Burundi: Abantu 200 bashyigikiye Agathon Rwasa baraye mu buroko ku munsi w’amatora
Ishyaka CNL rya Agathon Rwasa ryatangaje ko uhereye ejo tariki 20 Gicurasi ubwo muri iki gihugu habaga amatora y’Umukuru w’igihugu, abarwanashyaka baryo barenga 200 baraye muri za kasho mu buryo butubahirije amategeko kuko ngo bashinjwa ibyaha bihimbano byo gutoba amatora. Iri shyaka rivuga ko abarwanashyaka baryo bakomeje gukandamizwa mu gihe ibyavuye mu matora bitari byatangazwa […]
RD Congo: Abarwanyi b’umutwe wa CNRD wiyomoye kuri FDLR bayamanitse
Abarwanyi umunani b’umutwe wa CNRD wiyoboye kuri FDLR, bashyize intwaro hasi bahitamo kwishyikiriza ingabo za MONUSCO zikorera mu gace ka Sange kari mu kibaya cya Ruzizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru avuga ko bari batututse ahitwa Ndjoleka, ku birometero 13 uvuye mu burengerazuba bw’umujyi wa Sange ahabarizwa abarwanyi babarirwa muri 200 b’uriya mutwe. […]
Abantu batandatu ni bo bagaragayeho Covid-19 kuri uyu wa kane
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 21 Gicurasi 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu batandatu bashya banduye Covid-19 mu bipimo 1,083 byafashwe. Abakize iki cyorezo bageze kuri 217 barimo umwe wabonetse uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho iki cyorezo muri iki gihugu ni 320, 103 muri bo bakaba bakirwaye.
Nyaruguru: Gitifu w’Umurenge yatawe muri yombi
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwashyikirijwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivu, Kanyarwanda Eugène ukekwaho uruhare mu kunyereza imbuto y’ibirayi n’ifumbire mvaruganda byagenewe abaturage. Aya makuru yemejwe na Meya w’aka Karere, Habitegeko Francis kuri uyu wa 21 Gicurasi 2020. Ati: “Akarere ka Nyaruguru kashyikirije RIB ES w’Umurenge wa Kivu ukekwaho uruhare mu kunyereza ibyagenewe abaturage. Uyu Gitifu […]
Ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge mu bihe by’intambara

