RDC yijunditse ‘EU yanze gushyira igitutu ku Rwanda’

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Wagner Kayikwamba, yikomye Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi awuhora ngo kuba waranze gushyira igitutu ku Rwanda. Kayikwamba mu kiganiro aheruka guha ikinyamakuru EUObserver, yashinje EU kugira indimi ebyiri biciye muri Politike yayo y’ibihano. Yagize ati: “Urebye uburyo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wihutira gufata ibyemezo byo gushyiraho […]
Ntabwo twavuga ngo ntakundi, hari ukundi byakorwa kandi bizanakorwa: Mukazayire nyuma y’intsinzwi y’Amavubi

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko hari ibigomba gukorwa kugira ngo mu bihe biri imbere Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ izajye ibona intsinzi. Minisitiri Mukazayire yabigarutseho nyuma y’umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 Amavubi yaraye atsinzwemo na Les Guépards ya Bénin igitego 1-0. Igitego cyo ku munota wa 80 w’umukino cya rutahizamu Tosin […]
Maj. Gen. Ruvusha yasoje inshingano i Cabo Delgado

Maj Gen Emmy K. Ruvusha wari Umuyobozi w’Inzego z’umutekano z’u Rwanda mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, ku wa Gatanu tariki ya 10 Ukwakira yashyikirije ku mugaragaro inshingano z’ubuyobozi Maj Gen Vincent Gatama wamusimbuye, nyuma y’umwaka ayobora ibikorwa bigamije guhashya ibikorwa by’iterabwoba muri iyi ntara. Guhererekanya ubuyobozi byabereye ku Cyicaro gikuru cy’Inzego z’umutekano z’u […]
FARDC yasabye FDLR kwishyikiriza ubuyobozi bwa RDC cyangwa MONUSCO

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyasabye abarwanyi b’umutwe wa FDLR gushyira intwaro hasi bakishyikiriza inzego za Leta ya Congo cyangwa MONUSCO (Ubutumwa bwa Loni muri RDC), kugira ngo bacyurwe mu Rwanda. FARDC yahaye FDLR ubu busabe, nyuma y’amasezerano y’amahoro Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iy’u Rwanda zasinyanye muri Kamena uyu […]
Col. Rwagasana yagizwe Umuyobozi wungirije w’Ibiro bya Perezida

Perezida Kagame ku wa Gatanu tariki ya 10 Ukwakira, yagize Col. Regis Rwagasana Sankara Umuyobozi Wungirije w’lbiro bya Perezida wa Repubulika. Itangazo Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yasohoye mu izina rya Perezida wa Repubulika ni ryo ryemeza ibya ririya shyirwaho. Col. Rwagasana agomba kungiriza Dieudonné Gatete wagizwe Umuyobozi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu kwezi gushize. Viviane […]
U Rwanda na Iran byaganiriye uko byashimangira ubufatanye

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prudence Sebahizi, ku wa Gatatu tariki ya 8 Ukwakira yahuye na Visi-Perezida wa Iran akanaba Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ubuziranenge muri kiriya gihugu, baganira uko ibihugu byombi byafatanya. Minisitiri Sebahizi na Farzaneh Ansari, bahuriye iruhande rw’Inama y’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubuziranenge (ISO) yaberaga i Kigali. Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje […]
Salva Kiir yirukanye Umugaba Mukuru wa SSPDF, asubizaho uwo yaherukaga kwirukana

Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo, yirukanye uwari Umugaba Mukuru w’Ingabo za kiriya gihugu (SSPDF), asubizaho mugenzi we yari yirukanye mu mezi atatu ashize. Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru muri Sudani y’Epfo, ku wa Gatatu w’iki cyumweru rwatangaje ko Perezida Kiir yashyizeho Gen. Paul Nang Majok ngo asimbure Gen. Dau Aturjong ku nshingano z’Umugaba Mukuru w’Ingabo. Nta […]
Mu minsi mike cyane turajya gufata Uvira: Gen. Makenga

