda yasobanuye ko yakabaye yarazamuye umusanzu wa pansiyo ku bakozi bayo mu myaka itanu ishize, gusa ikomwa mu nkokora n’impamvu zirimo ibyorezo bitandukanye ndetse n’izamuka ry’ibiciro ku masoko. Byagarutsweho mu kiganiro inzego zirimo RSSB, Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ndetse n’iy’Abakozi ba Leta n’Umurimo bahaye itangazamakuru ku wa Mbere tariki ya 2 Ukuboza 2024. Ni […]
Kera kabaye Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye guhurira i Luanda

Amakuru aturuka i Luanda aravuga ko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa 15 Ukuboza bazahurira muri uriya mu murwa mukuru wa Angola. Ni mu nama y’inyabutatu abakuru b’ibihugu byombi nta gihindutse bazahuriramo na Perezida João Lourenço wahawe n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe […]
SIDA iravuza ubuhuha mu ndaya zo mu Rwanda
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko ihangayikishijwe n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA bukomeje kwiyongera mu bakora umwuga w’uburaya, aho ababarirwa muri 35% babana n’ubwandu bwako. Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, icyakora avuga ko n’ubwo bimeze bityo ariko, hari intambwe yatewe kuko bavuye kuri 50% mu myaka 10 ishize. Avuga ko impamvu ari bo bagaragaraho ubwandu cyane bijyanye […]
Lubero: M23 yongeye gutana mu mitwe na FARDC
Umutwe wa M23 kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Ukuboza 2024, waramukiye mu mirwano n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Teritwari ya Lubero, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko imirwano yatangiye mu ma saa 05:00 z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere, akavuga ko […]
Perezida Kagame yasabiye ibihano ibihugu bya EAC birimo RDC n’u Burundi
Perezida Paul Kagame yagaragaje impungenge zo kuba hari bimwe mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bidatanga imisanzu; asaba ko byajya bifatirwa ibihano. Umukuru w’Igihugu yabigaragaje ku wa Gatandatu tariki ya 30 Ugushyingo, ubwo i Arusha muri Tanzania haberaga inama isanzwe ya 24 y’abakuru b’ibihugu bigize EAC. Nta mwanya munini Perezida Kagame yamaze muri […]
EAC yasabye ko ibiganiro bya Nairobi bihuzwa n’ibya Luanda

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), wasabye ko ibiganiro bya Nairobi bigamije gukemura ibibazo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifitanye n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwayo byahuzwa n’ibya Luanda bigamije gukemura ibibazo bya Politiki iki gihugu gifitanye n’u Rwanda. Ni ubusabe uyu muryango watanze ku wa Gatandatu tariki ya 30 Ugushyingo, ubwo i Arusha muri […]
Tshisekedi yakwepye inama ya EAC
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa wa Gatandatu yanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC. Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Ugushyingo ni bwo i Arusha muri Tanzania habereye inama ya 24 isanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba. Ni inama yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu barimo Samia […]
Premier league yateye utwatsi ubusabe bwa APR FC
Urwego rwa Rwanda Premier league rutegura shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, rwateye utwatsi ubusabe bw’ikipe ya APR FC yari yarusabye gusubika umukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona ifitanye na Police FC. Ku wa Gatanu tariki ya 29 Ugushyingo ni bwo APR FC yari yandikiye ubuyobozi bwa Premier league isaba ko uriya mukino usubikwa, kuko […]
Perezida Kagame ari muri Tanzania
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu yageze i Arusha muri Tanzania, aho yitabiriye inama isanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Ni inama inahurirana n’isabukuru y’imyaka 24 uyu muryango umaze ushinzwe. Perezida Paul Kagame yageze muri Tanzania ahasanga abakuru b’ibihugu barimo Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda na mugenzi we William Samoei […]
M23 yitandukanyije n’amasezerano y’u Rwanda na RDC, yiyemeza gusanga FARDC mu birindiro byayo
Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Ugushyingo, wongeye gushimangira ko utarebwa n’amasezerano y’agahenge u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byasinyanye, wiyemeza gutangira gusanga ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo mu birindiro ziturukamo ziwugabaho ibitero. Umuvugizi w’ishami rya Politiki ry’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka; yagaragaje ko icyemezo cyo kwitandukanya n’ariya masezerano […]
RDC yarunze inyeshyamba za FLN ya Rusesabagina hafi y’umupaka w’u Rwanda
