Rulindo: Abatari bake bakomerekeye mu mpanuka ikomeye y’imodoka

Abantu babarirwa muri 15 bakomeretse, nyuma y’impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zagonganye yabereye mu karere ka Rulindo. Iyi mpanuka yabereye i Shyorongi ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Nzeri 2022. Intandaro yayo amakuru avuga ko yabaye ikamyo yaturukaga mu mujyi wa Kigali yerekezaga mu majyaruguru y’igihugu yagonze minibus yo mu bwoko bwa […]

Abapolisi 3 b’Ababiligi bagejejwe imbere y’urukiko bashinjwa gufata ku ngufu abagore

Abapolisi batatu b’Ababiligi bo mu Mujyi wa LiĂ©ge, bigeze gukorera n’i Buruseli, kuri uyu wa Gatatu bagejejwe imbere y’urukiko bakurikiranweho gufata ku ngufu no gukwirakwiza amashusho abagaragaza bakorana imibonano mpuzabitsina n’abandi bantu batabyumvikanyeho . Hagati y’Ugushyingo 2019 na Gashyantare 2020, abagore bane batangaje ko bafashwe ku ngufu n’abo bapolisi banafashe amashusho barangiza bakayashyira ku karubanda. […]

Icyo Rwasamanzi avuga ku isanganya Amavubi U-23 yahuye na ryo mu rugendo rujya muri Libya

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ y’abatarengeje imyaka 23, Yves Rwasamanzi, yavuze ko ntawe yifuriza guhura n’ibyo abakinnyi atoza bahuye na byo, nyuma y’urugendo rukomeye bakoze bajya ndetse banava muri Libya. Rwasamanzi yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri, nyuma y’umukino Amavubi U-23 yari amaze gusezereramo Libya mu rugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 23 giteganyijwe […]

Ingagi zinjirije u Rwanda miliyari 164 mu 2021 avuye kuri miliyari 131 mu 2020

Ubukerarugendo bwo gusura ingagi mu Birunga bwinjirije u Rwnda miliyoni 164 z’Amadolari mu 2021 avuye kuri miliyoni 131 z’amadolari bwijnjije mu 2020 nk’uko byemejwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Ingagi wizihizwa buri tariki ya 24 Nzeri. Nk’uko RDB ivuga ko umusaruro w’ubukerarugendo bwo gusura ingangi wiyongereyeho 25% ivuga, ngo miliyoni […]

Abaturage bari babangamiwe n’uruganda rwa CIMERWA bamaze kubarurwa ngo bimurwe

Abaturage hafi 4000 bari babangamiwe n’uruganda rwa CIMERWA bagiye kwimurwa begezwe kure y’uru ruganda bari bamaze igihe bataka bavuga ko rubangamiye ubuzima bwabo nyuma yo kubarurwa . Imiryango 144 igizwe n’abaturage 707 baturiye kariyeri ikoreshwa muri CIMERWA ndetse n’imiryango 507 igizwe n’abaturage 2212 ituriye uru ruganda, ni yo yamaze kubarurwa ngo izimurwe. Abaturage bari bamaze […]

Nyaruguru: Des centres de développement des talents, une nécessité

Victor Masengesho (à droite) avec Cédric Tuyisenge

Depuis 2020, chaque annĂ©e, plus de 20 jeunes agĂ©s de 5 Ă  22 ans, sont selectionnĂ©s dans le district de Nyaruguru, aprĂšs des compĂ©titions organisĂ©es par l’Organisation Non Gouvernementale, Compassion International, dans son programme appelĂ© “dĂ©tection des talents”. Aujourd’hui, ces jeunes douĂ©s dans plus de 10 disciplines diffĂšrentes comme le football, l’athlĂ©tisme, la danse et […]

Denise Nkurunziza yatangaje ko atigeze avuga ko umugabo we yishwe

Umugore wa Pierre Nkurunziza wabaye Perezida w’u Burundi, Pasiteri Denise Bucumi Nkurunziza, yanyomoje abavuga ko yavuze ko umugabo we yapfuye yishwe. Ni igisubizo yahaye uwamubarije mu kiganiro yagiriye kuri radiyo Ijwi ry’Amerika niba koko yarasabye ko umurambo w’umugabo we upimwa n’abaganga kugira ngo hakemenyekane ukuri ku cyamwishe. Kuri iki kizamini kizwi nka ‘autopsy’, Denise yagize […]