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, Général-Major Sultani Emmanuel Makenga, yateguje ko mu minsi mike iri imbere uriya mutwe uzigarurira Umujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Makenga yahaye ubwo butumwa abatuye mu gace ka Kamanyola muri Kivu y’Amajyepfo, abinyujije muri Guverineri w’iriya ntara, Patrick Busu Bwa Ngwi Nshombo. Uyu muyobozi […]
APR FC yahagaritse Mamadou Sy na Dauda Yussif

Ikipe ya APR FC yamaze guhagarika mu gihe kingana n’iminsi 30 umunya-Maurtania Mamadou Sy ndetse n’umunya-Ghana Yussif Dauda, kubera imyitwarire idakwiye bagaragaje ubwo iyi kipe yari mu Misiri aho yari yitabiriye umukino wa CAF Champions League yasezerewemo na Pyramids FC. Aba bakinnyi bombi bashinjwa kuba barasohotse mu mwiherero nta ruhushya bahawe, ibyatumye batanakinishwa uriya mukino […]
Inshuro byibura 4 Tshisekedi yeruye ko azatera u Rwanda, agahirika Kagame yise ‘Hitler’

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kane tariki ya 9 Ukwakira ubwo yari i Bruxelles mu Bubiligi yatangaje ko nta na rimwe yigeze agaragaza imyitwarire yo kuba yashoza intambara ku Rwanda, Uganda cyangwa se ikindi gihugu mu icyenda bituranye na Congo Kinshasa. Tshisekedi wari witabiriye inama y’abakuru b’ibihugu n’aba […]
FARDC na Wazalendo baraye barasanira mu mujyi wa Kamituga

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo basanzwe bakorana, baraye barasanira mu mujyi wa Kamituga uherereye muri Teritwari ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru aturuka muri uyu mujyi avuga ko imirwano y’impande zombi yamaze amasaha menshi. Ni imirwano bivugwa ko yubuye nyuma y’uko Wazalendo zari zimaze kurasa […]
Umugore wa Col. Besigye yannyeze Uganda kubera u Rwanda

Winnie Byanyima, umugore w’umunyapolitiki Col. Dr. Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yasabye Abanya-Uganda kwireba mu ndorerwamo nyuma y’amasezerano y’inkunga u Rwanda rwasinyanye na Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Ku wa Kane tariki ya 9 Ukwakira ni bwo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yahuye na Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ursula Von […]
Umuntu ugira ikibazo ku rusaku rw’ingoma irimo ubusa na we aba afite ikibazo: P. Kagame

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko nta muntu ukwiriye kugira ikibazo ku rusaku rw’ingoma irimo ubusa, ko ahubwo icyiza ari ukuyireka igatambuka cyangwa ukayibisa. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Ukwakira, nyuma y’amasaha make Tshisekedi amusabiye i Bruxelles mu Bubiligi “gutegeka ingabo za M23 guhagarika ubushyamirane”. Tshisekedi ubwo yagezaga ijambo ku bakuru […]
U Rwanda rwamaganye Tshisekedi washinje ibinyoma akanasebya Perezida Kagame

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yamaganye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wifashishije inama ya Global Getaway Forum mu gutangaza ibinyoma kuri Perezida Paul Kagame ndetse no kumusebya. Nduhungirehe yasubizaga ku magambo Tshisekedi yavugiye i Bruxelles mu gihugu cy’u Bubiligi, aho yasabiye Perezida Paul Kagame “gutegeka ingabo za […]
Tshisekedi yinginze Perezida Kagame ngo ategeke Ingabo za M23 kureka gukomeza intambara

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Perezida Paul Kagame “gutegeka ingabo z’umutwe wa M23 kureka gukomeza intambara” uhanganyemo n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC. Tshisekedi yabisabiye i Bruxelles mu Bubiligi, aho we na Perezida Paul Kagame bitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu yiga uko Isi yarushaho kwegerana, no gukemura ibibazo bitandukanye bishingiye […]
Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu Bubiligi