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo imaze igihe yararunze inyeshyamba zo mu mutwe wa FLN hafi y’umupaka w’u Rwanda; ibyo igaragaza nk’imwe mu mpamvu zerekana ko idafite gahunda yo gukemura ikibazo cy’umutekano muke uri mu burasirazuba bwa RDC. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe yemereye RBA ko yagaragarije bagenzi […]
Nyabihu: Mpano wari umaze icyumweru kirenga yarabuze yabonetse
Polisi y’Igihugu yemeje ko umwana w’umukobwa wo mu karere ka Nyabihu witwa Mpano Becky Belle Patient wari umaze icyumweru kirenga yarabuze yamaze kuboneka. Polisi ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yagize iti: “Turabamenyesha ko Mpano Beck Belle wari umaze iminsi umuryango we waramubuze yabonetse, ubu ari mu rugo hamwe n’umuryango we.” Polisi ntiyigeze isobanura aho […]
U Burusiya bwashyikirije Ukraine imirambo y’abasirikare 502 bayo
Ukraine kuri uyu wa Gatanu yatangaje ko yashyikirijwe n’u Burusiya imirambo 502 biciwe mu ntambara ibihugu byombi bihanganyemo. Ni amakuru yemejwe n’ibiro bikuru bya Ukraine bishinzwe guhuza ibikorwa byerekeye amasezerano y’imfungwa z’intambara, muri raporo byasohoye kuri uyu wa Gatanu. Iyo raporo ivuga ko “nk’umusaruro w’ingamba zo gucyura [abasirikare], imirambo y’abasirikare 502 baguye ku rugamba yagaruye […]
Lourenço na Perezida Kagame baganiriye ku bibazo bya RDC n’u Rwanda
Perezida João Lourenço wa Angola ku wa Kane tariki ya 28 Ugushyingo yahamagaye kuri telefoni mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda, baganira ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC ndetse no ku bibazo icyo gihugu gifitanye n’u Rwanda. Nta byinshi Angola yigeze itangaza ku byo Kagame na Lourenço baganiriyeho, gusa ikiganiro cy’abakuru b’ibihugu byombi […]
Perezida Faye yasabye ingabo z’u Bufaransa kumuvira mu gihugu
Perezida Bassirou Diomadaye Faye wa Sénégal, yasabye ingabo z’u Bufaransa zimaze igihe ziba mu gihugu cye kuhava zigasubira iwabo. Perezida Faye waganiraga n’ikinyamakuru Le Monde, yavuze ko kuba ingabo z’u Bufaransa ziri muri Sénégal bidahura n’uko iki gihugu kibona ko cyakabaye cyigenga cyangwa gifite ubusugire. Muri Sénégal hari Ingabo z’Abafaransa zibarirwa muri 350. Ni ingabo […]
RSSB yakubye 2 umusanzu wa pansiyo ku bakozi ba Leta
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), cyatangaje ko guhera muri Mutarama 2025 amafaranga y’umusanzu w’Ubwiteganyirize abakozi ba Leta bajyaga bishyura azikuba kabiri. Ni mu itangazo rigenewe abanyamakuru iki kigo cyasohoye ku wa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2024. Mu busanzwe hashingiwe ku tegeko rigenga pansiyo risaba abakozi n’abakoresha gutanga umusanzu ku gipimo kingana, igipimo rusange cy’umusanzu umukozi […]
Tchad yasheshe amasezerano ya gisirikare yari ifitanye n’u Bufaransa
Igihugu cya Tchad ku wa Kane tariki ya 28 Ugushyingo cyatangaje ko cyashyize iherezo ku masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare cyari kimaze igihe gifitanye n’u Bufaransa. Tchad yemeje ayo makuru biciye mu itangazo ryasohowe na Minisiteri yayo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, nyuma y’uruzinduko rw’akazi Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa, Jean-Noël Barrot yagiriye i Ndjamena. Minisitiri w’Ububanyi […]
Amavubi yazamutseho imyanya 2 ku Isi
Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yazamutseho imyanya ibiri ku rutonde ngarukakwezi rw’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ifata umwanya wa 124. Ni nyuma yo gutsindwa na Libya ariko na yo igatsinda Super Eagles ya Nigeria, mu mikino y’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025 kizabera muri Maroc yabaye muri uku kwezi. Imikino Amavubi yakinnye yatumye […]
Putin yategetse ko za Satan 2 zitegurwa
Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yategetse ko ibisasu karahabutaka bya missile zizwi nka Satan 2 bitegurwa, kugira ngo bibe byakoreshwa mu ntambara igihugu cye gihanganyemo na Ukraine. Ibi bisasu bifite imbaraga mu buryo butigeze kubaho kandi nta n’ikoranabuhanga ririho rishobora kubihagarika. Izina ryabyo nyakuri ni “RS-28 Sarmat” kandi bifite ikoranabuhanga rifite ubushobozi bwo kujijisha radari […]
Umunyarwanda Ntoyinkima yahembwe n’umwami w’u Bwongereza
Umunyarwanda Ntoyinkima Claver uyobora ba mukerarugarugendo muri Pariki ya Nyungwe, yahawe igihembo n’ubwami bw’u Bwongereza kubera kurengera ibidukikije. Iki gihembo yagihawe n’Igikomangoma cya Wales mu Bwami bw’u Bwongereza, William wari uhagarariye Umwami Charles III, mu birori byabereye i Londres. Igihembo Ntoyinkima umaze imyaka 24 akora muri Parike ya Nyungwe yahawe cyitwa Tusk Wildlife Ranger Award. […]
