Igiterane cyaberaga i Musanze cyahagaritswe ikitaraganya nyuma yo kunengwa na P. Kagame

Igiterane mpuzamahanga cy’itorero Angilikani cyagombaga kumara iminsi ine kibera mu karere ka Musanze, kuri uyu wa Gatanu cyahagaritswe ikitaraganya. Ni igiterane cy’ububyutse cyaberaga mu ishuri Muhabura Integrated Polytechnic College ruherereye mu mujyi wa Musanze, kikaba cyari cyitabiriwe n’abarenga 5,000. Intego y’iki gitaramo cyari cyateguwe n’Itorero EAR Diyosezi ya Shyira yari iyo “gukora ubukangurambaga bwo kurwanya […]

Impamvu abasore batagipfa kwigondera inkumi imbere y’abasaza

Abagabo benshi usanga iyo bakuze bumva batarakura cyane ariho usanga umusaza ari gutereta umukobwa muto kubera ko yumva ashaka kwigumira ibwana akirengagiza ko burya ashaje. Hari impamvu nyinshi zitandukanye zigaragaza impamvu abagabo bakuze bikundira gushaka inkumi zikiri ntoya , ahanini ikiba kigamijwe ni uburyo ngo baba bashaka kubayobora mu rukundo kuko abakuze usanga babagura bitewe […]

Rais Kagame awaonya mahujaji ‘wanaoabudu umaskini’

Rais Paul Kagame ametishia kuwakusanya waumini wa Kikatoliki wanaotembelea maeneo ya mahujaji nchini, akiwashutumu kwa “kuabudu umaskini”. “Nilijifunza kwamba vijana wengi, kama maelfu … wanaamka asubuhi na mapema, wanatembea kwa siku tatu kwenda (mahali) ambapo maono yalionekana, ardhi ya mahujaji, mahali palipohusishwa na umaskini,” Kagame. aliambia kongamano la vijana siku ya Jumatano. “Nilidhani unapoomba unaomba […]

Airtel yaciwe amafaranga izira indirimbo z’umuhanzi

Ikigo cy’itumanaho Airtel, ishami rya Uganda, cyaciwe amashilingi arenga miliyoni 700 kizira gukoresha indirimbo 8 z’umuhanzi wo muri Jamaica wamamaye nka Konshens nta burenganzira kimusabye. Izi ndirimbo, nk’uko ikinyamakuru Daily Monitor cyabitangaje, ni: Simple Song, Gyal a Bubble, So Mitan, Stop Sign, Jamaican Dance, Konshens Jazz Version, No Retreat na Jah Love Me. Uyu muhanzi […]

Rwamagana: Umugore yapfiriye mu cyumba cy’amasengesho

Umugore w’imyaka 22 y’amavuko utaramenyekana amazina, yapfuye ubwo yarimo asengera mu rugo rw’umuturanyi we ruherereye ku Muyumbu mu karere ka Rwamagana. Byabaye ku wa Kane tariki ya 24 Kanama 2023, bibera mu kagari ka Akinyambo. Amakuru avuga ko urugo uriya mugore yaguyemo rwari rusanzwe rukoreshwa nk’icyumba cy’amasengesho. Abakristo baturutse mu duce dutandukanye ngo baruhuriragamo buri […]

U Rwanda rwatumiye ibihugu byitabiriye inama ya BRICS

Prof. Nshuti wari uhagarariye Perezida Kagame muri iyi nama

Guverinoma y’u Rwanda yatumiye ibihugu byitabiriye inama y’umuryango BRICS muri Afurika y’Epfo mu yo ruzakira muri Kamena k’umwaka utaha. Ubu butumire bwatanzwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Prof. Nshuti Manasseh, wari uhagarariye Perezida Paul Kagame muri iyi nama y’ibihugu by’ibihangange. Yagize ati: “Ba Nyakubahwa, ndagira ngo mwese mbatumire kugira ngo muzatwiyungeho muri […]

P. Kagame yasabye urubyiruko rw’indangamirwa kwinjira muri RDF

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yafunguriye amarembo urubyiruko rwasoje itorero Indangamirwa rwifuza kwinjira mu gisirikare cy’u Rwanda (RDF). Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Kanama ni bwo Umukuru w’Igihugu yasoje Itorero Indangamirwa icyiciro cya 13, mu muhango wabereye mu kigo cy’igihugu cy’ubutore cya Nkumba giherereye mu karere ka Burera. Ni itorero ryatangiye ku wa […]

Niger yemereye Burkina Faso na Mali kohereza ingabo ku butaka bwayo mu gihe yaba itewe

Igihugu cya Niger cyahaye uburenganzira ingabo za Mali na Burkina Faso bwo gutabara ku butaka bwacyo mu gihe ingabo za ECOWAS zaba zihagabye igitero, nk’uko ibi bihugu byabitangaje mu itangazo ryabyo rihuriweho kuri uyu wa Kane, ikimenyetso kigaragaza ko abahiritse ubutegetsi badateganya gusubira inyuma imbere y’igitutu cy’umuryango w’akarere. Umuryango w’Ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’iburengerazuba, ECOWAS, […]