Perezida Paul Kagame ari i Bruxelles mu Bubiligi, aho yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu yiga uko Isi yarushaho kwegerana, no gukemura ibibazo bitandukanye bishingiye ku bukungu. Iyi nama yitwa Global Gateway Forum 2025 iri kuba ku nshuro ya kabiri. Kuri uyu wa Kane ubwo hatangizwaga imirimo y’iriya nama, Perezida Paul Kagame yayihuriyemo n’abarimo Perezida Félix Antoine […]
Ingabire Marie Immaculée wayoboraga Transparency International yapfuye

Ingabire Marie Immaculée wari umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango Mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane mu Rwanda (Transparency International Rwanda), yapfuye azize uburwanyi. Inkuru y’urupfu rwe yemejwe n’umuryango Transparency International, mu butumwa wanyujije ku rubuga rwawo rwa X. Wagize uti: “Tubabajwe cyane no gutangaza urupfu rw’umuyobozi mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée wapfuye mu gitondo cyo kuri […]
Perezida Kagame yaganiriye n’umujyanama mukuru wa Trump

Perezida Paul Kagame yahuye anagirana ibiganiro na Massad Boulos, umujyanama mukuru wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ibibazo bya Afurika. Perezidansi y’u Rwanda (Village Urugwiro) yatangaje ko ibiganiro byabo “byibanze ku mbaraga zikomeje gushyirwa mu guteza imbere amahoro mu karere k’ibiyaga bigari, ndetse no ku muhate u Rwanda rukomeje kugaragaza […]
RURA yahakanye ko ifite gahunda yo guhagarika za moto muri Kigali

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko nta gahunda rufite rwo guhagarika za moto mu mujyi wa Kigali, nyuma y’amasaha make umwe mu bayobozi barwo atangaje ko hari gahunda yo kugabanya biriya binyabiziga. Ku wa Gatatu tariki ya 8 Ukwakira 2025, Umuyobozi Mukuru wa RURA, Rugigana Evariste yumvikanye abwira abasenateri bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano ko […]
Ramaphosa yahaye Minisitiri w’Ingabo kuba Perezida wa Afurika y’Epfo w’inzibacyuho

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo yahaye Minisitiri w’Ingabo z’iki gihugu, Angie Motshekga kuba Perezida w’inzibacyuho wacyo. Perezidansi ya Afurika y’Epfo yatangaje ko Ramaphosa yahaye uriya mugore izo nshingano, kuko yaba we na Visi-Perezida we bagiye kumara iminsi batari mu gihugu. Gushyiraho Minisitiri w’Ingabo za Afurika y’Epfo ngo abe Perezida w’inzibacyuho birajyana n’ingingo ya 90 […]
U Rwanda rwakiriye imiryango 106 yaturutse muri RDC

U Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Ukwakira 2025, rwakiriye imiryango 106 igizwe n’abantu 382 yaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho abayigize bari bamaze imyaka myinshi baba nk’impunzi. Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper ni we wabakiriye ubwo binjiraga mu Rwanda banyuze ku mupaka minini wa La Corniche uhuza umujyi wa […]
Ethiopia irashinja Eritrea na TPLF kuba bakomeje kwitegura kuyishozaho intambara

Guverinoma ya Ethiopia yashinje Eritrea guhuza imbaraga n’umutwe wa Tigray People’s Liberation Front (TPLF) utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Minisitiri w’Intebe Dr. Abiy Ahmed, mu rwego rwo gushoza intambara kuri kiriya gihugu. Ethiopia yabitangaje biciye mu ibaruwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wayo, Gedion Timothewos yandikiye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres. Muri iyo baruwa yanditswe ku wa […]
‘Boss’ w’abacanshuro boherejwe muri RDC yasabye Papa Leo XIV inkunga

Umunyamerika Erik Prince washinze umutwe w’abacanshuro wa Blackwater, yasabye umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Leo XIV gutera inkunga y’amafaranga uriya mutwe kugira ngo ujye kurinda Abakristu bo muri Nigeria bicwa n’intagondwa z’Abayisilamu. Erik Prince ufite abarwanyi mu bihugu birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Papa iriya nkunga mu butumwa aheruka kunyuza ku […]
Bwa mbere u Burundi bwohereje amabuye y’agaciro mu mahanga

