Bukavu: Abanyeshuri bo muri kaminuza eshatu bigaragambirije ibura ry’umuriro

Uyu munsi, tariki ya 16 Gicurasi, abanyeshuri bo muri kaminuza eshatu mu mugi wa Bukavu muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, bigaragambije nyuma y’igihe kinini bamaze nta muriro w’amashanyarazi. Izo kaminuza ni UniveristĂ© Officiel de Bukavu (UOB), Institut SupĂ©rieur des Techniques MĂ©dicales (ISTM) na Institut SupĂ©rieur de Development Rural (ISDR). Aba banyeshuri bafunze umuhanda wa […]

Igitekerezo : Perezida Paul Kagame muri twegerane

byukanye akanyamuneza, ibyishimo n’isheja, mwenyura nseka kubera uburyo mutangiye kwibaza uko perezida Paul Kagame yagendera muri twegerane kandi afite uburyo bugenwa n’itegeko uko arindwa, ibimugenerwa kubera umutekano we, birimo imodoka nziza zirimo n’imitamenwa kuburyo utapfa kumuhangara. Ndabizi amatsiko yabishe kuko hari abatangiye gukeka ko aherutse kureka iyo mitamenwa y’ibimodoka binabereye ijisho aho anyuze hose bigendana […]

Mu gihe CNDD-FDD izaba ikiyoboye u Burundi nta ntambara izongera kuhaba- Ndayishimiye Evariste

Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, Ndayishimiye Evariste avuga ko igihe cy’amatora atari icy’intambara, ahubwo ko ari igihe cyiza ku baturage cyo kwihitiramo abayobozi beza babona hari icyo bazabagezaho. Evariste yatangarije ibi kuri radiyo y’igihugu ubwo yagiraga byinshi avuga ku igeragezwa rya kudeta ryabayeho ku wa 13 Gicurasi 2015, bikaza kurangira umugambi […]

Museveni aremeza ko ubucuruzi n’u Rwanda butahagarara nubwo bwakorwa magendu

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yatangaje ko ifungwa ry’umupaka uyihuza n’u Rwanda ritazadindiza akarere, aho yemeje ko nubwo ufunze ubucuruzi buzakomeza nubwo buzakorwa magendu. “Ntushobora guhagarika ubucuruzi binyuze mu miyoborere y’umupaka. Abaturage bahitamo magendu. Abandi bahisemo kohereza ibicuruzwa byinshi muri Sudani y’Epfo, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Kenya, Tanzania n’ahandi.” Ibi ni ibyatangajwe na Museveni […]

Abaminisitiri ntibemera ko Mitterrand yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abari abaminisitiri 23 muri guverinoma y’Ubufaransa, baranenga Raphaà«l Glucksmann wavuze ko Franà§ois Mitterrand yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nk’uko BBC yabitangaje kuri uyu wa 16 Gucurasi, ibi babigaragarije mu nyandiko irimo imikono y’aba baminisitiri uko ari 23 barimo Jack Lang, Michel Charasse, Hubert VĂ©drine, Bernard Cazeneuve, Elisabeth Guigou, Edith Cresson, Roland Dumas […]

Ni gute wahangana n’ibibazo urimo-Igice cya 2 — Rev./ Ev. Eustache Nibintije

Umukozi w’Imana Rev. / Ev. Eustache Nibintije, umunyeshuri wa Patriots Bible University yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, abinyujije muri Minisiteri ye y’ivugabutumwa yise “ Nibintije Evangelical Ministries” asigaye adufasha mu kugabura ijambo ry’Imana nkuko yamuhaye umuhamagaro ikamwuzuza ubwenge bwo kugira ngo agirire abantu benshi umumaro mu gihe gisa n’iki. Uyu munsi yaduteguriye inyigisho yahaye […]

RDC: Abanyamulenge bari bazengerejwe n’inyeshyamba ubu barinzwe n’igisirikare cya FARDC

Ku wa Gatatu tariki ya 15 Gicurasi 2019, nibwo uhagarariye ingabo mu gace k’imisozi miremire ka Minembwe, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yabatangarije ko ubuyobozi bukuru bw’ingabo za Congo (FARDC) bwabemereye kurasa ku nyeshyamba za Mai Mai zari zimaze iminsi zibagabaho ibitero. Uhagarariye ingabo muri aka gace, Gen Simon yatanze ihumure ku Banyamulenge nyuma […]

Umusore ankutirijeho ansaba ko twazakorana ubukwe yarabanje kuntera inda, ubu mbyemere?

Nitwa Jeanne iwacu ni mu Ntara y’Iburasirazuba nkaba mfite imyaka 26, nize amashuri yisumbuye ndayarangiza ubu nkaba mfite n’akazi kampemba amafaranga aciriritse. Ndi umukobwa ubu uri mu rukundo ariko runarimo ikigeragezo. Mfite umukunzi w’umusore rwose dufitanye gahunda ikaze irimo no gukorana ubukwe mu mpera z’uyu mwaka, imyiteguro tuyirimo, kujya mu murenge ni mu kwezi kwa […]

Perezida Trump yagaragaje ubwoba afitiye Ubushinwa ku birebana n'ikoranabuhanga

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ibihe bidasanzwe mu gihugu mu kurinda mudasobwa zo muri Amerika abo yita “abanyamahanga b’abanzi” . Yashyize umukono ku itegeko-teka ribuza kompanyi zo muri Amerika gukoresha kompanyi zo mu mahanga zikora mu by’itumanaho byemezwa ko ziteje ibyago ku mutekano w’igihugu. Iri tegeko-teka nta kompanyi n’imwe ryavuze […]