Ndimbati yihenuye ku itangazamakuru nyuma yo gutumizwa na RIB

Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati yihenuye anannyega itangazamakuru avuga ko rimucuruza rikamuriraho nyamara ngo ntirigire icyo rimuha.Ni nyuma y’uko hasohotse amakuru avuga ko aherutse gutumizwa n’Urwego Rw’Ubugenzacyaha RIB kugirango abazwe impamvu adatanga indezo. RIB yemereye itangazamakuru ko uyu Uwihoreye Jean Bosco, yakurikiranyweho kukuba atita ku byo kurera impanga yabyaranye n’uwitwa Fridaus.Ni amakuru bivugwa ko […]

Abenshi mu bagaburiwe muri Youth Connekt iheruka bararwaye

Perezida Kagame yasabye himakazwa isuku mu gutunganya amafunguro

Perezida Paul Kagame yanenze uburyo urubyiruko rwitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 10 ihuriro rya Youth Connekt tariki ya 23 Kanama 2023 rwagaburiwe, kuko ngo abenshi muri rwo barwaye mu nda. Umukuru w’Igihugu yabivugiye mu muhango wo gusoza itorero Indangamirwa, icyiciro cya 13, uri kubera i Nkumba mu karere ka Burera kuri uyu wa 25 Kanama […]

Météo Rwanda nomme les districts à  risque de fortes pluies

MĂ©tĂ©o Rwanda, l’agence mĂ©tĂ©orologique nationale, a identifiĂ© les zones du pays qui devraient faire face à  de fortes pluies entre septembre et dĂ©cembre. L’annonce de l’agence a eu lieu lors du Forum national sur les perspectives climatiques qui s’est tenu jeudi 24 aoà»t. Selon les prĂ©visions, plusieurs districts, dont Nyamagabe, Nyaruguru (parties occidentales prĂšs du […]

Tshisekedi agiye gusenya RDC: Nangaa uri mu buhungiro

Mu buhungiro, umunyapolitiki Corneille Nangaa wabaye Perezida wa komisiyo y’amatora muri Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko ibikorwa bya FĂ©lix Tshisekedi bigiye gusenya iki gihugu. Uyu munyapolitiki yasabye Abanyekongo kutongera kugirira Tshisekedi icyizere ngo bamutore, kuko ngo kuva yajya ku butegetsi, uburenganzira bw’ikiremwamuntu bwarakandagiwe, demukarasi ihinduka inzozi, umutungo w’igihugu uranyerezwa. Mu kiganiro aherutse […]

Amafoto: Abaguverineri 36 bo muri Nigeria batangiye umwiherero w’iminsi itatu i Kigali

f4udbshxuaayphl.jpg

Abaguverineri ba za Leta 36 bo muri Nigeria kuri uyu wa Kane, itariki 24 Kanama 2023 batangiye umwiherero w’iminsi itatu ubera i Kigali wateguwe ku bufatanye bw’Inama ya ba Guverineri bo muri Nigeria (NGF) ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP). Uyu mwiherero watangiye kuri uyu wa 24 Kanama biteganyijwe ko uzasozwa kuwa 27 […]

P.Museveni yaciye Caguwa yemeza ko ari iy’abazungu bapfuye

Perezida Yoweli Kaguta Museveni yatangaje ko bibujijwe gutumiza mu mahanga imyenda yambaweho hagamijwe ko abantu bagomba kugura imyenda mishya kuko muri Uganda hari inganda z’imyenda zibikora. Ni mugihe mu gihe cyashize Guverinoma ku mabwiriza ya Museveni yagerageje mu bihe bitandukanye kubuza imyenda n’inkweto bitumizwa mu mahanga byarakoreshejwe ariko birananirana kubera ubucuruzi bunini n’isoko ryagutse.Aha Museveni […]

Ubuyobozi bwa za Gasutamo buzagurishwa mu cyamunara ibicuruzwa bitandukanye

itangazo_on_22_sept_2023-1.jpg

Ubuyobozi bwa za Gasutamo buramenyesha abantu bose ko hazagurishwa mu cyamunara ibicuruzwa bitandukanye tariki ya 22 Nzeli 2023 saa yine za mu gitondo, byo byafatiwe muri magendu bigaragara ku mugereka w’iri tangazo . Ibi bicuruzwa biherereye mu bubiko rusange Ballore na DP World/Masaka. Fungura urebe ibicuruzwa byose bigaragara muri uyu mugereka itangazo_on_22_sept_2023.pdf

Icyongereza: Uburyo bushya bwo kwiga icyongereza ukaba wabasha kuyobora inama cyangwa ibiganiro mu biganza byawe

whatsapp_image_2023-08-21_at_11.21_13_am.jpg

Nyuma y’uko icyumweru gishize hatangiye ibyiciro bishya, biga icyongereza , TOEFL, IELTS, hongerewe igihe cyo kwiyandikisha, iki byiciro bihishiwe byinshi harimo no guhabwa poromosiyo, Kwigisha mu buryo bwa « Â debates  », ibiganiro njya mpaka, imyotozo yo kumva no kuvuga biri mu bituma abatugana baba intyoza vuba no kuvugira mu ruhame (Public speaking and negociation). By’umwihariko abayobozi bifuza […]