Perezidansi y’u Burundi ku wa Kabiri tariki ya 7 Ukwakira yatangaje ko iki gihugu cyohereje amabuye y’agaciro mu Bushinwa, biba ubwa mbere kiyohereje ku isoko mpuzamahanga. Amabuye y’agaciro u Burundi bwagemuye mu mahanga arimo toni 156 z’ayo mu bwoko bwa “Améthyste’ na toni 104 z’ayo mu bwoko bwa Quartz y’icyatsi. Perezida Evariste Ndayishimiye ni we […]
RIB yasobanuye byimbitse icyatumye ifunga abayobozi 14 bo muri Nyabihu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje amakuru y’uko rufunze abantu 14 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, Mugiraneza David n’abandi bafatanyacyaha barimo abakozi bashinzwe amasoko, umukozi ushinzwe ubwubatsi, umukozi ushinzwe imibereho myiza, bamwe mu bayobozi b’imirenge, bamwe mu bakuriye Ibuka mu mirenge na ba rwiyemezamirimo. Ku wa Kabiri tariki ya 7 Ukwakira, RIB yasobanuye ko bariya […]
Umugaba Mukuru w’Ingabo za SNAF ari mu ruzinduko rw’iminsi 6 mu Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Somalia (SNAF), Major General Odawa Yusuf Rage n’itsinda ry’intumwa ayoboye, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Ukwakira basuye Icyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda kiri ku Cyimihurura. Umugaba Mukuru w’Ingabo za Somalia n’intumwa ayoboye bari mu Rwanda, mu ruzinduko rw’akazi ruzamara iminsi itandatu. Ni uruzinduko rugamije gushimangira ubufatanye bwa gisirikare busanzwe […]
Umuhungu wa Tshisekedi yiciye umuntu mu kabari, bari gutuga Frw miliyoni 29 ngo abiciwe baceceke

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko umuryango wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi uri gutuga $ 20,000 (Frw miliyoni 29), kugira ngo umuryango w’umukozi wo mu kabyiniro uheruka kuraswa n’umuhungu we agapfa uceceke. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Anthony Tshisekedi usanzwe ari umuhungu wa Perezida Tshisekedi yarekuriye urufaya rw’amasasu mu […]
Bobi Wine yasabye Museveni kumushyikiriza ubutegetsi mu mahoro, na we akamuha uburinzi

Umunyapolitiki Robert Ssentamu Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, yijeje Perezida Yoweri Kaguta Museveni ko azamucungira umutekano naramuka amushyikirije ubutegetsi mu mahoro. Kyagulanyi uri mu bakandida bazahatana na Perezida Museveni mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Mutarama 2026, yabitangarije mu karere ka Mityana aho yiyamamarije ku wa Mbere tariki ya 6 Ukwakira 2025. […]
M23 yafashe Luke na Mulema

Ku wa Mbere tariki ya 6 Ukwakira 2025, uduce twa Luke na Mulema two muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru twafashwe n’inyeshyamba za AFC/M23, nyuma y’imirwano ikaze yazihuje n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC. Abaturage bo muri ruriya duce babwiye ACTUALITE.CD ko nyuma y’ifatwa rya turiya duce, ingabo zo ku ruhande rwa […]
Igihugu cya Afurika kigiye kuba icya mbere ku Isi gitunze Sukhoi-57 nyuma y’u Burusiya

Igihugu cya Algeria biravugwa ko cyamaze kugura indege 12 zo mu bwoko bwa Sukhoi-57 zisanzwe zikorwa n’igihugu cy’u Burusiya. Iby’aya makuru byagiye hanze nyuma y’inyandiko z’ibanga z’ibanga z’uruganda rwa Rostec rwa Leta y’u Burusiya zashyizwe ku karubanda by’impanuka. Izo nyandiko zirimo ubutumwa bw’imbere muri ruriya ruganda, presentation za Power Point, amakuru arebana n’ibikoresho byiganjemo ibya […]
Nyabihu: Gitifu w’akarere na Perezida wa IBUKA barafunzwe

