Raila Odinga yateguje ko arerekeza imyigaragambyo ku biro bya Perezida Ruto

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya, Raila Odinga, yateguje ko arerekeza imyigaragambyo ku biro by’Umukuru w’Igihugu, Dr William Samoei Ruto, ku wa 2 Gicurasi 2023. Odinga yabivuze asubiza Perezida Ruto wavuze kuri uyu wa 29 Mata ko afite ububasha bwo guhagarika imyigaragambyo yakongera kuba, nk’Umugaba w’Ikirenga wa Kenya. Ruto yatangaje ko yasabye Odinga guhagarika imyigaragambyo, […]

Colonel Doumbouya yategetse ba Minisitiri kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Conakry-Kigali

Perezida w’agateganyo wa GuinĂ©e-Conakry, Colonel Mamady Doumbouya yategetse ba Minisitiri kwihutisha ishyira mu bikorwa ry’amasezerano igihugu cye giherutse kugirana n’u Rwanda ubwo Perezida Paul Kagame yagiriraga uruziko iwabo. Nk’uko ikinyamakuru Vision GuinĂ©e kibivuga, Col. Doumbouya yasabye Minisitiri w’Intebe gukora ibyo asabwa byose kugira ngo komisiyo y’ubufatanye ihuriweho y’igihugu cye n’u Rwanda ijyeho, itangire gushyira mu […]

Mu myaka ya 1800, u Rwanda ntirwabagaho, i Gisenyi ni muri Congo — Christophe Mboso

mboso_christophe_stade_des_martyrs_23_jpeg_711_473_1.jpg

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Christophe Mboso, yavugiye imbere y’imbaga y’abantu bari bateraniye kuri Stade de Martyrs i Kinshasa mu muri Mitingi y’ihuriro Union SacrĂ©e kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 30 Mata 2023, ko u Rwanda rutabagaho mu myaka y’1800 . Mu ijambo rye, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko yatunze […]

Mibilizi: Abarokotse jenoside baramagana abashidikanya ku mibiri iri kuhaboneka

Itangazo ry'ihuriro ry'abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi muri Mibilizi

Abarokokeye jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri Mibilizi mu karere ka Rusizi baramagana abantu bari kugaragaza ugushidikanya ku buryo batemeza ko imibiri iri kuhaboneka ari iy’abayizize. Kuva mu mpera za Werurwe 2023, muri Mibilizi, by’umwihariko mu isambu iri mu nkengero za Kiliziya Gatolika ya Mibilizi kugeza kuri uyu wa 29 Mata 2023 hari hamaze kuboneka […]

OIF irahamagarira amahanga kohereza byihuse ingabo zo gufasha Igipolisi cya Haiti

Umuryango Mpuzamahanga wa La Francophonie (OIF) urahamagarira abafatanyabikorwa mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga “gukangurira abantu ku bwinshi, koroshya kohereza mu buryo bwihuse ingabo mpuzamahanga zunganira abapolisi b’igihugu cya Haiti”, nk’uk inynddiko yabonwe n’urubuga AlterPresse ivuga . Izi ngabo mpuzamahanga zigomba kugira uruhare mu guhagarika ihohoterwa byihuse, aho usanga abagore benshi bo muri Haiti ndetse […]

Perezida wa Kenya abona harimo uburwayi kuba Afurika itegereza u Burayi ngo butabare Somalia

Perezida wa Kenya, Dr William Samoei Ruto, abona harimo uburwayi bwo mu mutwe kuba ibihugu byo ku mugabane wa Afurika bitegereza umuryango w’ubumwe bw’u Burayi (EU) ngo uhe Somalia inkunga yifashisha mu kurwanya iterabwoba. Mu kiganiro yagiranye n’umuherwe Mo Ibrahim, cyabereye i Nairobi kuri uyu wa 29 Mata 2023 imbere y’abantu benshi bari mu byiciro […]

Kuvuga ko u Rwanda ari igihugu kitubaha uburenganzira ni uburyo bw’ivangura bwo gusobanura ibintu – Giorgia Meloni

Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni, kuri uyu wa Gatanu ushize yatangaje ko gahunda y’u Bwongereza yo kohereza mu Rwanda abimukira bahinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko ari amasezerano hagati y’ibihugu bibiri byigenga kandi agamije kurinda umutekano w’abantu, yongeraho ko ari amakosa kubyita kwirukana abantu (deportation) . Meloni, yavuganaga n’itangazamakuru kuri Ambasade y’u Butaliyani i Londre […]

Umuyobozi wa Wagner arakangisha kuvana abarwanyi be muri Bakhmut avuga ko bakomeje gushirira

Umuyobozi w’ingabo z’abacanshuro bo mu Burusiya b’ikigo cya Wagner Group arakangisha gukura ingabo ze mu ntambara ikomeye yo muri Bakhmut mu burasirazuba bwa Ukraine kubera umubare w’abayigwamo wiyongera mu gihe abayobozi b’ingabo za Ukraine bavuga ko ingabo z’u Burusiya zananiwe kubafungira inzira zibagemurira ibikoresho zigana muri uwo mujyi . Umuyobozi wa Wagner, Yevgeny Prigozhin, mu […]

Putin naramuka akandagiye muri Cape y’Iburengerazuba azatabwa muri yombi – Guverineri

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, azafatwa naramuka akandagiye mu Ntara ya Cape y’Iburengerazuba muri Afurika y’Epfo mu ruzinduko ruteganijwe muri Kanama nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’iyo ntara . “Putin yagiye ahungabanya umudendezo w’abaturage ba Ukraine ndetse n’abari mu gihugu cye batinyuka gufata icyemezo cyo kurwanya ibikorwa bye by’ubugome,” ibi byatangajwe ku wa Kane na Alan Winde, […]

Perezida Ruto yanenze uburyo abakuru b’ibihugu byo muri Afurika bafatwa

Perezida Ruto hamwe n'umunyemari Mo Ibrahim muri iki kiganiro cyabereye i Nairobi

Perezida wa Kenya, William Ruto, yanenze uburyo abakuru b’ibihugu byo muri Afurika bafatwa iyo bafatwa iyo bari ku yindi migabane, nka Amerika n’Uburayi. Kuri uyu wa 29 Mata 2023, ubwo yari yari mu kiganiro ‘Mo Ibrahim Governance Conversation’ cyabereye i Nairobi, Perezida Ruto yavuze ko hari ubwo abakuru b’ibihugu byo kuri uyu mugabane basuzugurwa. Yatanze […]