Kinshasa: Hollande asanga amahanga akwiye kureka kwivanga ndetse Monusco ikongererwa ubushobozi

francois-hollande-a-bukavu.jpg

Mu ruzinduko rwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), uwahoze ari Perezida w’u Bufaransa, François Hollande, kuri uyu wa Kabiri i Kinshasa yasabye “ihagarikwa ryo kwivanga mu bibazo bya Congo” no gushyiraho ingabo z’Umuryango w’Abibumbye “zifite ingufu” zo kuzana amahoro mu burasirazuba bwayogojwe n’intambara. Hollande yatangarije AFP ati: “Congo ni igihugu gifite ubusugire, cyigenga, […]

Menya indege zose Rwandair ikoresha kugeza ubu – Amafoto

9xr-wh-rwandair-bombardier-crj-900-cl-600-2d24_planespottersnet_961760_b43c920e64_o.jpg

Sosiyete Nyarwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, Rwandair, kuri ubu ikoresha indege 12, (Airbus A330-300 imwe, Airbus A330-200 imwe, Boeing 737-800 enye, Dash 8-400 ebyiri, CRJ900ER ebyiri, na Boeing 737-700 ebyiri) zikora ingendo ahantu 29 muri Afurka, u Burayi, Uburasirazuba bwo Hagati na Aziya, kandi ni imwe muri sosiyete z’indege zizamuka byihuse ku mugabane wa Afurika […]

Umutagatifu wanjye ni Sentore, hakaza Yezu na Bikiramariya: Masamba

Umuhanzi Masamba Intore umenyerewe mu ndirimbo gakondo aremeza ko umutagatifu we ari se, Sentore Athanase, abandi barimo Yezu na Bikiramariya bakaza bakurikiraho. Mu kiganiro yagiriye kuri Isimbi TV, Masamba yasobanuye ko iyo ari gutegura igitaramo, yiyambaza umubyeyi we wamusigiye impano kugira ngo kigende neza. Ubusanzwe ngo ntazi kubandwa cyangwa guterekera, ariko ngo yifuza umupfumu Rutangarwamaboko […]

Indi kajugujugu ya UPDF yakoze impanuka, hapfa abasirikare barenga 10

Abasirikare barenga 10 bo mu gisirikare cya Uganda (UPDF), baguye mu mpanuka ya kajugujugu yabaye ku munsi w’ejo. Iyi kajugujugu yo mu bwoko bwa MI-17 yakoreye impanuka mu gace ka Rwenzori, hafi y’umupaka wa Uganda na Congo Kinshasa. Amakuru avuga ko iyi ndege yakoze impanuka nyuma y’iminota mike ihagurutse muri Uganda, ikaba yari yerekeje muri […]

Uko byagenze ngo umugabane wa Afurika ugire Congo ebyiri

Umubare w’abantu benshi usanga bashakisha kuri murandasi impamvu ku mugabane wa Afurika haboneka ibihugu bibiri byitiranwa byombi bikitwa Congo. Muri iyi nkuru turagaruka ku nkomoko yabyo. Ni ibihugu bibiri bihana imbibi mu gice cyo hagati muri Afurika. Repubulika ya Demukarasi ya Congo ni cyo gihugu kinini muri Afurika yo hagati, mu burasirazuba bwacyo hari igihugu […]

Musanze: Abasenyewe n’imvura barasaba ubufasha bw’aho bakinga umusaya

Amazu yangiritse mu buryo bukomeye ku buryo atasanwa

Abaturage bo mu karere ka Musanze bagezweho n’ibiza by’imvura yaguye kuri uyu wa 27 Nzeri 2022, barasaba ubufasha bwo kubona aho bikinga muri ibi bihe by’amage barimo kuko bamwe muri bo ntibagira aho bakinga umusaya. Iyi mvura idasanzwe yari ivanzemo n’umuyaga mwinshi yaguye mu karere ka Musanze hagati ya saa 19h30’ na Saa 20h00’ yangije […]

Haribazwa uruhare umuturage yagira ngo akarere k’ibiyaga bigari gatekane

Past Ngoma asanga uruhare rw'abaturage ari ngombwa mu guharanira ko akarere k'ibiyaga bigari gatekana