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyabihu, Mugiraneza David na Ishimwe Samuel uyobora umuryango IBUKA muri aka karere, bari mu bakozi ba kariya karere bafunzwe bakurikiranweho kunyereza amafaranga yari agenewe kubaka inzu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Abandi batawe muri yombi ni umukozi w’akarere ushinzwe ibikoresho (Logistique), Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza, ushinzwe inyubako mu ishami ry’ubutaka, […]
CENCO yamaganye igihano cy’urupfu cyahawe Joseph Kabila

Inama y’abepisikopi gatolika muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (CENCO), yamaganye igihano cy’urupfu Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ruheruka gukatira Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa kiriya gihugu. Ku wa Kabiri w’icyumweru gishize ni bwo Kabila wayoboye RDC hagati ya 2001 na 2019 yakatiwe urwo gupfa, nyuma yo guhamywa ibyaha birimo kugambanira igihugu, ibyaha by’intambara […]
Karongi: Abasore 3 bishwe n’ibuye

Abasore batatu bo mu murenge wa Nyange w’akarere ka Ngororero, bagwiriwe n’ibuye rinini ryari hejuru yabo barapfa ubwo barimo bapakira amabuye mu modoka, mu kirombe kiri mu kagari ka Kamina ho mu murenge wa Murundi mu karere ka Karongi. Abapfuye ni Munyetora Viateur w’imyaka 22, Murara Mathieu wa 23 na Niyigena Robert wa 26; mu […]
Perezida Kagame yakiriye indahiro ya ba Minisitiri Marizamunda na Uwimana Consolée

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere tariki ya 6 Ukwakira yakiriye indahiro y’abayobozi barimo Minisitiri w’Ingabo, Juvénal Marizamunda n’uw’Iterambere n’Uburinganire bw’Umuryango, Uwimana Consolée. Marizamunda na Uwimana bakabaye bararahiranye n’abandi bagize Guverinoma iyobowe na Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva Justin, gusa ku wa 25 Nyakanga ubwo bagenzi babo barahiraga bombi bari mu butumwa hanze y’igihugu. Undi […]
Tugiye guhirika Tshisekedi ku butegetsi: Gen. Makenga abwira abasirikare hafi 10,000 bashya ba M23

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, Gen. Sultani Makenga, yarahiriye guhirika “ubutegetsi bwa bwamunzwe na ruswa” bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Makenga yabitangaje ku wa Gatatu tariki ya 1 Ukwakira, ubwo yasozaga imyitozo y’abasirikare bashya 9,350 M23 iheruka kunguka. Ni mu muhango wabereye mu gace ka Tchanzu, mu ntara […]
Rabin byavugwaga ko yaba yarishwe yaba ari mu maboko y’ubutasi bwa gisirikare bw’u Burundi

Umurundi Dieudonné Niyukuri ‘Rabin’ wahoze aba mu Rwanda, biravugwa ko yaba ari mu maboko y’urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare mu Burundi. Mu minsi 36 ishize ni bwo Niyukuri wamenyekanye cyane mu biganiro byatambukaga ku miyoboro wa YouTube na bagenzi be Éloi Nkurunziza, Venant Ndikumana, Bonaventure Nkuriyingoma, na Fabrice Ribwirumutima batawe muri yombi. Mu gihe mu […]
Tshisekedi ni we wategetse intumwa za RDC kudasinyana amasezerano y’ubukungu n’u Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari we watumye igihugu cye n’u Rwanda bidasinyana amasezerano yerekeye gahunda ihuriweho yo guteza imbere ubukungu mu karere (REIF). Muri iki cyumweru ni bwo ariya masezerano yagombaga gusinywa, gusa birangira Kinshasa yanze kuyasinya ku munota wa nyuma. […]
Umuhungu wa Tshisekedi biravugwa ko yarasiye abantu mu kabyiniro