Mozambique: Rwongeye kwambikana hagati y’abigaragambya n’inzego z’umutekano
Abadashyigikiye ubutegetsi bwa Mozambique ku wa Gatatu bongeye guhangana n’inzego z’umutekano zageragezaga gukumira imyigaragambyo, abantu babiri bahatakariza ubuzima. Abanya-Mozambique bidashyigikiye ubutegetsi bamaze igihe bigaragambya bamagana ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu Ukwakira. Ni nyuma y’uko Komisiyo y’amatora itangaje umunyapolitiki, Daniel Chapo wo ku ruhande rw’ishyaka Frelimo nka Perezida mushya; ibyamaganiwe kure n’umunyapolitiki Venancio Mondlane […]
Sena y’u Rwanda yemeje ishyirwaho rya Guverineri Ntibitura
Inteko Rusange y’Umutwe wa Sena y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu yemeje ishyirwaho rya Ntibitura Jean Bosco ku mwanya wa Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba. Byari nyuma yo gusesengura dosiye ye no kuyitangaho ibitekerezo mu bwumvikane busesuye. Ubwemerwe bwe bwahawe umugisha n’abasenateri 25 bose bari bagize Inteko rusange yamwemeje, nyuma yo kugezwaho Raporo ya Komisiyo ya Politiki […]
Umunya-Tanzania wari umaze amezi 3 atorewe kuyobora OMS muri Afurika yapfuye
Umunya-Tanzania, Dr Faustine Englebert Ndugulile wari umaze amezi atatu atorewe kuyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) muri Afurika, yapfuye. Urupfu rwe rwemejwe na Perezida Samia Suluhu Hassan, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Perezida Samia yavuze ko yihanganishije umuryango we n’inshuti ze kandi asaba Imana ngo “iruhutse roho ye aheza”. Itangazo ry’umukuru […]
Fayulu yazanye Perezida Kagame mu mpamvu Tshisekedi ashaka guhindura itegeko nshinga
Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitwaje Perezida Paul Kagame amugaragaza nka nyirabayazana yo kuba Perezida Félix Antoine Tshisekedi ashaka guhindura itegeko nshinga. Tshisekedi amaze iminsi yaramaramaje avuga ko azahindura itegeko nshinga rya RDC avuga ko ryateguriwe mu mahanga. Yongeye gushimangira uwo mugambi ubwo yari mu ntara ya Tanganyika, […]
U Rwanda rwashyikirije u Buhinde Salman Khan bukurikiranyeho iterabwoba
Inzego z’Ubutabera z’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Ugushyingo, zashyikirije u Buhinde Salman Khan usanzwe ari umuturage wabwo kugira ngo bumukurikiraneho ibyaha by’iterabwoba n’ibindi bifitanye isano na ryo. Igikorwa cyo gushyikiriza uyu mugabo inzego z’ubutabera bw’u Buhinde cyabereye ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali. Ku wa 9 Nzeri uyu mwaka ni bwo […]
U Rwanda rwashimangiye ko ingamba z’ubwirinzi rwafatiye RDC zikiriho
Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko ingamba zo kurinda ko hari icyaturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kikaruhungabanyiriza umutekano zigomba kugumaho, nyuma y’amagambo y’urwango aheruka gutangazwa na Minisitiri w’Ubutabera w’iki gihugu. nyuma y’uko Minisitiri w’Ubutabera w’iki gihugu atangaje ko azafunga Perezida Paul Kagame. Ku Cyumweru tariki ya 24 Ugushyingo ubwo Minisitiri Constant Mutamba yaganiraga n’imfungwa […]
Gisagara: Umubikira uyobora ikigo nderabuzima cya Save yatawe muri yombi
Umubikira uyobora Ikigo Nderabuzima cya Save giherereye mu murenge wa Save ho mu karere ka Gisagara, yatawe muri yombi azira gutwara sima muri Ambulance. Soeur Nyiraminani Bellancille yatawe muri yombi nyuma y’amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga igaragaza imbangukiragutabara bivugwa ko y’Ibitaro bya Gakoma biherereye mu karere ka Gisagara ipakirwamo imifuka ya sima. Minisitiri w’Ubuzima, Dr […]
RED-Tabara yivuganye ba Ofisiye b’Abarundi, inafata intwaro nyinshi
Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi wigambye kwica ba Ofisiye icyenda bo mu ngabo z’iki gihugu, unafata ibikoresho byinshi bya gisisirikare birimo imbunda ndetse n’amasasu. Uyu mutwe mu itangazo wahosoye ku wa Mbere tariki ya 25 Ugushyingo wavuze ko wiciye bariya basirikare mu gitero uheruka kugaba ku ngabo z’u Burundi. Ni igitero uvuga ko […]
Ababikoze bahanwe: Minisitiri Dr Nsanzimana kuri ‘ambulance’ yagaragaye ipakirwamo sima
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko abagize uruhare mu gutwara sima mu mbangukiragutabara igenewe gutwara abarwayi bamaze kubihanirwa. Minisitiri w’Ubuzima yabigarutseho nyuma y’amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga igaragaza imbangukiragutabara bivugwa ko ari iy’Ibitaro bya Gakoma biherereye mu karere ka Gisagara ipakirwamo imifuka ya sima. Ni ibintu byavugishije abatari bake ku mbuga nkoranyambaga, bibaza uko […]