Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abarwayi bashya 13, abakize 3

ewyzvuywoaesfo5.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 29 Mata 2020 yatangaje ko hagaragaye abarwayi bashya ba Coronavirus 13 mu bipimo 1705 byafashwe. Umubare w’abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri rusange wageze kuri 225, mu gihe 98 barimo batatu b’uyu munsi bamaze gukira. Abantu 127 ni bo bakirwaye kandi bari koroherwa nk’uko iyi Minisiteri ibivuga.

Karongi: Umusore yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umukobwa w’imyaka 17

Umusore witwa Tuyishime Boaz utuye mu Murenge wa Gishyita, Akagari ka Cyanya, Umudugudu wa Gitovu, yaguwe gitumo ubwo yari arimo gusambanya umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 17, usanzwe ari umunyeshuri mu rwunge rw’amashuri rwa Gishyita. Inzego z’umutekano n’ubuyobozi ku mugoroba wo kuwa 28 Mata 2020, ahagana saa kumi n’igice, mu Karere ka Karongi ku […]

Hon. Sebaba: Narose abaturage bongeye kwidegembya

Buriya rero nanjye ndarota kimwe n’abandi nkazikabya cyangwa sinzikabye. Gukabya inzozi hari igihe njya nshaka kubyitiranya n’iyerekwa rimwe rivugwa ku bizera. Ariko nanjye mbabamo ku batanzi! Ubundi nkazikabya nkamera nka Potifari cyangwa abandi bose babifata nk’inzozi zisanzwe. Aho naho nkahisanga kuko ndi umuntu nk’abandi, inzozi nkizo nkenera abazinsobanurira! Bose ariko ni ukurota ibiri byo cyangwa […]

Umweyo muri guverinoma: Abatahiwe ni bande?

Iyi nkubiri yo kuva mu myanya yo hejuru muri politiki y’u Rwanda, abantu bakomeje kuyikurikiranira hafi ari nako babyibazaho byinshi. Ubundi kujya muri iyo myanya ni ibisanzwe no kuyivaho ni uko, byose bigaterwa n’umukuru w’igihugu ku bubasha ahabwa n’itegekonshinga. Kuvanaho umuyobozi runaka ari byo iyi nkuru yibandaho si ibintu bitangiye ubu , kuko unarebye abari […]

Tanzania: Abantu bashya 196 banduye Covid-19, abapfuye batandatu

Misitiri w’Intebe wa Tanzania, Kassim Majaliwa, yatangaje ko muri iki gihugu hagaragaye abarwayi bashya 196 ba Coronavirus, abanduye bose baba 480. Minisitiri Majaliwa yavuze ko muri iki gihugu hanagaragaye abantu batandatu bashya bishwe na Coronavirus, bituma abantu bamaze kwicwa ni iki cyorezo kuva cyagaragara bwa mbere muri Tanzania baba 16. Nk’uko Majaliwa yabisobanuye, abarwayi bashya […]

Dybala yasanzwemo Coronavirus ku ncuro ya kane mu byumweru bitandatu

Umunya-Argentine Paulo Bruno Exequiel Dybala, yongeye gusangwamo icyorezo cya Coronavirus, iba incuro ya kane bakimusanzemo mu gihe cy’ibyumweru bitandatu bishize. Uyu musore ukina muri Juventus de Turin, yatangaje bwa mbere ko yanduye iki cyorezo ku wa 21 Werurwe ubwo we n’umukunzi we Oriana Sabatini bipimishaga bagasanga baranduye. Amakuru y’uko Dybala yasanzwemo Covid-19 ubugira kane, yatangajwe […]

Gakenke: Abaturage bashobora kwibasirwa n’inzara nyuma y’imvura yangije imirima y’imiceri

Abaturage bo mu Karere ka Gakenke bahinga umuceri baravuga ko imvura yangirije imirima yabo y’umuceri igera kuri hegitari 32, ingingo ituma hashobora kwaduka inzara ndetse n’ubukene. Abaturage bavuga ko imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 28 Mata, yangirije hegitari z’umuceri. Mu hibasiwe cyane ni igishanga cya Nyabitare nk’uko ubuyobozi bwatangarije The New Times. […]

S. Sudan: Pasiteri yishe ibwiriza ryo kuguma mu rugo, yambikwa ubusa ku karubanda

Prophet Chol muri kasho

Ku cyumweru tariki ya 26 Mata 2020 mu mugi wa Juba muri Sudani y’Epfo, Pasiteri Abraham Chol uyoboye itorero rya Cush International Church yatawe muri yombi abanje kwambikwa ubusa ku karubanda, azira guteranyiriza abayoboke be ku rusengero muri iki gihe. Perezida w’iki gihugu, Salva Kiir yategetse ko nta materaniro ahuza abantu benshi yemewe muri iki […]

RIB dimisses sexual assault claims by refugees from Libya

Rwanda Investigation Bureau (RIB) has concluded that allegations of sexual assault by a minor refugee at the Gashora Emergency Transit Centre against a Rwanda National Police commander at the centre in Bugesera district are unfounded. The Ministry of Emergency Management (MINEMA), which manages the camp together with the United Nations High Commission for Refugees (UNHCR) […]

Coronavirus imaze kwica Abanyamerika baruta abaguye mu ntambara ya Vietnam

Icyorezo cya Coronavirus kimaze amezi atatu yonyine kigaragaye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, kimaze kwica abaturage bazo baruta abaguye mu ntambara ya Vietnam zarwanye imyaka 20. Imibare igaragaza ko Coronavirus muri Leta zunze ubumwe za Amerika imaze guhitana abantu basaga ibihumbi 59 nk’uko byatangajwe na Reuters, bigasobanura ko mu mezi atatu yonyine iki cyorezo […]

RIB yatangaje ibyavuye mu iperereza ryayo ku ihohoterwa umupolisi w’u Rwanda ashinjwa gukorera impunzi

Minisiteri yo gucunga ibiza (Minema), yatangaje ko iperereza ryakozwe n’urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ryagaragaje ko nta hohoterwa rishingiye ku gitsina umupolisi w’u Rwanda yigeze akorera imwe mu mpunzi yaturutse muri Libya icumbikiwe mu nkambi ya Gashora. Ku wa 15 Mata ni bwo Andrea Gagne ukurikirana ubuzima bw’impunzi z’i Gashora yatangaje iby’ihohoterwa byavuzwe ko ryakorewe umwana […]

U Burundi buravuga ku ngabo zabwo zivugwa ko zaba ziri ku butaka bwa Congo

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu Burundi yavuze ko nta ngabo z’iki gihugu ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, anyomoza amakuru amaze igihe azivugwaho ko zijya kurwanya imitwe irwanya ubutegetsi bwazo Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Uyu Muvugizi yabwiye BBC ko nta ngabo z’u Burundi ziri mu kindi gihugu mu buryo butazwi. Uyu muyobozi […]