Ingabire Victoire yamaze amasaha ane ahatwa ibibazo na RIB mbere yo kurekurwa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha(RIB) kuri uyu wa Kabiri ushize rwahase umunyapolitiki Ingabire Victoire ibibazo mu gihe cy’amasaha agera kuri ane mbere yo kumurekura mu masaha y’umugoroba ngo asubire iwe aho yabazwaga  ku magambo y’amacakubiri yaba yaravugiye mu nama yakoresheje atabisabiye uruhushya. Ingabire Victoire yari aherutse kurekurwa ku mbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame nyuma y’imyaka […]

Imitungo y’abashatse guhirika Perezida Nkurunziza ku butegetsi igiye gufatirwa na Leta

Ubutabera bw’u Burundi bwategetse ko imitungo y’abasirikare, abapolisi n’abanyapolitiki 32, bashinjwe kugira uruhare mu gikorwa cyari kigamije guhirika ku butegetsi Perezida Nkurunziza mu mwaka wa 2015, ishyirwa mu maboko ya Leta. Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubushinjacyaha bukuru bw’u Burundi na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenge, bategetse ko iyi mitungo y’abatavuga rumwe na Leta barimo abanyapolitiki, Impirimbanyi z’uburengangiza […]

Bugesera: Ubuyobozi bwirije abaturage ku Murenge kubera amabendera yibwe

Mu Murenge wa Mwogo, mu  karere ka Bugesera, haravugwa abaturage biriwe bicaye ku Murenge kubera amabendera abiri yaraye yibwe.  Abaturage bahiriwe ni ab’Akagari ka Kagasa umurenge wubatsemo, ari nako kibwemo ayo mabendera. Kuri uyu wa Kane tariki 16 Gicurasi 2019, mu Kagari ka Kagasa nta muturage wagiye mu mirimo ye uko bisanzwe.  Bose bicaye ku […]

Bamwe mu banyamakuru barashinja Urwego rw’Umuvunyi kuba hari inzego rutinya

Bamwe mu banyamakuru bo mu Rwanda baravuga ko urwego rw’umuvunyi hari inzego rutinya gukurikirana mu gihe zanze gufasha umunyamakuru kubona inkuru ashaka nk’uko biteganywa n’itegeko rishya rigenga itangazamakuru, aho bemeza ko kenshi bimwa amakuru bagasiragizwa n’abo bayasaba mu gihe itegeko riteganya ko bagomba koroherezwa kubona amakuru. Ni mu gihe uru rwego rwo rwemeza ko mu […]

Umwuka mubi muri ADEPR/Uganda utumye bamwe bigumura

Ubuyobozi bw’Itorero rya Pentecote mu Rwanda (ADEPR) bwandikiwe ibaruwa n’abagize komite y’Ururembo PCIU/ADEPR (Pentecote Church International of Uganda) babamenyesha ko bagendeye ku bibazo biri muri iri torero, bahisemo kwigenga. Muri iyi baruwa yandikiwe ubuyobozi bukuru bwa ADEPR, bwamenyeshejwe ko kwigenga babitewe n’ibibazo bavuga ko biri mu itorero muri Uganda, biyemezo guhindura amazina, kwikemurira ibibaza bashinja […]

Louise Mushikiwabo yakiriye ubusabe bwa Angola bwo kwinjizwa muri OIF

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, kuri uyu wa Gatatu nyuma ya saa sita yakiriye w’ububanyi n’amahanga wa Angola, Manuel Domingos Augusto, wari ugiye kumushyikiriza ubusabe bw’igihugu cye bwo kuba umunyamuryango w’indorerezi muri uyu muryango. Igihugu cya Angola kikaba cyaragize igitekerezo cyo kuba umunyamuryango wa OIF mu 2018 ubwo muri Gicurasi Perezida […]

Abanyarwanda babiri bashinjwa kwicisha amashoka ba mukerarugendo muri Uganda batujwe muri Australia mu ibanga

Abanyarwanda babiri  bashinjwa kwica ba mukerarugendo umunani mu Isyamba rya Bwindi muri Uganda batujwe muri Australia mu buryo bw’ibanga hagati ya Amerika n’abayobozi bakuru b’iki gihugu. Aba Banyarwanda ari bo  Leonidas Bimenyimana na Gregoire Nyaminani,  bashinjwa kwica bamukeraugendo barimo Abanyamerika babiri mu 1999 nk’uko ikinyamakuru 10 Daily dukesha iyi nkuru kibitangaza. Ikinyamakuru Politico ari nacyo […]

Ubukangurambaga bwiswe 'Gerayo Amahoro' bwakomereje mu bigo by'amashuri

Muri gahunda y’Ubukangurambaga bw’ibyumweru 52 bwo kurwanya impanuka zo mu muhanda, kuri uyu wa 15 Gicurasi Polisi n’abafatanyabikorwa bayo babukomereje mu bigo by’amashuri bitandukanye hirya no hino mu gihugu bigisha abanyeshuri n ‘abarezi uruhare rwabo mu kwicungira umutekano wo mu muhanda. Ubu bukangurambaga mu mujyi wa Kigali bwabereye mu rwunge rw’amashuri rwa  Kagugu, urwa Camp […]