Umuhungu wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Anthony Tshisekedi, biravugwa ko yashwaniye muri kamwe mu tubyiniro two mu mujyi wa Kinshasa akarasa abantu. Amakuru avuga ko byabaye mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Ukwakira, mu kabyiniro kitwa Nuovo gaherereye muri Komine Gombe i Kinshasa. Amashusho yakwirakwijwe […]
Cibitoke: Imiryango ibarirwa mu 100 yasenyewe izira M23

Abagize imiryango ibarirwa mu ijana y’abahinzi b’Abarundi yabaga muri Komine Cibitoke mu Burundi, birukanwe mu byabo baranasenyerwa bashinjwa ko baba bafitanye umubano n’umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Amakuru avuga ko bariya bantu batangiye gusenyerwa mu mpera z’ukwezi gushize kwa Nzeri, bikozwe n’Imbonerakure. SOS Médias Burundi dukesha iyi nkuru ivuga […]
Uburyo wakoresha ugahitamo igitsina cy’umwana wifuza kubyara

Ikibazo ‘ese birashoboka guhitamo igitsina cy’umwana nifuza kubyara’ kiri mu byibazwa na benshi, ariko igisubizo ni uko guhitamo igitsina cy’umwana uzabyara ari ibintu bishoboka cyane. Hari uburyo bwitabazwa mu mavuriro akora ibijyanye n’uburumbuke, gusa n’ubwo bwizewe neza 100% ariko burahenze cyane, ibivuze ko butari ubwa buri wese. Inkuru nziza ni uko hari uburyo busanzwe ushobora […]
Ku munota wa nyuma RDC yanze gusinyana n’u Rwanda amasezerano mu by’ubukungu

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanze gusinya ku munota wa nyuma amasezerano yerekeye gahunda ihuriweho yo guteza imbere ubukungu mu karere (REIF) yagombaga gusinyana n’u Rwanda. Muri iki cyumweru ni bwo ibihugu byombi byagombaga gusinyana ariya masezerano akubiyemo ibijyanye n’urujya n’uruza rw’amabuye y’agaciro, gusangizanya ubunararibonye mu gucunga za Parike z’Ibihugu, ibikorwa remezo nk’amashanyarazi n’ibindi. Ni […]
Perezida Kagame yazamuye mu ntera ba Sous-Lieutenant barenga 600

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare 632 bari bafite ipeti rya Sous-Lieutenant abagira ba Lieutenant. Amakuru y’uku kuzamurwa mu ntera yemejwe n’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda, mu itangazo bwasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 4 Ukwakira 2025. Ingingo ya gatandatu y’Iteka rya Perezida wa Repubulika rishyiraho Sitati yihariye […]
Zelenskyy yatumiye Tshisekedi muri Ukraine

Perezida Volodymir Zelenskyy wa Ukraine, yatumiye mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo azasure igihugu cye. Ni ubutumire yamuhaye ubwo bombi bagiranaga ikiganiro cyo kuri telefoni, ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025. Zelenskyy abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko yashimiye Tshisekedi ku kuba igihugu cye cyarifatanyije […]
Arsenal mu nzira zo kongera amasezerano ya Visit Rwanda

Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza biravugwa ko iri mu nzira zo kongera amasezerano y’ubufatanye ifitanye n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iterambere (RDB) yo kumenyekanisha u Rwanda biciye muri gahunda ya Visit Rwanda. Amakuru avuga ko iyi kipe y’i Londres ikorana n’u Rwanda kuva muri 2018 iri mu biganiro bigamije kwagura ubufatanye ifitanye n’u Rwanda. Amasezerano ya […]
Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare barenga 1,000

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira 2025 yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare 1,029 basoje amasomo yo ku rwego rwa ba Ofisiye. Ni umuhango wabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’i Gako mu karere ka Bugesera. Aba basirikare barimo 42 bize hanze y’u Rwanda n’abakobwa […]
APR FC yagiye muri Egiputa ihawe umukoro gukuba 2 imbaraga yakoresheje kuri Pyramids

