Imibare ya Covid-19 mu Rwanda:Handuye abantu 7, hakira umwe

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 06 Gicuransi 2020 yatangaje mu bipimo 1,323 byafashwe uyu munsi hagaragayemo abantu 7 banduye covid-19 bituma ububare w’abamaze kuyandura ugera kuri 268. Abamaze gukira coronavirus mu Rwanda ni 130 barimo umwe wabonetse uyu munsi naho abakirwaye ni 138 mu bipimo 37,315 byafashwe muri rusange.
Nyaruguru: Umuyobozi aravugwaho amanyanga atuma yimurirwa ahantu hatandukanye
Umuyobozi ushinzwe ubuhinzi n’ubworozi mu murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, Mbonyumuvunyi Gratien avugwaho kwimurirwa aho gukorera bitewe n’amanyanga yamuranze yo kurya ibyagenewe abaturage muri izi nshingano. Uyu muyobozi yatawe muri yombi kuri uyu wa 6 Gicurasi 2020 akekwaho kunyereza imbuto y’ibirayi, ifumbire ndetse n’ishwagara, afatanyije na bamwe mu bacuruzi asanzwe abigurisha. Umwe muri […]
Uruhare rw’igisirikare cy’u Bufaransa mu kwihutisha Jenoside yakorewe Abatutsi
Tariki ya 6 Gicurasi 1994 ukwezi kwari gushize Jenoside irimo gukorerwa Abatutsi aho uyu munsi waranzwe no gukomeza gushyira mu bikorwa umugambi wo gukora Jenoside wakorwaga na leta y’Abicanyi bicaga Abatutsi mu bice bitandukanye by’igihugu babaga barahungiye mu nyubako zitandukanye nka za kiliziya, amashuri, ibitaro n’izindi nyubako za Leta, bigakorwa amahanga arangajwe n’Ubufaransa n’Akanama gashinzwe […]
U Budage: Shampiyona zigiye gusubukurwa n’ubwo abakinnyi 10 baherutse kugaragaraho Covid-19
Minisitiri w’Intebe w’u Budage, Angel Merkel yatanze uburenganzira bwo gusubukura shampiyona z’umupira w’amaguru, icyiciro cya mbere n’icya kabiri (Bundesliga, Bundesliga 2) muri uku kwezi n’ubwo abakinnyi 10 baherutse kugaragaraho icyorezo cya Covid-19. Umwanzuro ku itariki imikino izasubukurirwa irafatwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru kuri uyu wa kane tariki ya 7 Gicurasi 2020 nk’uko byemejwe n’Umuyobozi waryo, Christian […]
Umukobwa wa Muhammad Ali yashyigikiye Perezida Magufuli wagize amakenga ku bipimo bya Covid-19
Umukobwa wa Muhammad Ali wamamaye mu mukino w’iteramakofe, Laila Ali yashyigikiye Perezida Magufuli wagize amakenga ku byuma bipima indwara y’icyorezo cya Covid-19, akikorera iperereza ryigenga. Tanzania yagaragayemo kuzamuka cyane kw’imibare y’abandura iki cyorezo, uyu Mukuru w’Igihugu ntiyizera abapima ndetse n’ibyuma bakoresha avuga ko ‘byaturutse mu mahanga’. Yafashe umwanzuro wo kohereza itsinda ry’abahanga, bitwaza ibipimo bitandukanye […]
Maneko wavuze ko afite ibimenyetso bishinja Gen. Kayihura urupfu rwa Kaweesi yatawe muri yombi

Umukozi w’Urwego rw’Umutekano w’imbere mu gihugu cya Uganda (ISO) Simon Odongo, wigeze kuvuga ko afite ibimenyetso bihamya Gen. Kale Kayihura uruhare mu rupfu rwa AIGP Andrew Felix Kaweesi yatawe muri yombi. Odongo yafaswe kuwa Mbere w’iki cyumweru ubwo yageragezaga kurasa umwe mu basirikare b’igihugu bari muri paturuyi ku iyubahirizwa rya Guma mu rugo. Umwe mu […]