Sheebah Karungi arateganya kwiteza inda ku mugabo uzemera ko batazabana

Umucuranzi Sheebah Karungi ntabwo ashishikajwe no gushyingirwa kandi yavuze ko atazigera abijyamo nyuma y’uko ngo abona urushako atari ngombwa. Uyu muhanzikazi rateganya kubyara abana numugabo basangiye ubushake bw’uko umwe agomba kuba ukwe n’undi bikaba uko.Andi mabwiriza atanga n’uko ngo umugabo uzemera ko babyarana bagomba kuba mu nzu zitandukanye kandi bakamarana iminsi mike gusa. Ati: “Sinzigera […]

Prigozhin ashobora kuba yarapfuye ariko nta kimenyetso ntakuka – U Bwongereza

Minisiteri y’ingabo y’u Bwongereza yatangaje ko bishoboka ko uwari umuyobozi wa Wagner, Yevgeny Prigozhin yapfuye nyuma y’impanuka y’indege yo kuwa gatatu ushize hafi ya Moscow, ariko igaragaza ko hakiriho gushidikanya. Nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga, minisiteri y’ingabo y’u Bwongereza ivuga ko nta kimenyetso ntakuka cyemeza ko Prigozhin yari muri iyo ndege yakoze impanuka, bikekwa ko […]

Jenerali muri RDF yafatiwe ibihano na Amerika

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano Brig Gen Andrew Nyamvumba wo mu ngabo z’u Rwanda, zimushinja kugira uruhare mu kwenyegeza amakimbirane mu burasirazuba bwa Congo. Kuva muri Kamena 2021 Brig Gen Nyamvumba ni Umuyobozi ushinzwe ibikorwa n’amahugurwa mu ngabo z’u Rwanda (RDF). Amerika mu itangazo ryasohowe n’Ishami ryayo rishinzwe iby’Imari, yamushinje kuba “mu ntangiriro […]

Queen Cha aratwite cyangwa yarabyaye?Yavuganye na BWIZA

Queen haribazwa aho yagiye

Hashize hafi umwaka umuhanzikazi Mugemana Yvonne uzwi nka Queen Cha adakunda kugaragara hirya no hino mu bitangazamakuru bitandukanye nkuko byari bimeze mu myaka yashize. Uyu muhanzikazi kuva mu mpera za 2021 nibwo yatangiye kujya yumvikana gacye cyane byaba kwitabira ibitaramo bitandukanye,bigeze mu 2022 nabwo asa n’useta ibirenge kugeza ubwo muri 2023 aburiwe irengero mu muziki […]

Gen. Mutara Gihanga wa FARDC yatawe muri yombi akekwaho kunyereza toni 120 za cuivre

Kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 23 Kanama, Gen. Major Smith Gihanga Mutara wa FARDC yatawe muri yombi n’urwego rw’ubutasi bwa gisirikare (ex DEMIAP) i Kinshasa. Uyu avugwa muri dosiye y’inyerezwa rya toni 120 za cuivre za sosiyete TFM. Afunzwe mu rwego rw’iperereza nk’uko byatangajwe n’ikigo cy’ubushakashatsi ku burenganzira bwa muntu (IRDH). Nk’uko umuhuzabikorwa […]

Ibyo Minisitiri witabiriye urugendo Perezida Kagame yise ‘urwo kuramya ubukene’ yabonye

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, tariki ya 23 Kanama 2023 ubwo yaganirizaga urubyiruko rwizihizaga imyaka 10 ishize hatangijwe ‘Youth Connekt’ yanenze bikomeye bagenzi barwo babarirwa mu bihumbi bitabiriye “urugendo rwera” yise “urwo kuramya ubukene’. Umukuru w’Igihugu yavuze ko iyo aza kumenya iby’uru rugendo, aba yararuhagaritse rutaraba, anamenyesha ko abazongera kurukora, azohereza amakamyo, abapakire, […]

Donald Trump yakoze amateka nk’uwahoze ari perezida wa mbere winjijwe muri gereza

2bviwd52k2mc4ufah4g6a7myle.jpg

Donald Trump yakoze amateka yo kuba uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika watawe muri yombi na polisi ndetse agafungirwa muri Gereza yo muri Atlanta ku mugoroba wo kuri wa Kane iminota micye mbere yo kurekurwa. Trump ukurikiranweho icyaha cyo gushaka guhindura ibyavuye mu matora yo mu 2020, yanditswe mu gitabo cya gereza […]

Putin yavuze ku rupfu rwa Prigozhin wayoboraga Wagner

Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya yihanganishije umuryango wa Yevgeny Prigozhin, nyuma y’uko bitangajwe ko uyu mugabo wayoboraga umutwe w’abacancuro wa Wagner apfiriye mu mpanuka y’indege. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo Prigozhin n’abandi bantu 10 bapfuye, ubwo indege barimo yakoreraga impanuka mu karere ka Tver gaherereye mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’umujyi wa Moscow. Abapfuye […]