Rusizi: Umukecuru wasenyewe hubakwa umuyoboro w’amazi arasaba kurenganurwa

Mwamvuwa SĂ©raphine w’imyaka 68 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Muramba,akagari ka Kamanyenga,umurenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi avuga ko amaze imyaka irenga 3 yarangirijwe inzu n’ikorwa ry’umuyoboro w’amazi waciye imbere y’umuryango w’inzu ye bakahabomora yababujije bamwizeza kuzongera bakahubaka neza,ariko ngo yasiragiye ku karere ashaka ko hongera kubakwa yabuze umurenganura. Aganira na Bwiza.com,uyu mukecuru warokotse […]

Intambara ikomeje gututumba hagati ya Amerika na Irani

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zohereje mu karere k’uburasirazuba bwo hagati ubwirinzi bwa misile buzwi nka Patriot, mu gihe ubushyamirane bukomeje gukaza umurego hagati y’Amerika na Irani. Ubwato bw’intambara bw’Amerika buzwi ku izina rya USS Arlington, butwaye imodoka n’indege by’intambara, na bwo byitezwe ko bwerekeza ku bwato bugwaho indege bw’igisirikare cy’Amerika bwa USS Abraham Lincoln buri […]

Nyagatare: Croix Rouge yashimiwe kugoboka Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya

Ku wa Gatanu tariki ya 10 Gicurasi 2019, mu murenge wa Karangazi, Akarere ka Nyagatare, habereye ibirori  byo kwizihiza imyaka 156 umuryango utabara imbabare (Croix Rouge) umaze ushinzwe. Mu butumwa bwatanzwe n’umuyobozi w’akarere ka Nyagatare wungirije  ushinzwe ubukungu n’iterambere, yawushimiye uburyo wagobotse abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya ikabafasha guhindura imibereho yabo. Mbere yo kwizihiza ibyo birori […]

Bamporiki yashimye uwafashije Nsengiyumva waririmbye ngo ‘umukobwa ni igisupusupu, ni igisukari’

Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu, Bamporiki Edouard, yashimiye umuhanzi Alain Mukurarinda ku bw’igikorwa yakoze cyo gufasha umuhanzi Nsengiyumva Francois umenyekanye vuba kubera indirimbo ye ‘Mariya Jeanne’. Bamporiki  abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, yavuze ko kuba Alain Muku yarafashije Nsengiyumva, ubu akaba arebwa na za Miliyoni z’abafana, ari ikintu cyo kubera abandi urugero. Yagize ati “Ndagushimiye cyane […]

Abikorera n’ibitaro bya Ruli basuye urwibutso rwa Ntarama- AMAFOTO

Abikorera n’ibitaro bya Ruli byo mu Karere ka Gankenke, basuye urwibutso rwa jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera, basobanurirwa amateka yarwo n’uburyo Abatutsi ibihumbi bahakorewe ubwicanyi ndengakamere. Ni itsinda ryari rigizwe n’abantu basaga ijana baturutse mu Murenge wa Ruli, ku wa Gatanu tariki ya 10 Gicurasi 2019, ubwo bageraga ku rwibutso rwa […]

Burundi: Abashinjwa kugaba ibitero ku nkambi za gisirikare bagejejwe mu rukiko nyuma y’imyaka 4

Mu kwezi ku Ukuboza 2015, nibwo hagabwe ibitero ku nkambi za gisirikare mu Burundi, abashinjwa iki gikorwa bakaba bagejejwe imbere y’urukiko nyuma y’imyaka ine ishize batarahabwa ubutabera. Aba bantu biganjemo urubyiruko basanzwe bafungiye muri gereza ya Muramvya, bakaba bashinjwa kuba baragabye ibitero ku nkambi za gisirikare mu kwezi k’Ukuboza 2015. Itsinda rya mbere ryumviswe mu […]

Iyo Museveni avuka muri ibi bihe, aba aragira inka- Besigye

Umwe mu batavuga rumwe n’Ubutegetsi bwa Perezida Museveni muri Uganda, Dr. Rtd Col. Kizza Besigye avuga ko Museveni atari kubasha kujya ku ishuri iyo akurira mu buzima nk’ubwo Abanyayuganda babayemo. Besigye ubwo yaganiraga n’abaturage b’icyaro cya Kashwina mu Karere ka Isingiro yavuze ko Leta ya Museveni yananiwe gushyira imbaraga mu kuzamura imibereho y’abaturage. Besigye avuga […]

RDC: Muanda Nsemi wari waratorokanye n'imfungwa zirenga 4000 yafashwe

Umuyobozi w’umutwe wa politiki ushingiye ku idini, uharanira ukwitandukanya kw’Amajyepfo ashyira Uburengerazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatawe muri yombi nyuma y’iminsi ibiri amaze kwongera kwigaragaza. Yari yaratorokanye n’izindi mpfungwa mu myaka ibiri ishize. Ifatwa rye ryatangajwe na polisI kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Gicurasi 2019. Ne Muanda Nsemi, umuyobozi wa muvoma […]

Gen. Nyamvumba yakiriwe na Tshisekedi mu ruzinduko yagiriye muri RDC.

Ku wa gatanu, tariki ya 10 Gicurasi, Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba yakiriwe n’umukuru wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, amushimira ubufatanye gahati y’ibisirikare by’ibi bihugu. Gen. Nyamvumba wari uherekejwe na mugenzi we muri iki gihugu cy’abaturanyi, yagize ati: “Twaje hano gushimira umukuru w’igihugu imbaraga yashyize mu gisirikare cy’iki gihugu, FARDC n’imikoranire hagati […]

Inshingano z’ Abamama zibahesha kubahwa no gushimirwa

Iri ni Ijambo ry’Imana mugezwaho n’Umukozi w’Imana, Rev./Ev. Eustache Nibintije, Umunyeshuri wa Patriots Bible University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “Nibintije Evangelical Ministries” yigisha ijambo ry’Imana nkuko Imana yamuhaye uyu muhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugira ngo agirire abantu benshi umumaro.Imigani 31:11; 28 “ Umutima w’ umugabo we […]

OMS ivuga ko Ebola ishobora kwibasira u Rwanda na Uganda mu gihe ubutabazi bwakomeza gukomwa mu nkokora

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ritangaza ko ibikorwa by’ubutabazi ku banduye icyorezo cya Ebola bikomeje gukomwa mu nkokora n’ibitero by’inyeshyamba. Ivuga ko bizagorana kuyirandura burundu ko ahubwo ishobora no kugera mu Rwanda, Uganda na Sudani y’Amajyepfo. OMS ivuga ko mu ntara ebyiri ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  hari ibitero […]

Uganda: Urukiko rwahagaritse ibirego bya Bobi Wine kuri polisi

Ku wa 10 Gicurasi, urukiko rukuru rwa Kampala rwahagaritse ibirego bya Robert Kyagulanyi(Bobi Wine), washinjaga igipolisi kumuhagarikira ibitaramo bye by’umuziki. Ni ikirego cyasabaga urukiko gutegeka igipolisi kureka kwivanga mu bitaramo by’uyu muhanzi, akaba n’umudepite uhagarariye agace ka Kyadondo. Uru rukiko ruyobowe n’umucamanza, Henrietta Woloyo, ruvuga ko Bobi Wine atigeze agaragaza ibimenyetso byerekana ko guhagarika ibitaramo […]