Kuba hari ibikibangamira amahoro n’umutekano mu bihugu bigize akarere k’ibiyaga bigari, cyane cyane imitwe myinshi yitwaje intwaro igaragara cyane muri RDC ingaruka z’umutekano muke iteza zikagera mu bihugu byose byako, ngo bibangamira ituze n’umudendezo by’abaturage, hakibazwa icyo bo bakora ngo aka karere kongere gatekane, bongere bahahirane nk’uko byahoze. Ni kimwe mu bavugiwe mu biganiro byahuje […]

90,6% des candidats ayant passé les examens nationaux ont réussi

fdrxfwkwiamsdbm.jpg

Le MinistĂšre de l’Éducation nationale (MINEDUC) a publiĂ© les rĂ©sultats des examens de fin d’Ă©tudes primaires (PLE) et du niveau ordinaire (O’Level) pour les candidats ayant passĂ© les examens nationaux pour l’annĂ©e acadĂ©mique 2021-2022 . D’aprĂšs les rĂ©sultats publiĂ©s mardi 27 septembre, sur 227,402 Ă©lĂšves qui se sont prĂ©sentĂ©s aux examens nationaux, 206,286 candidats ont […]

Ukraine: Amatora ya referandumu yemeje ko uturere tune twifuza kubarizwa ku Burusiya

Abayobozi bashyizweho n’u Burusiya mu turere twigaruriwe na Ukraine bavuze ko abantu benshi bashyigikiye kuba mu Burusiya nyuma y’iminsi itanu y’amatora ya “referendumu” Kyiv n’abafatanyabikorwa bayo bamaganye bavuga ko atemewe kandi ateye isoni . Ni amatora yateguwe byihuse yabereye mu bice bine bya Ukraine, Donetsk, Luhansk, Zaporizhia na Kherson, bingana na 15% by’ubutaka bwa Ukraine. […]

Arabiya Sawudite: Prince Mohammed bin Salman yagizwe minisitiri w’intebe

Igikomangoma cya Arabiya Sawudite, Mohammed bin Salman, yagizwe minisitiri w’intebe w’ubwami mu ivugurura rya guverinma ryategetswe n’Umwami Salman, nk’uko iteka ry’umwami ryashyizwe ahagaragara n’Ibiro Ntaramakuru bya Arabiya Sawudite ku wa Kabiri rivuga . Igikomangoma Mohammed asanzwe ari umutegetsi ukmeye muri ubu bwami bwambere bucukura peteroli nyinshi ku Isi kandi ishyirwa kuri uyu mwanya rye rishimangira […]

Umuyobozi Mukuru wa Polisi Perezida Ruto yigeze kunenga ko adashoboye yeguye

Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Kenya, IGP Hillary Mutyambai, kuri uyu wa 27 Nzeri 2022 yeguye kuri iyi nshingano yari amazeho imyaka itatu. Ubwegure bwa Mutyambai bwatangajwe na Perezida William Ruto ubwo yari ayoboye inama y’abaminisitiri, asobanura ko impamvu z’ubuzima ari zo zatumye uyu mupolisi mukuru yegura. Perezida Ruto yavuze ko Japhet Koome wari usanzwe […]

Ingabo za Kenya zasobanuye ko zitazarasa ku birindiro bya M23 i Bunagana

Ingabo za Kenya ziherutse kujya mu butumwa bw’amahoro burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), zasobanuye ko zitagiye kurwanya umutwe witwaje intwaro wa M23 umaze amezi atatu ufashe umujyi wa Bunagana uri mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Byatangajwe n’umuyobozi w’izi ngabo, Lieutenant General Leonard Muriuki Ngondi mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma yo kugera muri […]

RIB yaburiye abashaka akazi mu mahanga

Urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), rwaburiye abantu cyane biganjemo urubyiruko bashukwa bizezwa guhabwa akazi mu bihugu byo hanze nyamara bikarangira bacurujwe aho bakoreshwa imirimo ijyanye n’ubucakara bw’imirimo y’ingufu utaretse n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. RIB ivuga ko nubwo imibare y’abafatirwa mu cyaha cyo gucuruza abantu igenda igabanuka, abantu badakwiye kwirara ahubwo bakirinda amayeri yose akoreshwa n’ […]