Iran, Venezuela,… byifatiye ku ijosi Amerika n'Ubwongereza?-ubusesenguzi

Kuri iyi isi dufite abanyembaraga babiri bahanganye ariko mu buryo buziguye (indirect rivalry) ku buryo badashobora kugira ingingo n’imwe bahuza n’ubwo bidashobora kugaragarira amaso areba hafi. Uburusiya ubwo bwari mu Bumwe bwa Soviet bwatangiye guhangana n’Amerika mbere gato y’intambara ya 2 y’isi, byerura ikirangira mu 1949, mu ntambara y’Ubutita itarigeze irangwa n’igikorwa icyo ari cyo […]

Igisirikare cya Iran cyasohoye amashusho agaragaza uko cyafashe ubwato bw’Abongereza

Igisirikare cya Iran cyashyize ahagaragara video igaragaza igikorwa cy’ishami ryacyo rizwi nka ‘Iran’s Revolutionary Guard (IRGC)’, mu magambo y’Icyongereza, riherutse gukora ryigarurira ubwato bw’u Bwongereza , aho cyemeza ko amato y’intambara y’u Bwongereza yagerageje kuburizamo icyo gikorwa ariko akananirwa. Iyi video imeze nka filimi nk’uko bitangazwa na Televiziyo y’Abarusiya (RT), ngo yashyizwe ahagaragara n’uyu mutwe […]

#afcon2019: Abakinnyi 11 bagize ikipe y'irushanwa-CAF

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF yashyize hanze ikipe y’irushanwa rya CAN 2019. Muri iyi kipe, Senegal ifitemo abakinnyi 6, Algeria ikagiramo batatu, Tunisia yo ifitemo babiri. Mu izamu : umunya-Algeria Rais M’Bolhi. Ba myugariro : Lamine Gassama wa Senegal, Yassine Meriah wa Tunisia, Kalidou Koulibaly na Yousouf Sabaly ba Senegal. Abo hagati : Adlene Guediora wa […]

Rwamagana: Arasaba kurenganurwa kubera umutungo we watejwe cyamunara mu buryo bw’amayobera

Umuturage witwa Waswa Peter utuye mu Mudugudu wa Kagerero mu Kagari ka Bwiza mu Murenge wa Kigabiro arasaba inzego zishinzwe kurenganura abaturage kumurenganura kubera cyamunara yamubereye amayobera  . Waswa Peter yahungutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko yari yaravukiye mu mahanga bitewe nuko ababyeyi be bari barahunze mu 1959. Waswa Peter avuga ko amaze kugera mu […]

Uganda: Umunyamategeko Isaac Sendegeya, wo muri Kisoro, yiciwe imbere y’iwe arashwe

Igipolisi cya Uganda cyatangiye iperereza ku iyicwa ry’Umunyamategeko, Isaac Sendegeya, wo mu Karere ka Kisoro, warasiwe imbere y’iwe akicwa mu Mudugudu wa Ntoro, hafi yo mu Mujyi wa Kisoro. Umuvugizi w’Igipolisi muri Kigezi, Elly Maate, yatangaje ko Sendegeya yishwe kuri iki Cyumweru saa munani z’igicuku ubwo yari atashye avuye mu mujyi wa Kisoro. Maate avuga […]

RDC: Mende yakubiswe inshuro mu matora ya Guverineri ihuriro akomokamo ryari ryiganje mu batoye

Nyuma yo gukubitwa inshuro mu matora ya Guverineri w’Intara ya Sankuru, Lambert Mende, wahoze ari Umuvugizi wa Guverinoma ya Perezida Joseph Kabila, yahise atangaza ko mu ihuriro FCC harimo imikorere idahwitse, asaba ubuyobozi kwirinda ingaruka zose ibi byateza, ashinja abatoye kuba baraguzwe ngo bamutsindishe bakomoka mu ihuriro rimwe. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, itariki […]

Ibirori bidasanzwe muri Algeria nyuma y'imyaka 29-amafoto+amashusho

Ku wa 19 Nyakanga, ikipe y’umupira w’amaguru ya Algeria (Les Fennecs) yatwaye irushanwa ry’Afurika ry’ibihugu itsinze Senegal igitego kimwe ku busa, cyatsinzwe Baghdad Bunedjah ku munota wa 2. Ni igikombe yaherukaga mu 1990. Bivuze ko igitwaye ku nshuro ya kabiri kuva irushanwa ryabaho, barangajwe imbere na kapiteni Riyad Mahrez ukinira Manchester City mu Bwongereza. Iyi […]

U Bwongereza bwasabye amato yabwo kwirinda kunyura mu Kigobe cya Hormuz

U Bwongereza bwaburiye abatwara amato aturuka muri icyo gihugu kuba bahagaritse gukoresha ikigobe cya Hormuz. Ni nyuma yuko igihugu cya Irani gifatiye ubwato bw’u Bwongereza bwikoreye peteroli. Umuvugizi wa Leta y’u Bwongereza yabivuze kuri uyu wa gatandatu nyuma y’inama y’igitaraganya yo kwiga kuri icyo kibazo. Uwo muvugizi yanenze bikomeye Leta ya Irani ayishinja kubangamira urujya […]

Gasabo: Polisi yafatanye abagabo babiri amadorali y’amiganano

Muri iki cyumweru dusoje Polisi ikorera mu karere ka Gasabo mu murenge wa Kacyiru yafashe abagabo babiri Kanamugire Fiston w’imyaka 20 na Kagame Peter w’imyaka 23 bacyekwaho gukoresha amadorali magana abiri (200$) y’amiganano. Aba bagabo bombi bafatiwe mu kabari barimo banyweramo ubwo bajya kwishyura bagatanga amadorali ijana (100$) y’amiganano. Neretsabahizi Philibert uyobora akabari aba bagabo […]

Made in Rwanda Awards 2019: Rocky Kirabiranya n'Igisupusupu mu batwaye ibihembo

Made in Rwanda Awards ni irushanwa ryateguwe na Kalisimbi Events Presents, rihatanisha abantu mu byiciro 34. Umuhango wo gutangaza abatsinze no gutanga ibihembo wabereye muri Kigali Convention Center kuri uyu wa 20 Nyakanga 2019. Rocky Kirabiranya yatwaye igihembo cy’umusobanuzi wa filime w’umwaka na ho indirimbo ‘Mariya Jeanne’ ya Nsengiyumva FranÏ‚ois cyangwa se ‘Igisusupusupu’ yegukana igihembo […]