USA: Umushinwa wakoraga ubushakashatsi kuri Covid-19 yishwe arashwe
Umwarimu akaba n’umushakashatsi muri Kaminuza ya Pittsburgh muri Leta ya Pennsylvania, Dr. Bing Liu wari umaze iminsi akora ubushakashatsi ku ndwara y’icyorezo ya Covid-19 yarashwe tariki ya 2 Gicurasi 2020, arapfa. Ukekwaho kwica Dr. Bing Liu witwa Hao Gu ngo na we yarirashe gusa impamvu yaba yarabiteye ntabwo iramenyekana. Amakuru avuga ko aba bombi bari […]
Lt.Col. Sarkozeny: Kabuhariwe mu kugaba ibitero by’ibanga utarahaniwe gukorana n’Abanazi ahubwo akagororerwa

Umusirikare mu ngabo kabuhariwe z’Abadage (SS), Lt.Col. Otto Sarkozeny ni umwe mu basirikare basigaye birahirwa mu kuyobora ibitero by’ibanga nyuma y’intambara ya kabiri y’Isi. Hari n’abadatinya kuvuga ko yari umwe mu bagabo batinyitse nyuma y’iyi ntambara, kuko aho guhanirwa kuba yarakoranye n’Abanazi ba Hitler, yagizwe umujyanama mu by’igisirikare mu bihugu bitandukanye ku Isi. N’ubwo afite […]
Tanzania:Abakora muri serivisi z’indege bagiye gutakaza akazi kubera Coronavirus
Sosiyete z’indege n’abakozi bo ku bibuga by’indege muri Tanzania bagiye gutakaza akazi abandi bagabanyirizwe imishahara kugera kuri 50% kubera ibihombo byatewe n’icyorezo cya Covid-19 cyatumye ibi bigo bihagarika imirimo yabyo. Kompanyi za Precision Air na Air Tanzania zatangaje ko zigiye guhagarika amasezerano y’akazi kuri bamwe mu bakozi,abasigaye bakagabanyirizwa kuva kuri 30% kugeza 50% by’imishahara yabo […]
Uwari umunyamabanga wa Komite nkemurampaka ya Rayon Sports yeguye ku mirimo ye
Nsangabandi Ernest wari umunyamabanga wa Komite Nkemurampaka ya Rayon Sports, yasezeye kuri izi nshingano nyuma y’ibibazo bimaze iminsi bivugwa muri iyi kipe. Nsangabandi yari yarahawe izi nshingano ku wa 14 Nyakanga, ubwo hatorwaga Komite nyobozi nshya kuri ubu iyobowe na Perezida Munyakazi Sadate. Mu ibaruwa uyu mugabo yandikiye ubuyobozi bwa Rayon Sports kuri uyu wa […]
USA: Umwana w’imyaka itanu yahagaritswe na Polisi atwaye imodoka y’ababyeyi be
Umwana w’imyaka itanu witwa Adrian muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu gace ka Utah, yakoze agashya aho yatwaye imodoka y’ababyeyi be agafata umuhanda mugari gusa ku bw’amahirwe make ahagarikwa na Polisi. Uyu mwana yafatiwe ku muhanda mugari ugana Califonia ubwo yari atwaye imodoka yo mu bwoko bwa SUV agenda ku muvuduko wa 50km/h muri uwo […]
Kenya: Depite yafashije umupangayi wabamburiwe amabati na nyir’inzu

Umudepite wo muri Kenya witwa Kimani Ngujiri kuri uyu wa 5 Gicurasi 2020 yafashije umuryango w’umupangayi uherutse kubamburirwa amabati na nyir’inzu, uzira kutabona amafaranga yuzuye y’ubukode muri iki gihe cya Covid-19. Muri Mata ni bwo Kenneth Maina Thayo yagiye kwishyuza Jackson Macharia amafaranga y’ubukode ariko amubonera amashilingi ya Kenya 6000 (arenga RWF 53,800), gusa yarayanze. […]
Burundi:CNL na CNDD-FDD baritana bamwana ku rugomo rwa Politiki