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Ukwakira, ikipe ya APR FC yahagurutse i Kigali yerekeza i Cairo mu Misiri, aho yitabiriye umukino wo kwishyura mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions league izakirwamo na Pyramids FC. Ni umukino uteganyijwe ku Cyumweru tariki ya 5 Ukwakira 2025, saa 19:00 z’i Kigali. APR FC […]
Igisirikare cy’u Burundi cyashinje AFC/M23 kukibeshyera

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB), cyashinje umutwe wa AFC/M23 kuba ukomeje kukibeshyera ku bitero byo mu kirere ukomeje kugaragaza ko bituruka mu mujyi wa Bujumbura bikibasira abaturage bo mu duce two mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ugenzura. Kuva mu kwezi gushize kwa Nzeri AFC/M23 yakunze kugaragariza amahanga ko hari ibitero bya drones bituruka […]
Uko Gen. Byamungu na Lt. Col Willy Ngoma muri ba Ofisiye ba M23 bigeze kumara iminsi barafunzwe na Gen Makenga

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, Général-Major Sultani Makenga, amaze iminsi afunga bamwe mu basirikare bakuru ayoboye kubera ibyaha bitandukanye bagiye bakorera mu duce uriya mutwe ugenzura. Ni ibyaha byiganjemo gusahura ndetse no gukora ubucuruzi butemewe bwiganjemo ubw’amabuye y’agaciro. Abahanwe bagahabwa igifungo cy’igihe gito barimo abasirikare basanzwe bazwi muri M23, ndetse n’umuvandimwe wa Makenga. Africa […]
Inzozi Lotto nticyemerewe gukoresha Tombola y’Igihugu

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iterambere (RDB) rubinyujije muri Komisiyo Ishinzwe Tombola y’Igihugu n’Imikino y’Amahirwe (NLGC), rwahagaritse uruhushya rwari rwarahaye Inzozi Lotto (Carousel Ltd) rwo gukoresha Tombola y’Igihugu, kubera kutubahiriza inshingano zikubiye mu masezerano hamwe n’amategeko n’amabwiriza agenga imikino y’amahirwe. RDB mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Ukwakira, yavuze ko “guhera ubu, Inzozi […]
Abayobozi ba RDF na UPDF basoje inama ya 6 yabahuzaga

Abayobozi bo mu ngabo z’u Rwanda (RDF) n’ab’iza Uganda (UPDF) bakorera hafi y’umupaka uhuza ibihugu byombi, kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Ukwakira basoje inama bari bamaze iminsi itatu bahuriramo. Iyi nama yahuzaga abayobozi ba Diviziyo ya 2 ya UPDF hamwe na Diviziyo ya 5 ku ruhande rwa RDF, ikaba yarabereye i Kabare ndetse […]
Nta munyamahanga ufite viza yahawe na Leta ya RDC ucyemerewe gukandagira mu matware ya M23

Umutwe wa AFC/M23 wafashe icyemezo cy’uko nta munyamahanga utunze viza yatanzwe na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uzongera kwemererwa kwinjira mu duce ugenzura. Ni icyemezo ubuyobozi bw’uyu mutwe bwafashe, nyuma y’uko Kinshasa na yo yafashe icy’uko nta muntu uturutse mu duce tugenzurwa na AFC/M23 wemerewe gukandagira mu duce leta igenzura. Umunyamakuru Stanis Bujakera […]
Rutshuru: Drones na Sukhoi-25 bya FARDC byasenyeye abaturage

Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryaraye rigabye ibitero mu duce dutuwe two muri Teritwari za Rutshuru na Lubero rikoresheje indege na za drones z’intambara. Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko biriya bitero by’ubugizi bwa nabi byaturukaga mu mijyi ya Bujumbura mu Burundi na Uvira muri Kivu y’Amajyepfo. Kanyuka […]
Tshisekedi yahaye ishimwe umupolisi w’Umubiligi ku bwo gufasha abanye-Congo kwigaragambya