Ijambo ‘ikiyobyabwenge’ muri iki gihe ryumvikana nk’ikinyobwa, ibyatsi cyangwa ifu, umuntu akoresha ( anywa cyangwa yitera mu mubiri) bigahindura imikorere y’ubwonko, imyitwarire ye nayo igahinduka. Byumvikana mu bihugu bitandukanye nko mu Rwanda bicukurirwa imyobo, bikamenwamo, ibindi bigatwikwa kuko bitemewe kubikoresha, kubihinga no kubicuruza. Mu Rwanda, ingingo ya 594 mu gitabo cy’amategeko ahana ikomoza ku bihano […]
Urukiko rwasubitse urubanza abasirikare bashinjwa guhohotera abaturage bajuriyemo
Urukiko rwa gisirikare rw’i Kanombe rwasubitse urubanza abasirikare batanu n’umusivili umwe bajuriyemo, ku byaha by’ihohoterwa bashinjwa gukorera abaturage bo mu mudugudu ya Kangondo II, mu murenge wa Remera ho mu karere ka Gasabo. Uko ari batandatu bakurikiranweho ibyaha birimo gukoresha abaturage imibonano mpuzabitsina ku gahato ndetse no gukubita no gukomeretsa. Ku wa 13 Gicurasi 2020, […]
Museveni yatsinze urubanza yarezwemo gukumira kuri Twitter umufana wa Bobi
Ishami rishinzwe imanza z’imbonezamubano mu Rukiko Rukuru rw’i Kampala, ryemeje ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni afite uburenganzira bwo kuba yarakumiriye kuri Twitter umufana wa Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine wari wabimuregeye. Mu minsi ishize ni bwo umufana wa Bobi Wine witwa Hillary Innocent Sseguya, umunyeshuri muri Kaminuza ya Havard muri Amerika, yajyanye Perezida mu […]
Nyamasheke: Abaturage barema isoko rya Rugari baravuga ko inkoni zibarembeje
Bamwe mu baturage barema isoko rigurishirizwamo amatungo rya Rugari riri mu murenge wa Macuba, mu karere ka Nyamasheke, baravuga ko umwe mu bayobora koperative icunga umutekano w’iri soko abakubita, bagasaba ubuyobozi bw’aka karere guhagurukira iki kibazo ngo kuko bamwe bibaviramo ubumuga. Abaganiriye na TV1 , bavuga ko MBANJINEZA Jonathan uyobora Koperative “Umutekano Iwacu” ari we […]
Uganda : Umunyeshuri yakuyemo inda iramuhitana abifashijwemo n’umusore w’inshuti ye
Umusore wo mu gihugu cya Uganda yatawe muri yombi azira gufasha umukobwa w’umunyeshuri bakundanaga gukuramo inda mu buryo bunyuranyije n’amategeko kugeza ubwo imuhitanye. Ibi byabaye kuri uyu wa Gatatu mu mujyi wa Kampala aho uyu musore atuye, umukobwa utatangajwe amazina akaba yari asanzwe ari umunyeshyuri ku ishuri rikuru rya International Paramedics Institute na ryo riherereye […]
Tanzania irashinja Kenya guhimba abanduye Covid-19 igamije kwangiza ubukerarugendo bwayo
Leta ya Tanzania yashinje Kenya baturanye guhimba imibare y’abashoferi bayo batwara amakamyo bagaragayeho icyorezo cya Covid-19 ku mupaka wa Namanga ugabanya ibihugu byombi, ibyo Tanzania ivuga ko ari ibinyoma bigamije gusiga isura mbi ubukerarugendo bwayo. Ni ibyemejwe n’umuyobozi w’akarere ka Arusha, Mrisho Gambo, mu itangazo yasohoye avuga ko abashoferi Kenya yemeje ko banduye Covid-19 Tanzania […]
Ingengo y’imari ya 2020/2021 iziyongeraho miliyari 228-Min. Ndagijimana Uzziel
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yatangaje ko ingengo y’imari u Rwanda ruzakoresha mu mwaka wa 2020-2021 izazamuka ikiyongeraho miliyari 228.6 z’amafaranga y’u Rwanda,ni ukuvuga 7.5% ugereranyije n’ingengo y’imari yakoreshejwe muri uyu mwaka w’ingengo y’imari urangiye. Ibi Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr Ndagijimana Uzziel yabitangaje ubwo yagezaga ku nteko Ishinga amategeko imitwe yombi imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari igomba kuzakoreshwa […]
Sudan y’Epfo:Abarenga 300 barimo n’abaganga baguye mu bushyamirane bw’amoko
Inzego z’umutekano muri Sudan y’Epfo ziratangaza ko abasaga 300 ari bo bamaze gupfa ndetse, abandi benshi bakaba barakomerekeye mu mirwano iheruka yahuje amoko abiri yo mu burasirazuba bwa Sudan y’Epfo mu gace ka Jonglei. Iyi mirwano imaze igihe ishingiye ku kwihorera,yongeye kuba kuwa 16 Gicuransi hagati y’urubyiruko rwo mu bwoko bw’aba Murle n’aba Lou Nuer.Ibi […]
Tanzania: Amashuri n’ibiro birafungurwa, imikino n’ubukerarugendo bisubukurwe
Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli mu gitondo cy’uyu wa 21 Gicurasi 2020 atangaje ko abitegura gukora ibizamini bya leta basubira ku ishuri, ibiro bigafungurwa, imikino ndetse n’ibikorwa by’ubukerarugendo bigasubukurwa bitarenze tariki ya 1 Kamena 2020. Magufuli ati: “Indwara ya Corona ntikereze uru rubyiruko. Ni yo mpamvu abanyeshuri bose biga mu wa Gatandatu basubira ku […]
Kabuga yasabiwe kuba agiye gufungirwa i La Haye aho kuzanwa Arusha
Ubushinjacyaha bw’Urwego rwasigariyeho Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda IRMCT, bwasabye ko Kabuga Félicien ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi aba agiye gufungirwa i La Haye mu Buholandi aho kuzanwa i Arusha muri Tanzania. Mu ibaruwa umushinjacyaha mukuru wa IMRCT, Serge Brammetz yandikiye Perezida wayo, Carmel Agius, yamusabye ko hagira ibihindurwa mu mpapuro zo […]
Inyoni yakubise ikirura, cyiruka ubutareba inyuma-Amafoto

Hashize icyumweru mu Bwongereza hagaragaye inyoni itangaje yirukankanye ikirura, kirahunga ubwo yagisangaga ku cyari gishaka kurya abana bayo bityo ibasha kubarinda, ibintu bisanzwe bitakorohera buri wese kubyumva urebye inyoni kuba yahangana n’ikirura uko kingana n’ubukana bwacyo. Amafoto agaragaza ibi, yafashwe na Lee Michael Willcocks w’imyaka 47 ubwo yatembereraga ku kiyaga cya Willen giherereye mu nkengero […]
Amafoto: Umubano wihariye uba hagati y’inkende n’isha kugeza ku guhuza ibitsina.

Mu gihugu cy’u Buyapani haba inkende zifitanye ubucuti bukomeye n’isha ku buryo usanga aho imwe iri haba hari n’itsinda ry’inkende ziba ziyurira ziyisimburanaho, ziyigenda hejuru ku mugongo ku buryo bisa nk’aho ari ibikoresho izi nkende zishimishirizaho nk’uko umuntu agenda ku ngamiya mu rugendo cyangwa yishimisha. Izi nkende zirizihirwa iyo ziri ku mugongo w’isha Inkende z’ingore […]
Ibivugwa kuri Illuminati, umuryango w’ibanga bamwe bemeza ko ari uwa Satani
Ubundi Illuminati biva ku ijambo ry’Ikilatini illuminatus bivuga ‘umurikiwe’ cyangwa ushagawe n’urumuri, illuminati rikaba riri mu bwinshi (pluriel, plural). Abantu bose bavuga amateka ya Illuminati bemeza ko ari agatsiko k’ibanga (secret society) kashinzwe na Adam Weishaupt wari umwarimu muri Kaminuza ya Ingolstadt muri Bavière (Bayer) mu Budage, hari tariki 1 Gicurasi 1776. Kuvuga kuri Illuminati […]