Muri iyi minsi u Burundi bwitegura amatora y’umukuru w’igihugu,amashyaka abiri makuru ahanganye CNL ritavuga rumwe n’ubutegetsi na CNDD-FDD riri ku butegetsi akomeje kwitana bamwana ku rugomo ruri gufata indi ntera hagati y’aya mashyaka yombi. Nyuma y’ibyatangajwe na CNL ko abarwanashyaka baryo 200 bafunzwe ndetse abandi 10 bakicwa n’abahezanguni ba CNDD-FDD, ubu noneho Citoyenne Kezimana, umukandida […]
Kigali: Ikibazo cy’imodoka zitwara abagenzi kiri kuvugutirwa umuti
Urwego rw’igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko rugiye gukemura ikibazo cy’ibura ry’imodoka zitwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali gikomeje kuba ingorabahizi nyuma y’uko inama y’Abaminisitiri yemeje ko ingendo hagati muri Kigali no hagati mu ntara zongera gusubukurwa ariko imodoka zikajya zitwara hafi 50% by’abantu imodoka yagenewe gutwara, ibi bikaba biri gutuma ahategerwa imodoka hagaragara umurongo no […]
U Rwanda na Tanzania bagiye gukemura amakimbirane avugwa hagati y’abashoferi bo mu bihugu byombi
Leta y’u Rwanda yatangaje ko iri gukorana n’abayobozi ba Tanzania, mu rwego rwo kuvugutira umuti igisa n’imyigaragambyo iri gukorwa n’abashoferi batwara amakamyo yo muri Tanzania batishimiye ingamba zafashwe na Leta y’u Rwanda mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya Covid-19. Amashusho yiriwe ku mbuga nkoranyambaga ku wa kabiri ku wa 05 Gicurasi, yerekana abashoferi bo muri […]
DRC: Umuyobozi w’inyeshyamba zakoranye na FDLR yamanitse amaboko
Umuyobozi w’Inyeshyamba zitwa Union of Congolese Patriots for Peace (UPCP), Lafontaine Sikuli ku wa Mbere w’iki cyumweru yishyize mu maboko y’Ingabo za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (FARDC). Aya makuru yemejwe n’Umuyobozi w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Carly Nzanzu Kasivita kuru uyu wa Kabiri tariki 5 mata nyuma y’ibiganiro na Komite y’umutekano mu Mujyi wa Goma. […]
COVID-19: Abanyarwanda barasabwa gukurikiza amabwiriza cyangwa bagasubizwa muri Guma mu rugo
Muri ibi bihe bidasanzwe byo kwirinda ikwirakwira rya coronavirus, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi bw’Ibanze, Dr. Tharcisse Mpunga avuga ko Abanyarwanda bafite guhitamo kubahiriza amabwiriza ariho cyangwa gusubira muri Guma mu rugo. Ku munsi wa mbere wo gufungura ibikorwa bimwe na bimwe nyuma y’iminsi 45 ibikorwa hafi ya byose mu gihugu buhagaritswe, […]
Rusizi: Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere na bamwe mu ba Gitifu b’imirenge basezeye ku mirimo yabo
Inama yahuje Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Munyantwali Alphonse, abagize Komite Nyobozi y’Akarere ka Rusizi na bamwe mu bagize inama y’umutekano itaguye y’aka karere, yakiriye amabaruwa y’ubwegure bw’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’aka Karere, Mushimiyimana Ephrem n’abandi bayobozi barimo ba Gitifu b’imirenge batatu. Nk’uko amakuru agera kuri Bwiza.com akomeza abivuga, uretse Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Aka karere wari uri kuri uyu mwanya […]