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yambitse umudali w’ishimwe umupolisi w’Umubiligi uri mu kiruhuko cy’izabukuru ku bwo gufasha abanye-Congo baba mu Bubiligi kwigaragambya. Inspector of Police Patrick Boenders, yambitswe uriya mudali witiriwe intwari Kabila na Lumumba ku wa Gatatu tariki ya 1 Ukwakira, mu muhango wabereye ku cyicaro cya Ambasade […]
Rwiyemezamirimo w’Umunyarwanda yaguye mu maboko y’ubutasi bwa RDC

Umunyarwanda Rutayisire Vianney wari usanzwe ari rwiyemezamirimo, biravugwa yapfiriye mu maboko y’Urwego Rushinzwe Ubutasi bwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DEMIAP). Mu Ugushyingo 2022 ni bwo Rutayisire yari yatawe muri yombi n’inzego z’ubutasi za RDC zimujyana i Kinshasa zimushinja gukorana n’umutwe wa M23 wari umaze umwaka urwana n’ingabo za Leta ya RDC (FARDC). […]
Hafashwe ibitenge bifite agaciro ka Frw miliyoni 18 byinjizwaga mu Rwanda mu buryo bwa magendu

Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), ku wa Kabiri tariki 30 Nzeri cyafashe ibitenge 1,200 bifite agaciro ka Frw miliyoni 18 byinjizwaga mu Rwanda binyujijwe mu nzira zitemewe. Ibyo bitenge byari byahishwe mu ikamyo ipakiye isima yari iturutse mu Karere ka Rusizi yerekeza mu Mujyi wa Kigali. RRA yaburiye abakomeza kwishora mu bikorwa bya magendu, kuko […]
Icyo AFC/M23 ivuga ku gihano cy’urupfu cyahawe Kabila wiswe umuyobozi wayo

Umutwe wa AFC/M23 wagaragaje ko igihano cy’urupfu cyahawe Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo kwitirirwa kuba umuyobozi wawo, kigize kwica amahame y’ibanze aganisha ku guhagarika intambara wasinyanye na Leta ya RDC. Ku wa Mbere tariki ya 30 Nzeri ni bwo Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri RDC rwakatiye […]
FARDC yatangije ibitero byo kwisubiza Nzibira

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’abarwanyi b’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, batangije ibitero byiswe ibyo kwisubiza umujyi muto wa Nzibira wigaruriwe na AFC/M23. Iri huriro ryatangije ibi bitero ku wa Mbere tariki ya 30 Nzeri, nyuma y’icyumweru kimwe AFC/M23 yigaruriye uriya mujyi uherereye muri Teritwari ya Walungu ho mu […]
Amerika yakiriye ibiganiro bya nyuma by’u Rwanda na RDC

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zakiriye icyiciro cya nyuma cy’ibiganiro byahuzaga intumwa z’u Rwanda n’iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zaganiraga kuri gahunda ihuriweho igamije guteza imbere ubukungu bw’akarere ibihugu byombi bihuriyemo (REIF). Ni ibiganiro byayobowe n’Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ushinzwe ibibazo bya Afurika, Massad Boulos. Uyu mugabo abinyujije ku rubuga […]
Joseph Kabila yakatiwe urwo gupfa

Urukiko Ruguru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida w’iki gihugu urwo gupfa nyuma yo kumuhamya ibyaha bitandukanye yaregwaga. Kabila wayoboye RDC hagati ya 2001 na 2019, yaregwaga ibyaha birimo kugambanira igihugu, kujya mu mutwe ugambiriye gukuraho ubutegetsi ndetse n’ibyaha by’intambara. Ni ibyaha yashinjwe muri Kamena uyu […]
One year after her kidnapping, Gisele Nebale demands that Muyaya joins his accomplices in prison

One year ago today, on the afternoon of September 30, 2024, businesswoman Gisèle Busima walked into her office in Gombe, the high-end district of Kinshasa. She did not walk out freely. According to her official complaint filed in both Belgium and the United States earlier this year, Busima was forcibly taken from her office by […]