Nyamasheke: Utugari turi muri Guma mu rugo twabonetsemo abantu 12 banduye Covid-19
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, Minisante, yatangaje ko kuri uyu wa gatatu mu Rwanda habonetse abarwayi 19 bashya banduye Covid-19, biganjemo ababonetse mu tugari two mu karere ka Nyamasheke twashyizwe muri gahunda ya Guma mu rugo. Muri utwo tugari habonetse abarwayi bashya ba Covid-19 12, i Kigali haboneka batatu, mu gihe i Rusizi na Nyamagabe buri […]
Tunisia: Minisitiri w’Intebe Elyes Fakhfakh yeguye ku mirimo ye
Minisitiri w’Intebe wa Tunisia, Elyes Fakhfakh ku wa gatatu tariki ya 15 Nyakanga yashyikirije Perezida w’icyo gihugu, Kaïs Saïed, ibaruwa y’ubwegure bwe nk’umukuru wa Guverinoma ya Tunisia. Amakuru avuga ko Fakhfakh yeguye ku mirimo ye, nyuma y’inama yamuhuje na Perezida Kaïs Saïed, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’abaturage (ARP), Rached Ghannouchi, n’Umunyamabanga Mukuru w’Ihuriro Rusange ry’abakozi […]
Uko wamenya gucuranga byoroshye unyuze kuri bwiza
Muri iki gihe Bwiza.com na Bwiza tv byabateguriye uburyo bwo kwiga gucuranga , aho muzajya mubikurikirana buri wa gatatu wa buri cyumweru ndetse na buri wa gatandatu. Kurikira iyi Video iri hasi
Nyuma y’imsi 17 Leta ya Ethiopia yongeye gufungura Interineti mu gihugu
Kuri uyu wa Gatatu guverinoma ya Ethiopia yafashe icyemezo cyokongera gufungura imiyoboro ya Interineti yari yarafunzwe mu mpera z’ukwezi gushize. Tariki 29, Kamena nibwo Guverinoma ya Ethiopia yahagaritse imiyoboro ya Interineti yose ikoreshwa mu gihugu. Ni nyuma y’imyigaragambyo yakurikiye urupfu rw’umuririmbyi w’icyamamare Hachalu Hundessa wishwe arashwe kuri uwo musi.Urupfu rwe rwateye akavuyo mu misi yakuriyeho […]
Colonel Bolingo wa FDLR yafashwe mpiri n’ingabo za Congo Kinshasa
Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, ku wa mbere tariki ya 13 Nyakanga cyafashe mpiri abasirikare babiri b’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, barimo Colonel Bolingo uri mu basirikare bakomeye muri uwo mutwe. Media Congo dukesha iyi nkuru yavuze Colonel Bolingo na mugenzi we bafatiwe na FARDC muri Territoire ya Kalehe iherereye […]
Ubushakashatsi bwagaragaje ko mu myaka 100, Afurika yo musi y’ubutayu bwa Sahara, abaturage bazikuba 3
Ubushakashatsi ku bwiyongere bw’abaturage mu myaka 100 iri imbere bwagaragaje ko hari ibihugu abaturage babyo bazagabanuka ku kigero cya 50% n’aho Afurika yo musi y’ubutayu bwa Sahara, abaturage bazikuba 3. Abashakashatsi ba Kaminuza ya Washington muri Leta z’unze ubumwe z’Amerika bagaragaje ko ibihugu byinshi by’Uburayi na Aziya abaturage bayo bashobora kugabanuka ku buryo budasanzwe. Aho […]
Faustin Usengimana yabaye umukinnyi wa gatandatu Police FC isinyishije
Ikipe ya Police FC yamaze gusinyisha myugariro Faustin Usengimana, aba umukinnyi wa gatandatu iyi kipe y’igipolisi cy’u Rwanda imaze gusinyisha mu isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi ryo muri iyi mpeshyi. Police FC yemeje ko uyu mukinnyi wari umaze imyaka ibiri akinira ikipe ya Buildcon FC yo muri Zambia yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri. Yagize iti: […]
Uganda: Umusaza w’imyaka 75 yakubiswe inkoni 100
Umusasaza w’imyaka 75 y’amavuko wo mu gace ka Bubulanga yakubiswe inkoni 100 n’abagize ubwoko bwe,nyuma yo kwiyemerera icyaha cy’uko yasambanyije umukobwa we w’16 y’amavuko. Khalidi Tawoda yakubiswe inkoni ijana n’abasore b’ibigango batoranijwe n’umukuru w’umuryango, ubwo yari amaze kwiyemerera ko yasambanije umukobwa we w’imyaka 16 y’amavuko nyuma akamuha amafaranga ngo atagira uwo abibwira. Sam Mboizi, umukuru […]
Amb. Joe Habineza wabaye Minisitiri muri Guverinoma y’u Rwanda yakoze indirimbo yise “One Song One Nation”
Ambasaderi Joseph Habineza wabaye Minisitiri w’Urubyiruko, Umuco na Siporo muri Guverinoma y’u Rwanda, yatangaje ko ari gukora indirimbo yise “One Song One Nation” igomba kujya hanze mu minsi mike iri imbere. Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu Amb. Joe Habineza yashyize amafoto ku rubuga rwe rwa Twitter ari muri Studio, avuga ko ari gufata […]
Ibigo birimo RDB, RRA, WASAC na tumwe mu turere bagiye kwitaba Pac kubera imicungire mibi y’umutungo
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe umutungo n’imari by’igihugu mu Nteko Ishinga amategeko y’u Rwanda, yahamagaje ibigo n’inzego za Leta bigera kuri 50 ngo bitange ibisobanuro mu magambo ku makosa n’imicungire mibi yabigaragayeho mu mwaka wa 2018/2019. Muri Gicurasi uyu mwaka nibwo Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Obadiah Biraro yagejeje ku Nteko ishinga amategeko imitwe yombi raporo y’imicungire […]
Hakizimana Muhadjiri yavuze ko nta gihindutse azerekeza muri Rayon Sports
Rutahizamu Hakizimana Muhadjiri umaze igihe avugwa mu kipe ya Rayon Sports, yatangaje ko mu biganiro yagiranye na yo yari ibyo bumvikanye bikamunyura ku buryo nta gihindutse ashobora kuyerekezamo. Uyu rutahizamu ukinira ikipe y’igihugu Amavubi kuri ubu udafite ikipe nyuma yo gutandukana na Emirates yo muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu, amaze amezi arenga abiri avugwa mu […]
Ku musi nk’uyu 1099 Crusade: Abisilamu bigaruriye umurwa wa Yerusalemu
Uyu musi ni kuwa Gatatu tariki 15, Nyakanga 2020. Ni umusi 198 mu misi isanzwe igize umwaka. Uyu mwaka usigaje imisi 169 ngo ugere ku musozo. Kuri uyu musi mu mu Ntambara z’amadini( Crusade), Abayisilamu bigaruriye umurwa mukuru Yerusalemu. Iyi yerusalemu muri iki gihe yafatwaga nk’umurwa w’ubukilisitu mwisi. Abarwanyi bo mu dini ya Isilamu bishe […]
Ubujurire rw’abayobozi bakurikiranweho kunyereza za miliyari bwanzwe
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ku wa kabiri ku wa 14 Nyakanga, rwatesheje agaciro ubujurire rw’abayobozi barimo Caleb Rwamuganza wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi bashinjwa kunyereza abarirwa muri miliyari ebyiri z’Amafaranga y’u Rwanda, rutegeka ko bakomeza gufungwa. Abandi bakurikiranweho gufatanya icyaha na Rwamuganza barimo Godfrey Kabera, Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Imari, Eric Serubibi […]
Dore abaraperi 5 bakize kurusha abandi ku isi n’umutungo wabo

Abaraperi bahiriwe n’umuziki ku rwego rw’isi usanga ari bamwe mu bantu babayeho ubuzima bwiza kandi baba mu nyubako zihenze, bakagenda no mu modoka nziza kubera umutungo baba baragezeho. Dore urutonde rw’abaraperi 5 bakize kurusha abandi ku isi: 5. Eminem Umuraperi Marshall Bruce Mathers II wamamaye nka Eminem ni we uri ku mwanya wa 5 mu […]
Covid-19: Ukwiyongera kw’inguzanyo muri Afurika kuzaba umutwaro ukomeye
Kuva mu myaka isaga 30 ishize Umugabane w’Afurika waranzwe no kugirana umubano wihariye n’u Bushinwa, ahanini bishingiye ku ishoramari, inkunga n’inguzanyo zitari nkeya iki gihugu cyahaye ibihugu by’Afurika aho kugeza na n’ubu bimwe mu bihugu bigifite imyenda yacyo yaje no kwiyongera nyuma y’umwaduko w’icyorezo cya Covid-19. Icyorezo cya Covid-19 cyugarije Afurika n’Isi muri rusange cyakomye […]
Rayvanny akomeje guca amarenga yo gutandukana na WCB ya Diamond

Nyuma y’umwaka umuhanzi Harmonize azinze utwe agasezera mu nzu itunganya umuziki ya Diamond, WCB, abafana bacitse ururondogoro kubera amafoto Diamond yashyize hanze y’abagize WCB nta Rayvanny urimo. Hashize igihe umuhanzi Rayvanny asa n’uca amarenga ko ari gusezera bucece muri WCB kuko atakigaragara cyane hafi ya Diamond nk’uko byahoze mbere. Mu ifoto Diamond yashyize ku rukuta […]
ONU yihanganishije umuryango w’umusirikare w’u Rwanda wiciwe muri Central Africa
Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guteres yihanganishije u Rwanda n’umuryango w’umusirikare w’ingabo z’u Rwanda wiciwe muri Repubulika ya Centrafrica aho yari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri iki gihugu. Kuri uyu wa mbere tariki 13 Nyakanga 2020 nibwo Ingabo za Loni zibungabunga amahoro muri Centrafurika zagabweho igitero n’abarwanyi b’inyeshyamba z’umutwe wa R3 zica umusirikare umwe wo […]
Museveni yiyemeje guhemba abakinnyi bahesheje Uganda ishema baba bazima cyangwa barapfuye
Umukuru w’Igihugu cya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko yasabye Minisiteri y’Uburezi mu gihugu cye kumukorera urutonde rw’abakinnyi b’Abagande begukanye imidari mu marushanwa atandukanye kuva mu 1954, kugira ngo abahembe baba bazima cyangwa barapfuye. Perezida Museveni yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri, mu butumwa yageneye abaturage b’igihugu cye. Museveni yihaye umuhigo wo guhemba […]
Utugari dutandukanye muri Nyamasheke na Nyamagabe twashyizwe muri ‘Guma mu Rugo’
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yashyize tumwe mu tugari two turere twa Nyamasheke muri gahunda ya Guma mu Rugo nyuma y’uko ubusesenguzi bwakozwe ku cyorezo cya Coronavirus bwagaragaje ko kimaze kugaragara muri utu tugari. Itangazo ryatanzwe na MINALOC ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri rivuga ko “Guhera kuri uyu wa 15 Nyakanga 2020, utugari dukurikira […]